Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
February 27, 2025
in Regional Politics
0
Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.
130
SHARES
3.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Apostle Gitwaza yagize icyavuga ku Banyamulenge bakomeje kwicwa muri RDC.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umuyobozi mukuru w’itorero rya Zion Temple Celebration Centre ku isi, Apostle Dr. Paul Gitwaza yavuze ku iyicwa ry’Abanyamulenge rikomeje kubakorerwa amahanga arebera, yemeza ko isi nta butabera buhari kandi ko ari bo ubwabo bazabasha kwikura mu bibazo barimo babifashijwemo n’Imana.

Hari mu kiganiro uyu mukozi w’Imana yagiranye na channel ya YouTube yitwa Legend Tv aho yagarutse ku bintu binyuranye birimo kwibaza impamvu Abanyamulenge bakomeje kwicwa amahanga arebera, n’icyo bakwiye gukora ngo bigobotore ibyo bibazo.

Ariko kuva kera Abanyamulenge muri RDC bakunze guhura n’ibibazo byo guhohoterwa bakicwa, imitungo yabo ikangizwa kandi badafite uwo batakira bakabura ubumva.

Ibi byakozwe cyane muri Kivu y’Epfo ndetse n’iy’Amajyaruguru, aho ibi bikorwa bigirwamo uruhare n’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, Fardc, bikagera ubwo Abanyamulenge bashimangira ko ibiri kubakorerwa ari jenocide.

Umunyamakuru yaje kumubaza impamvu Abanyamulenge bicwa ntihagire ubarenganura kandi n’amahanga abireba?

Gitwaza asubiza ati: “Navuga ko ku isi nta butabera bubaho, iyo buza kubaho Abayuda ntibaba barapfuye, abasomali ntibaba barimo kwicwa. Muri Afghanistan ntabwo haba hameze kuriya, isi yose, mu bihugu nka Sudani biri mu bibazo, igihe cyose abantu barira ni uko nta butabera.”

Yakomeje avuga ko Abanyamulenge nabo babuze uburenganura, ati: “Abanyamulenge ubwacu, mu byukuri nta waturenganura uretse Imana yaturemye rero, ubutabera ni ikintu kibuze hano ku isi. Reka nemere ko bwanahaba, bunahabaye sinzi ko hari uwapfa kutuvugira.”

Yavuze kandi ko Abanyamulenge bapfuye bari mu Gatumba mu kindi gihugu, igihugu cyabo cya RDC ni cyo kiba cyarafashe iya mbere kugira ngo kibavugire ariko ntacyo cyakoze. Igihugu cy’u Burundi bapfiriyemo kiba cyaravuze ngo abantu bahungiye ku butaka bwacu, barahapfira nyabuneka nimubafashe barenganurwe, nacyo ntabyo cyakoze.

Apostle Gitwaza yavuze ko gutabarwa kw’Abanyamulenge ahari kutazava ku bantu. Kuzava kuri bo ubwobo ariko cyane cyane Imana yabaremye ni yo izabarwanirira.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yafasha Abanyamulenge mugihe yoramuka abaye perezida?

Nawe ati: “Nubwo byangora kuba perezida njyewe ndi umupasiteri usanzwe ibyo kuba perezida ntibirimo. Reka nemere ko wenda mbaye umujyanama wa perezida. Nasaba perezida wa Congo kubanza gusengesha igihugu cyose, gusaba icyo gihugu buri wese wemera Imana gupfukama hasi bagasaba imbabazi bakegera Imana.

Icya kabiri na musaba kunga Abanye-Congo bakiyunga. Nkabashyiramo imbaraga cyane, ngashyiraho minisiteri y’ubumwe n’ubwiyunge noneho abantu bagahurira hamwe bagakora.

Ikindi yavuze ni uko yamusaba gushyiraho gereza nyinshi mu gihugu zo gufunga abantu bose biba, barya ruswa ndetse bagafungwa hatarebwa ngo ni mwene wanyu cyangwa ikindi, bigatuma abandi batinya, noneho buri munye-kongo wese agakora yaba uri mu mahanga cyangwa imbere mu gihugu.

Umunyamakuru kandi yamubajije icyo yakora aramutse abaye umuyobozi mukuru w’Abanyamulenge.

Gitwaza ati: “Abanyamulenge kubanza gusubira ku Mana kuko abavugikiye mu Mana bakurira mu Mana. Nabasaba gukurira mu rukundo rwabo rwa mbere . Nkabasaba tukihana tugasubira ku Mana.

Ikindi nabasaba, ni uko babanza gushyiraho ubumwe buzira amacakubiri. Biragoye igihe cyose ntihazabura abantu baca intege ariko nabo twabegera tukabereka impamvu yo kunga ubumwe.

Yatanze urugero avuga ko Abisirayeri baba hirya no hono ku isi ariko iyo ari ikireba umuyuda bose bahurira hamwe n’icyo bapfa bakagishyira ku ruhande.

Yavuze kandi ko yasaba Abanyamulenge gushaka amafaranga ariko atari munzira mbi. Bagakora ishoramari, kuko iyo ufite amafaranga, ukaba ufite Imana, ntacyo mutageraho.

Yasoje avuga ko ijambo ry’Imana rivuga ko amafaranga ari inyugamo uyarimo aba yugamye. Icyo rero nagisaba Abanyamulenge.

Tags: GitwazaKwicwa
Share52Tweet33Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Nyuma ya Minembwe, Twirwaneho yigaruriye ikindi kigo cya FARDC gikomeye.

Undi musirikare ukomeye wo muri FARDC yitandukanyije nayo yiyunga na Twirwaneho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?