Uwayoboye abakoze coup d’etat muri Gabon yatowe kuba umukuru w’igihugu.
General Brice Oligui Nguema wayoboye coup d’etat yo mu 2023 mu gihugu cya Gabon, ikaba ari yo yavanyeho ku butegetsi Ali Bongo wari umaze kuri ubwo butegetsi imyaka 60, yatsinze amatora ya perezida ku majwi arenga 90%.
General Brice Oligui Nguema ni umugabo w’imyaka 50 y’amavuko, muri aya matora yari ahatanye n’abarimo Alain Claude Bilie-By-Nze, Stephanie Germain Iloko na Alain Simple Boungouères.
Aya matora yabaye ku wa gatandatu tariki ya 12/04/2025, yasize abaturage bagaragarije Brice Oligui Nguema ko ari we bahundagajeho amajwi menshi. Iki gihugu cya Gabon gituwe n’abaturage miliyoni 2.5.
Nyamara abatavuga rumwe na Brice Oligui Nguema watsinze amatora, bagaragaje ko itegeko nshinga rishya hamwe n’itegeko rishya rigenga amatora byateguwe mu buryo bumworohereza gutsinda aya matora.
Atorewe kuba umukuru w’iki gihugu, mu gihe hari hashyize imyaka ibiri ahiritse perezida Ali Bongo wayoboye iki gihugu imyaka 60.
Muri manda y’imyaka irindwi, Gen.Oligui Nguema ategerejwe guhangana na ruswa n’imiyoberere mibi byaranze ubutegetsi bwa Ali Bongo.
Mu kwiyamamaza, uyu musirikare yeretse igikundiro cyane urubyiruko rwo muri iki gihugu, ni mu gihe yababyiniraga imbyino zo muburyo bugezweho.
Gabon, ni igihugu gito ariko gikize ku bikomoka kuri peteroli n’ibiti bivamo imbaho nziza kandi zirambisha ibintu cyane ku buryo budasanzwe.