• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Bidasubirwaho Amerika yahagaritse imfashyanyo yahaga Afrika y’Epfo, menya impamvu.

minebwenews by minebwenews
February 10, 2025
in World News
0
Trump yagize icyo avuga ku makimbirane y’u Rwanda na RDC.
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Bidasubirwaho Amerika yahagaritse imfashyanyo yahaga Afrika y’Epfo, menya impamvu.

You might also like

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yahagaritse bidasubirwaho inkunga igihugu cye cyahaga Guverinoma ya Afrika y’Epfo.

Ni byatangajwe na perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho iryo tangazo yashyize hanze ryemeza ko Donald Trump yasinye itegeko ryo gukuraho imfashyanyo Amerika yahaga igihugu cy’Afrika y’Epfo.

Trump yakoze ibyo nyuma yo kunenga amategeko y’icyo gihugu yerekeye ubutaka n’ikirego cya Afrika y’Epfo yatanze mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’ubutabera irega Israel, igihugu gisanzwe ari inshuti idasanzwe y’Amerika. Iki kirego gishinja Israel gukorera jenoside Abanyapalesitina mu Ntara ya Gaza.

Ahagana mu mwaka w’ 2023, Amerika yahaye Afrika y’Epfo imfashyanyo ya miliyari $440 nk’uko bigaragara mu mibare ishyirwa ahabona n’ubutegetsi bw’Amerika.

Minisitiri w’ubabanye n’amahanga w’Afrika y’Epfo Ronald Lamola, yavuze ko iki cyemezo cya perezida Trump kidashingiye ku makuru ahamye kandi cyirengagiza amateka akomeye, ababaje y’ubukoloni n’ivangura rya apartheid Afrika y’Epfo yanyuzemo.

Ubwo perezida Trump yabisobanuraga, yavuze ko iki gihugu cya Afrika y’Epfo cyambura ubutaka abantu bamwe, kandi bugafata abantu nabi.

Ibyo byabaye nyuma y’uko umuherwe Elon Musk, inshuti yahafi ya perezida Donald Trump, akaba kandi ari imvukire y’Afrika y’Epfo avuze ko Abazungu bo muri Afrika y’Epfo bibasiwe n’amategeko ashingiye ku ibara ry’uruhu muri icyo gihugu.

Muri iryo tangazo rya perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, rivuga kandi ko izashyiraho gahunda yo kwakira nk’impunzi abahinzi b’Abazungu bo muri Afrika y’Epfo n’imiryango yabo. Ivuga ko igiye gushyira imbere umugambi wo kwakira Abazungu bo muri Afrika y’Epfo no gutanga imfashyanyo y’ibanze kubageze mu gihugu.

Kimwecyo, perezida Cyril Ramaphosa wa Afrika y’Epfo, ubwo yasinye itegeko rigenga ubutaka muri Afrika y’Epfo yavuze ko rigamije gukuraho ubusumbane no korohereza leta kubona aho gukorera ibireba inyungu rusange. Yongeyeho ko Afrika y’Epfo itazaterwa ubwoba n’icyemezo cya Trump.

Ikindi n’uko minisiteri y’ubanye n’amahanga y’iki gihugu cya Afrika y’Epfo yavuze ko bitangaje kubona itegeko perezida Trump yasinye ryorohereza Abazungu babayeho neza kandi bakize kurusha abandi mu gihe bafite ibibazo nyabyo birukanwa muri Amerika bagasubizwa aho bakomoka.

Tags: Afrika y'EpfoAmerikaInkunga
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho

Abagirira ingendo muri Kenya basabwe kwirinda bimwe mu binyobwa byaho Abakunze gukorera ingendo mu gihugu cya Kenya, basabwe kwirinda kunywa inzoga zaho kuko ngo harizashizwemo uburozi. Bikubiye mu...

Read moreDetails

Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Uwahoze ari perezida w’u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza

Uwahoze ari perezida w'u Bufaransa, Sarkozy yinjiye gereza Nicola Sarkozy wahoze ari perezida w'u Bufaransa, yageze muri gereza, aho agiye gutangira igihano azamaramo imyaka itanu. Kuri uyu wa...

Read moreDetails

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n’igisirikare cya Israel

Gaza yongeye kugabwaho igitero gikaze n'igisirikare cya Israel Igisirikare cya Israel cyagabye ibitero byo mu kirere mu gace ka Rafah ho muri Gaza, nyuma y'aho gishinje umutwe wa...

Read moreDetails

Uheruka kuvugwaho na perezida w’u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Uheruka kuvugwaho na perezida w'u Burundi yamusabye ko bohurira mu kiganiro Pacifique Nininahazwe ukuriye ishirahamwe rya FECODE, rizwiho gutabariza Abarundi bari mukaga, nyuma y'uko aheruka kuvugwaho ibyo we...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

by Bahanda Bruce
October 19, 2025
0
Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se

Gen.Muhoozi yagize icyo avuga kubakomeje kuvuga ku buzima bwa se General Kainarugaba Muhoozi, umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba kandi n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, yaburiye abakwiza ibihuha...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

Iby'igitero cya FARDC na FDLR bagabye mu muhana w'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?