• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 23, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Gen.Muhoozi yasabye RDC kweguza umwe muri ba guverineri b’intara zigize iki gihugu, ndetse yongera avuga no kuri Kisangani.

minebwenews by minebwenews
April 11, 2025
in Regional Politics
0
Gen.Muhoozi yasabye RDC kweguza umwe muri ba guverineri b’intara zigize iki gihugu, ndetse yongera avuga no kuri Kisangani.
82
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Gen.Muhoozi yasabye RDC kweguza umwe muri ba guverineri b’intara zigize iki gihugu, ndetse yongera avuga no kuri Kisangani.

You might also like

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda akanaba umujyanama mukuru wa perezida Yoweli Kaguta Museveni mu bya gisirikare, General Kainarugaba Muhoozi yasabye ubutegetsi bwa Congo kweguza guverineri w’intara ya Ituri iherereye mu Burasizuba bwa Congo.

Ni mu butumwa Gen.Muhoozi yanyujije kurukuta rwa X, kuri uyu wa kane tariki ya 10/04/2025, aho yagize ati: “Ndasaba RDC ibintu bitatu: 1. Guhagarika kwica abantu banjye, Abahima -Tutsi. 2. Gukuraho guverineri w’intara ya Ituri, Luboya. 3. Kutwishyura ambasede yacu mwatwitse.”

Lt.Gen. Luboya ayoboye Ituri kuva mu kwezi kwa gatanu umwaka wa 2021 ninyuma y’aho perezida Felix Tshisekedi wa Congo yashyiragaho iyi ntara na Kivu y’Amajyaruguru mu bihe bidasanzwe.

Muhoozi ashinja Lt.Gen.John Nkashama Luboya kugerageza kwitambika ibikorwa by’ingabo za Uganda byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro irimo CODECO.

Atangiza gutanga ubwo butumwa yise Luboya umuntu utagira ubwenge, ateguza ko vuba ingabo za Uganda zizamuta muri yombi.

Ibi byatumye umugaba mukuru wungirije w’ingabo za Congo ushinzwe ibikorwa bya gisirikare, Lt.Gen. Jaques Ychaligonza Ndulu, ateguza ko Gen. Muhoozi nakomeza kwibasira Luboya, igihugu cye kizabyamagana.

Mbere yuko Muhoozi atanga ubu butumwa yari yabanje gutanga ubundi avuga ko Ingabo ze zitagifashe umujyi wa Kisangani kandi ko bimubabaje.

Ati: “Bitegetswe na data ukomeye perezida Kaguta Museveni n’intwari yanjye perezida Donald Trump. Nahisemo guhagarika ibikorwa byacu byo gufata Kisangani. Birambabaje cyane. Ntabwo nigeze nanirwa kugera ku ntego ya gisirikare mu buzima bwanjye.”

Yabivuze mu gihe yari aheruka gutangaza ko umutwe wa M23 n’uramuka udafashe Kisangani, Ingabo za Uganda zizabyikorera, ndetse tariki ya 25/03/2025, yari yavuze ko ingabo ze ziziye uwo mujyi.

Ati: “Kisangani turayiziye mu izina ry’Imana yacu Yesu Kristo.”

Kisangani ni umurwa mukuru w’intara ya Tshopo uherereye ku ruzi rwa Congo, Fleuve Congo, mu Burasizuba bw’ikibaya cya RDC rwagati muri Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tags: KisanganiMuhooziNkashama Luboya
Share33Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

by Bahanda Bruce
October 23, 2025
0
U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC

U Rwanda na RDC byongeye guhurira i Washington DC U Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo, byongeye guhurira i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe z'Amerika, mu...

Read moreDetails

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 21, 2025
0
Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n’abarwanye intambara yo kubuhora u Rwanda

Menya Abanya-Rukombe binjiye igisirikare, harimo n'abarwanye intambara yo kubohora u Rwanda Ababarirwa mu mirongo barimo abahungu n'abagabo, bavuye mu gice kizwi nk'i Rukombe binjira igisirikare cy'umutwe wa FDL...

Read moreDetails

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by’ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n’u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 20, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

U Burundi bwasabye kimwe mu bihugu by'ibihangange ku isi kubuhuriza mu biganiro n'u Rwanda Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yasabye u Bufaransa ngo bumuhurize mu biganiro n'u Rwanda,...

Read moreDetails

Icyo amakuru avuga ku biganiro perezida w’u Burundi yagiranye na AFC/M23

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Perezida w’u Burundi yateye inkunga umwe mu mitwe igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida w'u Burundi yagiranye ibiganiro na AFC/M23 Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yagiranye ibiganiro by'ibanga n'intumwa z'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

by Bahanda Bruce
October 18, 2025
0
Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate

Abarundi bakoze igikorwa kigayitse nyuma yibyatangajwe na Sedate Abarundi mu mujyi wa Bujumbura bawutwikiyemo imodoka ifite pulake y'u Rwanda nyuma y'amagambo yatangajwe n'umushoramari w'Umunyarwanda Sadate Munyakazi. Iyi modoka...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.

Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n'akamaro kayo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?