• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

minebwenews by minebwenews
March 16, 2025
in Regional Politics
0
Ingabo z’u Burundi zakijijwe n’amaguru zihunga m23 i Kaziba.
119
SHARES
3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibivugwa i Kaziba nyuma y’aho m23 ihafashe ikaza kuhikura nta mirwano.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nyuma y’aho umutwe wa m23 wigaruriye i Kaziba ukaza kuhikura nta mirwano ibaye, hongeye kwinjiramo ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, ririmo ingabo z’u Burundi, iza Congo n’imitwe irimo FDLR na Wazalendo, nk’uko abariyo babibwiye Minembwe Capital News.

Ijoro ryo ku itariki ya 10/ 03/2025, ni bwo m23 yafashe i Kaziba, nyuma yo kuyirukanamo ingabo z’u Burundi iza Congo n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR.

Kaziba ni imwe mu ma cheferi abiri agize teritware ya Walungu mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo. Kuko nyuma y’iyi cheferi ya Kaziba indi ni iya Ngweshi.

Uyu mutwe wa m23 ukimara gufata iki gice wahise ukomeza imirwano ufata n’ibindi bice byarimo ingabo z’u Burundi biri mu misozi iri hagati ya Kaziba na Rurambo ahazwi nk’i Mulenge, arikoho akaba ari muri teritware ya Uvira. Ndetse bakomerezaho binjira muri Rurambo nyirizina ahatuwe n’Abanyamulenge, aho hagaragaye n’amashusho y’aba barwanyi ba m23 bari kwakirwa n’Abanyamulenge. Ubona byari ibyishimo bidasanzwe.
Ni mu gihe aba Banyamulenge bari bagize igihe mu mibabaro myinshi, iyo bategwa n’ingabo za Leta y’iki gihugu.

Iyi nkuru ikavuga ko m23 yirukanye ziriya ngabo z’u Burundi zari muri iyo misozi zihungira mu bice by’unamiye umujyi wa Uvira, nka za Luvungi na Remela n’ahandi.

Nk’uko abatuye i Kaziba babibwiye Minembwe Capital News, aba barwanyi bo muri m23 ntabarwanyi babo bigize basiga muri iki gice cya Kiziba, kuko ijoro buca ari ku wa gatanu Wazalendo n’ingabo z’u Burundi bongeye kwinjira muri iki gice kandi.

Umwe mubaturiye iki gice yagize ati: “Binjiye muri Kaziba kandi. Barya bajura bo muri Wazalendo bagarutse i Kaziba. Barikumwe n’ingabo z’u Burundi.”

Abaturage batuye i Kaziba ntibishimiye ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta, kuko bazishinja kubasahura no kubagirara nabi.

Ati: “Baratwiba, bashinga n’amabariyeri yo kutwambura. Nta kindi bashoboye.”
Usibye n’icyo babuza abaturage ba Kaziba kuja gucururiza mu bice bigenzurwa na m23.

Yagize ati: “Imodoka zijana iby’ashara i Bukavu na Kamanyola, Wazalendo bari kuzihagarika muri centre ya Kaziba.”

Ibi bikaba byongeye gutuma iki gice cyongera kubamo umutekano muke, bitandukanye n’iminsi itatu cyamaze kitagenzurwa n’iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa.

Hagataho umutwe wa m23 nawo ubu urabarizwa i Mulenge, cyane cyane muri Rurambo, ibyatumye Abanyamulenge bashima Imana aho bavuga ko Imana yabatabaye inyuze mubana babo ari bo m23.

Tags: KazibaM23Wazalendo
Share48Tweet30Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

M23 yahawe ubutumire bwo kuja i Luanda muri Angola.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?