Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 18, 2025
in World News
0
Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika n’u Burayi byaba bigiye kurangiza intambara muri Ukraine.

You might also like

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zatangiye ibiganiro hamwe n’ibihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’u Burayi, bigamije kurebera hamwe uko intambara muri Ukraine yahagarara.

Ni nyuma y’aho perezida w’Amerika Donald Trump yohereje intumwa ye yihariye, Steve Witkoff hamwe na minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Amerika, Marco Rubio mu biganiro i Paris mu Bufaransa ku munsi w’ejo ku wa kane tariki ya 17/04/2025.

Ibi biganiro babihuriyemo n’abagenzi babo bo mu bihugu by’i Burayi, bikaba bigamije kwigira hamwe umuhate wo kurangiza intambara muri Ukraine.

Aya makuru anavuga ko byanitabiriwe kandi na minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Ukraine aho yari yaherekejwe na minisitiri w’ingabo wo muri icyo gihugu.

Muri ibyo biganiro, abadipolomate b’i Burayi bavuze ko umugabane wabo bazahatira Leta Zunze ubumwe z’Amerika gukomeza kotsa igitutu u Burusiya kugira ngo bwemere agahenge nta yandi mananiza.

Umwe muri abo bategetsi bo mu Burayi yabwiye itangazamakuru ati: “Turashaka ko Amerika ikoresha inkoni mu gucyaha u Burusiya bwemere agahenge.”

Ibikorwa bikomeje byo gushaka kugera ku gahenge birimo kuba mu gihe mu minsi ishize u Burusiya bwagabye igitero cya Misili mu mujyi wa Samy muri Ukraine cyisha abantu n’ibura 35 gikomeretsa abandi 117.

Ni mu gihe kandi mbere muri uku kwezi kwa kane, abantu nibura 18 biciwe mu gitero mu gace gatuwemo ko mu mujyi wa Kryvyi Rih muri Ukraine.

Ku wa gatatu nijoro, abategetsi bo muri Ukraine bavuze ko igitero cy’indege nto y’intambara itajyamo umupilote cyishe abantu batatu, barimo n’umukobwa muto, mu mujyi wa Dnipro muri Ukraine.

Byavuzwe ko intumwa ya perezida wa Amerika na minisitiri w’ubanye n’amahanga w’iki gihugu uwo barikumwe muri urwo ruzinduko, mbere yuko bahura n’abanyaburayi barimo minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Bwongereza Lammy namugenzi we w’u Bufaransa n’uw’u Budage barimo kandi n’abajyanama ku by’u mutekano mu muryango w’i Burayi, barabanza babonane na perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa.

Minisiteri y’ubanye n’amahanga ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika yatangaje ko uwo mubonano wibanda cyane ku ntambara muri Ukraine.

Mbere yuko Donald Trump yongera gutorwa kuyobora Amerika, mu mwaka wa 2023, yari yatangaje ko mu gihe yoramuka yongeye gutorerwa kuyobora Amerika, ashobora kurangiza intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine mu masaha 24 gusa.

Ubutegetsi bwe bwakoze ku kunoza cyane umubano wabwo n’u Burusiya, mu gihe ubwo butegetsi bushaka kugeza ku gahenge hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Mbere, Zelensky wa Ukraine yaburiye ko Ukraine itazemera amasezerano y’amahoro niba itayagizemo uruhare.

Nyamara kandi u Bushinwa hagati ya Trump na Zelensky buri ku kigero cyo hejuru kuva Trump ateranye amagambo na perezida Zelensky, ni mu gihe Trump yamucyahaga kukuba ataratangiye ibiganiro by’imishikirano n’u Burusiya.

Tags: AmerikaU BurayiUkraine
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo.

COVID-19 yongeye kuvugwa cyane, menya ibyayo. Nyuma y'imyaka irenga itanu icyorezo cya COVID-19 kibayeho, cyongeye kuvugwa cyane kubera ubwoko bushya bw'iyi virusi bwamaze kugaragara mu bihugu byinshi birimo...

Read moreDetails

Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.

Ibitero by'u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego. Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n'igisirikare cy'u Burusiya....

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y’isi.

U Burusiya bwavuze ko ibihugu bishobora kwisanga mu ntambara ya gatatu y'isi. Ambasaderi w'u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu kugira uruhare mu bitero bya dones Ukraine iherutse...

Read moreDetails

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye.

Umuherwe Musk na perezida Trump bari inshuti ibyabo byakomeye. Ubushuti bwari hagati ya Elon Musk na perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump bwarangiye nyuma y'aho uyu...

Read moreDetails

Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

by Bruce Bahanda
June 6, 2025
0
Icyo isi itegereje nyuma y’ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya.

Icyo isi itegereje nyuma y'ikiganiro perezida wa Amerika yagiranye na mugenzi we w'u Burusiya. Perezida w'u Burusiya Vradimir Putin yabwiye mugenzi we wa Leta Leta Zunze ubumwe z'Amerika,...

Read moreDetails
Next Post
Iby’umucancuro wemereye ubutegetsi bw’i Kinshasa kuburindira ibirombe by’amabuye y’agaciro.

Iby'umucancuro wemereye ubutegetsi bw'i Kinshasa kuburindira ibirombe by'amabuye y'agaciro.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?