• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, September 14, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 4, 2025
in World News
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n’abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya, umukuru w’iki gihugu, Xi Jinping yatangaje ko igihugu cye ko kidahagarikwa kandi ko kitazigera giterwa ubwoba n’abazana ibikangisho.

READ ALSO

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

Mu muhango w’aka karasisi kari kitezwe cyane n’abantu benshi, aho ndetse kanitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bagera kuri 26 barimo perezida Vladimir Putin w’u Burusiya na Kim Jong Un wa Korea Yaruguru.

Amakuru avuga ko byanabaye ubwa mbere perezida w’u Burusiya n’uwa Korea Yaruguru bahuye imbonankubone.

Umukuru w’igihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump ntiyitabiriye ibi birori, ariko yahise aja ku rubuga rwa Truth Social, avuga kuri perezida w’u Bushinwa, uwa Korea Yaruguru n’uw’u Burusiya, agira ati: “Bari kugambanira Amerika.”

Aka karasisi kabereye mu murwa mukuru w’iki gihugu, Beijing, kakaba kari ako kwizihiza imyaka 80 ishize u Bushinwa butsinze u Buyapani mu ntambara ya kabiri y’isi.

Mbere y’uko akarasisi gatangira, perezida Xi Jinping yabanje guca mu bihumbi by’abasirikare bo mu mashami atandukanye y’ingabo z’u Bushinwa bahagaze batenyeganyega ku muhanda wa Changan Avenue uherereye i Beijing.

Kuri ubwo rero, muri aka karasisi u Bushinwa bwakagaragajemo imbunda nshya zitandukanye, zirimo misile kirimbuzi nshya ziraswa ku yindi migabane, ibimodoka rutura bitwara za misile zizwi nka “Hypersonic weapons,” n’imbunda nshya itari izwi ikoreshwa n’imirasire y’izuba.

Sizo gusa kuko kandi herekanywe n’intwaro nshya zizwi nka “Robotic dog” drones, izi zirimo izitwa HQ-29 zishobora gufata misile ziraswa zivuye ku butaka zijya mu kirere, hamwe n’imodoka zigenda munsi y’amazi.

Berekanye kandi tekinoloji nyinshi ya za drones harimo izishyirwa ku bifaru bizirinda kuraswaho, izirwanya ibitero by’izindi drones ziteye icya rimwe ari nyinshi, n’izindi.

Harimo indi mbunda yerekanywe yitwa Guam Killer, iyi ni misile iraswa ku ntera igereranyije ushobora gushwanyaguza indege nyinshi icyarimwe, cyangwa ibigo bya gisirikare bya Amerika, biri mu Nyanja ya Pasifika.

Irizina bise iyi mbunda rya Guam Killer rigendana n’agace ka Amerika kitwa Guam kari muri iriya nyanja kariho ibigo bikomeye bya gisirikare bya Amerika bishobora kwifashishwa nk’ahogukorera intwaro n’indege mu gihe Amerika yakwinjira mu ntambara n’u Bushinwa.

Iyi mbunda kandi ya Guam Killer ifite ubushobozi bwo kwihisha “radar” za Amerika ndetse na system ya patriot ishwanyaguza za misile ziraswa zitaragera ku ntego.

Hagataho, akarasisi karangwaga n’intambuko idasobanya, niho amaso ya benshi yarebaga, kimwe mu bibaryohera cyane ni ugutambuka kw’abasirikare ibihumbi badasobanya na gato.

Buri murongo w’abasirikare ugororotse ubagaragaza nk’aho ugizwe n’umuntu umwe, aho abasirikare batambuka bazamura amaguru ku ntera ireshya, ku muvuduko umwe, kandi bahindukije imitwe yabo ku mfuruka igororotse kandi ireshya neza.

Ngayo nguko uko byari byifashe ku munsi w’ejo ku wa gatatu tariki ya 03/09/2025, mu karasisi k’i ngabo z’u Bushinwa.

Tags: AkarasisiChinaimbunda

Related Posts

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira
World News

Perezida Trump yatangaje igihe yizeye ko intambara ya Amerika na Iran izarangirira

September 10, 2026
OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo
World News

OpenAI ivuga ko AI yakemuye ikibazo cy’imibare cyari kimaze imyaka 90 kibera abahanga urujijo

September 10, 2026
Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko
World News

Abanyamahanga bakora ubucuruzi buciriritse muri Kenya bajyanye Leta mu nkiko

September 9, 2026
U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza
World News

U Bwongereza na Israel mu ntambara ikomeye ya dipolomasi: Londoni yafashe ingamba kuri West Bank, Yeruzalemu isubiza ifunga Konsila y’u Bwongereza

September 9, 2026
Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye
World News

Intambara hagati ya Washington na Tehran yinjiye mu kindi cyiciro gikomeye

September 6, 2026
RDC–Israel: Perezida Herzog yasezeranyije gufasha Tshisekedi, mu Burasirazuba abaturage basaba ko ubufasha butazongera intambara
World News

RDC : Une décision majeure, l’ambassade en Israël sera transférée à Jérusalem

September 4, 2026
Next Post
Igitero gishya cya FARDC, FDLR n’Ingabo z’u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Igitero gishya cya FARDC, FDLR n'Ingabo z'u Burundi cyagabwe mu Mikenke giturutse mu duce tubiri

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • INTWARI MAJOR BYINSHI KIJUGUMBA: Hashize Umwaka Umwe Havuzwe Amakuru y’Urupfu Rwe mu Minembwe
  • Imirwano Hagati y’Ihuriro ry’Ingabo za RDC na MRDP-Twirwaneho Yongeye Kuvugwa i Fizi
  • Ibanga ryo Gukira no Kuba Umukire: Uko Umushahara Wawe Wakubakira Ubukire Burambye
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?