Ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine byongeye gukaza umurego.
Imirwano yakajije umurego mu bitero bikomeye biri kugabwa mu bice byinshi byo muri Ukraine, aho biri kugabwa n’igisirikare cy’u Burusiya.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 06/06/2025, ibitero kuri Ukraine byagabwe mu duce turenga 5.
Nk’uko amakuru abigaragaza uduce twagabwemo biriya bitero harimo aka Kyiv ari nako murwa mukuru w’iki gihugu, Ternopol, Toursk, Tergov n’utundi.
Iyi nkuru ikomeza ibivuga ko u Burusiya mukugaba ibi bitero bwakoresheje za ndege zitangira abapilote zizwi nka drones naza misile zirasa kure ndetse kandi ngo bukoresha n’ibindi bibunda biremereye.
Aya makuru akomeza avuga ko ibisasu byaraswaga muri turiya duce, byagwaga k’u butaka bwatwo nk’urushahi rw’imvura igwa ari nyinshi.
Ariko nubwo u Burusiya bwongeye gukaza ibitero, perezida wabwo, Vladimir Putin, mu kiganiro aheruka kugirana na perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika ya mutangarije ko igihugu cye cyiteguye kwihorera ku gitero Ukraine yagabye mu gihugu cye mu mpera zakiriya cyumweru gishize.
Ni igitero cyasize gisenye ibibunda biremereye by’u Burusiya birimo n’ibyakirimbuzi ndetse n’indege z’intambara zirenga 40.
Muri ubwo buryo, u Burusiya bukaba bwongeye kuremereza iyi ntambara bwatangiye kuri Ukraine mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri umwaka wa 2022, aho isa n’iyongeye guhindura isura kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru turimo.