• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya Congo cyahawe urwamenyo nyuma y’aho gihimbye ikinyoma.

minebwenews by minebwenews
December 30, 2024
in Regional Politics
0
Igisirikare cya Congo cyahawe urwamenyo nyuma y’aho gihimbye ikinyoma.
114
SHARES
2.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya Congo cyahawe urwamenyo nyuma y’aho gihimbye ikinyoma.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

U Rwanda rwatanze umucyo kubiheruka gutangazwa n’igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho cyatangaje ko cyafashe umusirikare warwo, ariko rugaragaza ko ari ikinamico.

Mu minsi mike ishize FARDC yagaragaje umuntu yafashe witwa Iradukunda Jean de Dieu, ivuga ko yamufatiye ku rugamba iz’i ngabo zihanganyemo n’umutwe wa M23.

Ni ho rero minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yamaganye ibyatangajwe n’ubuyobozi bw’igisirikare cya RDC, avuga ko ari ikinyoma cyambaye ubusa.

Yagize ati: “Ni ukuvuga ko ingabo za FARDC zatweretse uwo zivuga ko ari umusirikare w’u Rwanda we, utashobora kugaragaza nimero ye mu ngabo z’u Rwanda.”

Nk’uko FARDC yabitangaje, yavuze ko uwo musirikare akomoka mu Ntara y’iburasirazuba, muri Localité ya Ngororero no muri teritware ya Kazaba, izi nzego zimitegekere zikaba zitazwi mu Rwanda, ariko zizwi muri RDC.

Nduhungirehe yakomeje agira ati: “Ikibazo kiri hano, ni uko izi nzego zimitegekere ziri muri RDC ariko ntiziba mu Rwanda. Abaturage bo mu Rwanda bose bazi neza ko igihugu cyacu kigira intara, uturere, imirenge, utugari n’imidugudu. Nubwo akarere ka Ngororero kabaho kandi biranazwi, kagira imirenge 13 ariko muri yo nta murenge ubamo witwa Kazabi.”

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’u Rwanda, yanibukije ko atari ubwa mbere FARDC ihimbye ikinyoma nk’iki, kuko no mu bihe bitambutse nabwo yabikoze, ubwo umuvugizi wa FARDC mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Col Ndjike Kaiko yari yerekanye uwitwa Ndayambaje Abouba avuga ko ari umusirikare mu ngabo z’u Rwanda, ngo akomoka mu gace kitwa Kayonza wari wambaye uniform, nyamara atari ubwa mbere yari yamwerekanye.

Ati: “Ikibabaje ni uko Lt Col Ndjike Kaiko yari yibagiwe ko mu byumweru bike byari bishize, yari yatweretse uwo muntu ngo wari wafashwe yambaye imyambaro ibiranga bigaragara ko atari yarigeze yambara bote za gisirikare mu buzima bwe.”

Nduhungirehe yavuze kandi ko igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ikomeza kugenda urushaho guhimba ikinyoma, ariko ko ntacyo bizayigezaho.

U Rwanda rwamaganye ibi mu gihe n’umutwe wa M23 wari uheruka ku byamagana, uvuga ko ibikorwa na FARDC kwari ukuyobya uburari.

M23 yanavuze ko ikinyoma cya FARDC kiba kigamije kugira ngo amahanga atamenya ibibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tags: FardcRwandaUrwamenyo
Share46Tweet29Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya kuri 12ème brigade yabayeho mu Minembwe imyaka myinshi, ikaba yatumwe mu bice byo muri Bukavu.

Ibyo wa menya kuri 12ème brigade yabayeho mu Minembwe imyaka myinshi, ikaba yatumwe mu bice byo muri Bukavu.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?