• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, September 10, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wa menya kuri 12ème brigade yabayeho mu Minembwe imyaka myinshi, ikaba yatumwe mu bice byo muri Bukavu.

minebwenews by minebwenews
December 30, 2024
in Regional Politics
0
Ibyo wa menya kuri 12ème brigade yabayeho mu Minembwe imyaka myinshi, ikaba yatumwe mu bice byo muri Bukavu.
110
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wa menya kuri 12ème brigade yabayeho mu Minembwe imyaka myinshi, ikaba yatumwe mu bice byo muri Bukavu.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Itsinda ry’Ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, rya brigade ya 12 ribarizwamo na Colonel Alexis Rugabisha, ryoherejwe gukorera mu duce duherereye i Bukavu mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatandatu uyu mwaka w’ 2024, ni bwo brigade y’ingabo za RDC ya 12 iyari imaze igihe kirenga imyaka 4 ikorera mu Minembwe yarahavanywe itumwa gukorera i Nyabibwe muri teritware ya Kalehe mu Ntara ya Kivu y’Amajy’epfo.

Ubwo iyi brigade yavanywaga mu Minembwe, bamwe mu baturage baho barabyishimiye ni mu gihe ubuyobozi bwayo buzwiho kuba bwaragiye bakorana byahafi n’imitwe yitwaje intwaro irimo Maï-Maï, FDLR n’indi mu kwica Abanyamulenge no kunyaga Inka zabo.

Nyamara nubwo Abanyamulenge bashinja iyi brigade kuba yaragiye ibahohotera, ariko ibarizwamo n’umusirikare ubakomokamo, Col. Alexis Rugabisha aho ndetse ari nawe w’ungirije umuyobozi mukuru w’iyi brigade.

Kimwecyo, Col. Alexis Rugabisha yagiye ahabwa imyanya itandukanye muri iyi brigade, hari ubwo yigeze gushyingwa imiyoborere ubwo yari igikorera mu Minembwe, nyuma yaho agenda ahabwa indi myanya itandukanye.

Mu mpera zakiriya Cyumweru dusoje, ni bwo iyi brigade yavanywe i Nyabibwe aho yarimaze amezi 5 ihakorera, yoherezwa mu duce tw’i Kavumu muri Bukavu.

Ibyo bikaba bikozwe nyuma y’aho Lt General Pacifique Masunzu ahawe kuyobora zone ya gatatu.
Aho benshi bahera bavuga ko Masunzu ari we wabikoze mu rwego rwo kugira ngo yiyegereze abantu be bahafi.

Zone ya gatatu yahawe kuyoborwa na Masunzu, irimo intara zitandatu, harimo n’iya Kivu y’Amajy’epfo.

Bikaba bizwi ko uyu musirikare ufite ipeti rya Colonel(Rugabisha ) ari we soma mbike wa Gen Masunzu kuva mu mwaka w’ 2002.

Tags: Brigade 12FardcKavumuMinembweRugabisha
Share44Tweet28Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

by Bahanda Bruce
September 10, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo

U Rwanda rwagaragaje ko RDC yarengereye kubyo yavuze ku ngabo zarwo Guverinoma y'u Rwanda yamaganiye kure imvugo bamwe mu bagize guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo bashinje...

Read moreDetails

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails
Next Post
FDLR na FARDC nyinshi zafatiwe ku rugamba.

FDLR na FARDC nyinshi zafatiwe ku rugamba.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?