Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Kagame yavuze amagambo akomeye ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 9, 2025
in World News
0
Perezida Kagame yavuze amagambo akomeye ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.
114
SHARES
2.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Kagame yavuze amagambo akomeye ku mutekano w’u Burasirazuba bwa RDC.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yagaragaje ikibazo muzi cy’u mutekano muke umaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Hari mu kiganiro umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagiranye n’itangaza makuru i Kigali kuri uyu wa kane tariki ya 09/1/2025.

Muri iki kiganiro perezida Kagame yatinze ku kibazo cy’u mutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Yavuze ko iki kibazo gifata umuzi mu mateka ya Congo ubwayo ashingiye cyane ku bukoloni bakase imipaka nabi.

Yagize ati: “Abagize uruhare mu mateka y’ubukoloni, banenzwe kubera uruhare rwabo, buri gihe bananirwa gukora igikwiriye. Uzasanga hari amatsinda bashinze, bayita “amatsinda y’impuguke,” impuguke mu b’iki? Uzabona izi mpuguke ziyobowe n’abantu baza bagasisibiranya uruhare rwabo.”

Perezida Paul Kagame yahakanye inkunga iyo ari yo yose u Rwanda rushinjwa gutera M23. Yagaragaje ko uwo mutwe ugizwe n’Abanyekongo barwanira uburenganzira bwabo kandi ko bajya gutera badaturutse mu Rwanda.

Ati: Ahari abagize umutwe wa M23 bashobora kuba bafite inkomoko mu Rwanda, mbere y’uko mvuka nanjye ubwanjye.”

Yavuze ko kuba bari sanze muri RDC bishingiye ku mateka y’ubukoloni, yasize imipaka iciwe bakisanga muri RDC.

Ati: “Ntabwo bashobora kubwira uwo ari we wese ko abantu bari kurwana uyu munsi , baturutse mu Rwanda. Ntabwo baturutse mu Rwanda.Aba bayobozi ba M23 n’umubare munini w’abarwanyi babo, baturutse muri Uganda aho bari impunzi ku bw’ibibazo byo mu 2012/2013 ubwo aba bantu bahungiraga muri Uganda abandi bakaza hano, abaje hano bari 500-600, twabambuye imbunda tuzisubiza Guverinoma ya Kinshasa icyo gihe.”

Yashinje imiryango mpuzamahanga gutera inkunga umutwe wa FDLR ubarizwa ku butaka bwa RDC, umutwe wa shinzwe n’abasize bakoze jenoside mu Rwanda.

Yanavuze kandi ko umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa RDC ufitemo uruhare abategetsi ba Congo ubwabo. Yabashinje kwica abaturage babo ku manywa yihangu.

Ati: “Iki kibazo ntikigoye kuburyo kitakemuka, cyakemuka, gishobora kurangira. Cyagakwiye kuba cyarangiye mu gihe kinini gishize, ariko nticyakemuka bishingiye ku buryarya no gukina imikino.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko yari yarahisemo kuba yirinze kugira byinshi avuga kuri iki kibazo. Ndetse kandi yavuze ko yagiriye inama abategetsi ba RDC kwirinda gufatanya n’umutwe wa FDLR n’indi mitwe ariko barinangira. Yashimangiye ko umutekano w’u Rwanda n’inkengero zarwo bizakomeza kurindwa kukiguzi cyose gishoboka.

Nyamara kandi yavuze ku biganiro by’i Luanda muri Angola bigamije gushakira akarere amahoro n’umutekano, Kagame avuga ko Congo igira uruhare mu gutuma biriya biganiro bitagira umusaruro.

Mu busanzwe u Rwanda na Congo Kinshasa bihora byitana bamwana ku kibazo cy’u mutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC. Kigali ishinja Congo guha ubufasha no gucumbikira umutwe wa FDLR, no kwibasira Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda.

Congo na yo ishinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 urwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Tags: Paul KagameRdcUbukoloniUmutekano
Share46Tweet29Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Ibyifatwa rya centre ya Masisi, FARDC yongeye kwivuguruza.

Ibyifatwa rya centre ya Masisi, FARDC yongeye kwivuguruza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?