• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 19, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Nyuma y’uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.

minebwenews by minebwenews
July 2, 2024
in Regional Politics
0
Nyuma y’uko M23 igaragaje imbaraga zidasanzwe muri teritware ya Lubero, uyu munsi Wazalendo biraye mu baturage bica abasivile bagera ku 17.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abantu bagera ku 17 baguye mu bitero byagabwe mu duce two muri teritwari ya Lubero.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 02/07/2024, abantu bagera ku 17 baguye mu bitero bya gabwe i Lubero mu masaha y’igitondo cyakare, nk’uko byatangajwe n’amashyirahamwe aturiye ibyo bice.

READ ALSO

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

Ibikorwa by’u bugizi bwa nabi byarushijeho kwiyongera, nyuma y’uko m23 ifashye centre ya Kanyaboyonga, Localite ya Miriki, Kayina na Kirumba zoze ziherereye muri teritwari ya Lubero.

Amasoko atandukanye ya MCN avuga ko, ibyo bitero biri guhitana abantu biri gukorwa n’udutsiko tw’insoresore za Wazalendo, two muri teritwari ya Lubero izindi zikaba ziri muri teritwari ya Beni.

Mu gitondo cyo ku Cyumweru izi nsoresore zatwitse imodokari z’ishyirahamwe Tearfund zavaga mu mujyi wa Butembo zerekeza muri teritwari ya Beni aho abakozi b’iryo shyirahamwe ritabogamiye kuri leta bagera kuri 4 bahatakarije ubuzima, abandi barashimutwa.

Abo bishwe ubwo bahunga umwuka mubi wari utangiye gusatira aho bari bacumbitse muri iyo teritware.

Mw’itangazo ry’ishyirahamwe Tearfund, ishyami ry’intara ya Kivu y’Amajyaruguru ry’umvikanishije ko abakozi byaryo bane bishwe abandi bagakomereka bikabije, imodokari zabo zitanu ziratwikwa.

Abinyujije ku mbuga nkoranya mbaga, bwana Bruno Le marquis umuyobozi w’iri shyirahamwe avuga ko kuva aho umutekano muke ukomeje kwiyongera i Lubero n’ahandi, abakozi b’uyu muryango bakomeje kugenda bibasirwa n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Uyu muyobozi arasaba impande zombi zihanganye gukumira ibibazo bafitanye bityo abaturage bagatura mu mahoro n’umutekano bidakemangwa.

Sosiyete sivile yo muri teritware ya Lubero yemeza ko nyuma y’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyakorewe b’iryo shyirahamwe, abandi 18 bahitanywe n’izo nsoresore mu masaha yo mu gitondo cya kare cyo kuri uyu wa Kabiri. Aba nabo bakekwagaho kuba bafatanyije na m23 ubu ikomeje kwegera uyu mujyi w’ubucuruzi w’intara ya Kivu Yaruguru.

Iryo shyirahamwe rivuga ibyo bintu ntaho bihuriye n’ubwicanyi bumaze iminsi bukorerwa muri teritware ya Beni aho ADF ikomeje kugenda yica abaturage.

Ubuyobozi bwa Sosiyete sivile ku rwego rw’i ntara bwo bugasaba leta gufata ingamba zikomeye mu rwego rwo gukumira icyo yise ivangura moko.

Kuba m23 ikomeje kugenda isatira ibice bitandukanye bya teritware ya Lubero bitera impungenge leta ya Kinshasa, ndetse n’abanyapolitiki batandukanye ko ishobora gufata akarere kose.

Depite Kambale Bowazi watowe n’abaturage ku rwego rw’i ntara, asaba leta gukora ibishoboka byose igasubiza inyuma ibitero bya m23 atinya ko ishobora gufata Lubero yose, ndetse na teritware ya Beni bidasize intara ya Ituri.

Ibi bikorwa bibi bikorwa na Wazalendo, byatumye amashyirahamwe atandukanye yakoreraga muri ibyo bice, atangira kwimura abakozi bayo abajana mu bice bigaragaramo agahenge ka mahoro.

                MCN.
Tags: 17Abaturage bishwe na WazalendoLubero

Related Posts

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC
Regional Politics

U Rwanda n’u Bubiligi: Minisitiri Nduhungirehe Yavuze Icyo Bihagazeho, Anagaruka ku Mubano na Tanzania, u Burundi na RDC

September 15, 2026
Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza
Regional Politics

Bujumbura Mu Rujijo: Pasiteri Isidori Mbayahaga Ari Kubazwa n’Inzego z’Iperereza

September 14, 2026
Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR
Regional Politics

Rwanda–Burundi: Amagambo Akomeye ya Nduhungirehe Asubiza Bizimana ku Kibazo cya FDLR

September 14, 2026
Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura
Regional Politics

Following the Arrest of Three Pastors, Another Munyamulenge Arrested in Bujumbura

September 12, 2026
Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura
Regional Politics

Nyuma y’Abapasitori Batatu, Undi Munyamulenge Yafashwe i Bujumbura

September 12, 2026
Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Next Post
Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n’ubugome bwa leta ya Kinshasa.

Manzi Willy, uheruka gutorerwa kuyobora umutwe wa M23 mu mahanga(diaspora), yagaragaje ububi n'ubugome bwa leta ya Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 durcit sa ligne de confrontation avec le pouvoir de Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • C64 Yashyizeho Umurongo Ukomeye wo Guhangana n’Ubutegetsi bw’i Kinshasa
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?