• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, October 15, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Religion

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

minebwenews by minebwenews
May 12, 2025
in Religion
0
Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibindi bitari byavuzwe mu buhanuzi buvuga kuri RDC.

You might also like

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

Umuhanuzi w’Imana akaba n’Umushumba muri rimwe mu matorero y’Abanyamulenge aherereye i Mbarara muri Uganda, Sodoki Kavoma, yavuze ko mbere yuko amasezerano yose yuzura ajyane n’ibyo Imana yasezeranyije abaturage bo mu Burasizuba bwa Congo, hazabanza kuba agahenge.

Bikubiye mu butumwa bwanditse Kavoma yahaye ubwanditsi bwa Minembwe Capital News, aho yagize ati: “Agahenge kazabanziriza kuzura kwa masezerano Imana yatanze ku gihugu cyacu.”

Nk’uko uyu muhanuzi uzwi cyane mu Burasizuba bwa Congo, ahanini cyane cyane mu Banyamulenge, yagaragaje ko agahenge kazaba, kazaba kameze nka ‘kayagirizo,’ ariko ko leta y’i Kinshasa izakomeza kwinangira, kandi ko kwinangira kwayo aribyo bizihutisha ibyo Imana yavuze.

Ati: “Agahenge kazakomoka mu masezerano y’ubwumvikane hagati y’impande zihanganye, ariko uriya mugabo azakomeza kwinangira. Kandi kwinangira kwe nibyo bizatuma ahasiga ubuzima.”

Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko nyuma y’uwo buvuga ko azahasiga ubuzima, abantu bazatangira gusubira iwabo aho bahoze batuye, bubakirwe kandi ngo bagire agaciro, ndetse kandi ngo n’abasirikare bazazamurwa mu ntera. Ariko ngo ibyo bizaba mukanya gato, maze ngo inkundura ibe.

Ubu bukaba ari ubuhanuzi buje bwiyongera ku bundi yari yatanze mbere yubu, nabwo bwavugaga ko mbere yuko mu Burasizuba bagera ku mahoro arambye, bizabanzirizwa n’urusaku ruzaba i Kinshasa, kandi ko urwo rusaku ruzanasiga ruhitanye ubuzima bw’umuyobozi ukomeye muri RDC.

Bwanavugaga ko nyuma yaruriya rusaku hazakurikiraho intambara ikomeye izabera ku mushashya, aho ni mu Kibaya cya Rusizi, Uvira n’umuhanda wa Uvira-Baraka.

Kavoma yagaragaje ko Imana yamuhishuriye ko nyuma y’ibyo byose hazakurikiraho kwikukira kw’i ntara.

Nyamara kandi yavuze ko mu rusaku ruzabera i Kinshasa ruzatuma haba ingaruka mbi ku muntu wese uvuga ururimi rw’ikinyarwanda uzaba ari kure yo mu Burasizuba bw’iki gihugu, mbese uzaba ari mu zindi ntara zigize iki gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, ahanini i Kinshasa n’ahandi.

Hagataho, ubu buhanuzi buje mu gihe u Burundi bushinjwa guha imbunda Wazalendo no kwambutsa imbonerakure i Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, mu rwego rwo kugira ngo bahungabanye umutekano muri iki gice.

Aya makuru akaba yarashizwe hanze n’ubuyobozi bwa AFC/M23.

Ubundi kandi ni mu gihe mu cyumweru gishize habaye imirwano ikomeye hagati ya Twirwaneho n’ihuriro ry’ingabo za Congo mu misozi yo muri teritware ya Fizi na Uvira n’ahandi nka za Walungu.

Tags: AgahengeU Burasirazuba bwa RDCUbuhanuzi
Share34Tweet21Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n’abitandukanya n’imiryango yabo

Ev.Chantal yavuze imico igomba kuranga abakristu, anenga nanone n'abitandukanya n'imiryango yabo Evangelist Chantal Nyamazaire, kuri iki cyumweru tariki ya 12/10/2025, mu nyigisho yabwirije, yavuze ku myitwarire igomba kuranga...

Read moreDetails

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

by Bahanda Bruce
October 9, 2025
0
Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira

Dr Sebitereko yavuze icyo Abanyamulenge bagomba guharanira Dr Lazare Sebitereko Rukundwa, umuyobozi mukuru w'ishuri rya kaminuza rya UEMI rifite icyicaro gikuru mu Minembwe, ahazwi nk'umurwa mukuru w'i Mulenge...

Read moreDetails

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya

by Bahanda Bruce
October 7, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

Urusika rwari hagati ya 8ème CEPAC na 37ème CADEC rwakuweho-ubuhamya Amatorero abiri yapinganaga kuva mu myaka 40 ishyize, 8ème CEPAC na 37ème CADEC, yasabanye imbabazi mu Minembwe arababarirana,...

Read moreDetails

CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

by Bahanda Bruce
October 6, 2025
0
CEPAC na CADEC nyuma y’igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye

CEPAC na CADEC nyuma y'igihe kirere bapingana, bahuye basabana imbabazi, inkuru irambuye Itorero rya 8ème CEPAC n'irya 37ème CADEC, amakanisa akorera mu misozi miremire y'i Mulenge ataracanaga uwaka...

Read moreDetails

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

by Bahanda Bruce
October 5, 2025
0
Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y’Imana

Rv. Misigaro yabwirije hejuru yo gutunganya inzu y'Imana Umushumba w'itorero rya All National Assemblies of God, rifite icyicaro gikuru i Nakivale mu majy'Epfo y'igihugu cya Uganda, Reverend Misigaro...

Read moreDetails
Next Post
Akabi ngo gasekwa nka keza, ibyagaragaye i Uvira ni agahomeramunwa.

I "Uvira tugize ikibazo," ubutumwa butanzwe n'Abanyamulenge.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?