• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, August 22, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 10, 2025
in Regional Politics
0
FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

FDNB yigambye kwica inyashyamba ku bwinshi nubwo nayo yakozwe munda.

You might also like

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

Igisirikare cy’u Burundi (FDNB) cyatangaje ko giheruka kwivugana inyashyamba zirenga 100 zo mu mutwe wa MRCD/FNL urwanya ubutegetsi bw’i Kigali mu Rwanda, ariko nacyo gipfusha abasirikare bacyo bagera ku 10.

Iki gisirikare gihamya ko cyishe ziriya nyeshyamba mu mirwano iheruka kuzihuza mu ishyamba rya Kibira riherereye mu ntara ya Cibitoki.

Ni nyuma y’aho izi ngabo z’u Burundi zifashe icyemezo cyo kugaba ibitero kuri uriya mutwe, ziwuhora kuba waranze kwifatanya na zo mu ntambara zirimo muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho zirwanya umutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 muri Kivu y’Amajyepfo.

Ku bw’igisirikare cy’u Burundi, ngo kuba FLN yaranze kwifatanya na cyo cyabifashe nk’akagambane.

Aya makuru akomeza avuga ko inyashyamba zirenga 100 ingabo z’u Burundi zishe, zaguye mu bitero bibiri byagabwe mu kibira hagati mu kwezi kwa gatatu n’ukwa gatanu uyu mwaka.

Ku rundi ruhande, hari n’andi makuru avuga ko muri iyo mirwano yoguhiga inyashyamba yanaguyemo n’abasirikare b’u Burundi bagera mu icumi, nubwo ntacyo iki gisirikare cy’u Burundi cyabivuzeho.

Umusirikare w’u Burundi utarashatse ko amazina ye aja hanze akaba anafite ipeti rya captain yasobanuye uko byagenze, agira ati: “Twagose ibirindiro byabo mu ijoro. Bari bafite intwaro zihagije ariko twarabakubise. Twakoresheje uburyo bwo kubatungura kugira ngo tubice bose. Bihagararaho turahangana natwe abacu barahaguye bagera ku 10.”

Usibye inyashyamba zishwe izindi muri zo zigera kuri 30 zafashwe mpiri mbere yo kujanwa i Bujumbura ku murwa mukuru w’ubukungu guhatwa ibibazo. Ngo hari n’izindi zasanzwe mu kibira za komeretse.

Ubundi kandi ngo hafatwa n’ibikoresho bya gisirikare by’izo nyeshyamba ahanini birimo imbunda zo mu bwoko bwa AK-47, Pistolet n’amasasu menshi.

Muri zo nyeshyamba zafashwe mpiri zemeje ko zaturutse mu Burasizuba bwa Congo mbere yuko zishyinga ibirindiro byazo muri Kibira, kandi ko zahavuye kubera ko zanze kwifatanya n’ihuriro ry’ingabo za Congo kurwanya umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho.

Uyu mutwe wa FLN ufite ihuriro rya MRCD risanzwe ritegwa inkunga na Paul Rusesabagina usanzwe arwanya ubutegetsi bw’i Kigali, ndetse hagati ya 2018 na 2019 uyu mutwe wagiye ugaba ibitero mu bice bitandukanye by’intara y’Amajyepfo n’iy’u burengerazuba mu Rwanda, wica abaturage batari bake.

Ingabo z’u Burundi, amakuru avuga ko zawuhindutse nyuma y’aho mu mwaka ushize impande zombi zagiye zikorana inama mu rwego rwo kugira ngo zinoze imikoranire kugira ngo zitere u Rwanda, ariko ntihabe guhuriza hamwe biviramo gusubiranamo.

Tags: FDNBFLNKibira
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

by Bruce Bahanda
August 20, 2025
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w'amasezerano y'amahoro y'i Doha. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w'intebe w'u Bubiligi, Maxime Prevot,...

Read moreDetails

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

by Bruce Bahanda
August 19, 2025
0
Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma.

Kenya yatanze ibisobanuro impamvu yashyizeho uyihagararira i Goma. Minisitiri w'ubanye n'amahanga wa Kenya yatanze ibisobanuro ku muntu wayo yashyizeho uyihagararira i Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w’amasezerano y’amahoro.

RDC na AFC/M23 byashyikirijwe umushinga w'amasezerano y'amahoro. Guverinoma ya Qatar yashyikirije iya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23 umushinga w'amasezerano y'amahoro kugira ngo...

Read moreDetails

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23.

Gen Muhoozi yagaragaje uruhande ashyigikiye hagati ya RDC na AFC/M23. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda akaba n'umuhungu wa perezida w'iki gihugu, Yoweli Kaguta Museveni, General Kainarugaba Muhoozi yerekanye...

Read moreDetails

Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

by Bruce Bahanda
August 18, 2025
0
Uwanze kumva ntiyanze no kubona.

Uwanze kumva ntiyanze no kubona. Umusesenguzi Girinka William Kabare uwo twaherukaga kuri Minembwe Capital News mu ntangiriro z'uyu mwaka yongeye kugaruka, maze avuga ko avuga kuri Repubulika ya...

Read moreDetails
Next Post
FARDC n’abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka.

FARDC n'abambari bayo biswe wa pumbafu banasabirwa kwirukanwa iteka.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?