• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

minebwenews by minebwenews
August 19, 2025
in World News
0
Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.
67
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Zelenskyy yatanze umucyo kubyo guhura kwe na Putin.

You might also like

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida Zelenskyy Volodymyr wa Ukraine yavuze ko afite ubushake bwo kuzahurira mu biganiro bizamuhuza na perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump na mugenzi we w’u Burusiya Vladimir Putin, bigamije gushakira igihugu cye amahoro arambye.

Kuri uyu wa mbere tariki ya 19/08/2025, ni bwo Zelenskyy yatangaje ibi, ubwo yakorwaga na Trump, akaba yaraherekejwe na n’abayobozi bo mu Burayi barimo na perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Trump wakiriye aba bayobozi nyuma y’iminsi mike ahuye na mugenzi we w’u Burusiya Vladimir Putin, bakemeranya ko bazongera bagahura vuba, yavuze ko yizeye ko perezida wa Ukraine azitabira ibiganiro bizabahuza na Putin.

Yagize ati: “Ndizera buri kimwe kiri kugenda neza kugeza ubu, tuzagira inama y’abakuru b’ibihugu batatu, kandi ndazi ko hazaboneka amahirwe yo kurangiza intambara igihe tuzaba twabikoze.”

Perezida Zelenskyy, bivugwa ko yari yaje yicishije make bitandukanye n’uko byagenze ubwo yaherukaga kwakirwa na Trump mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, kuri iyi nshuro yumvikanye inshuro nyinshi amushimira, uburyo igihugu cye cyababaye hafi, icyakora avuga ko na n’ubu Abanya-Ukraine bacyugarijwe.

Yagize ati: “Umunsi ku munsi turi kuba mu buzima bw’ibitero. Murabizi ko n’uyu munsi hari ibitero byinshi byakomeje abantu benshi.”

Yakomeje ati: “Turi fuza guhagarika iyi ntambara, guhagarika u Burusiya. Kandi turifuza korohereza abafatanyabikorwa bacu b’abanyamerika n’abanyaburayi.”

Mu biganiro Trump aherutse kugirana na Putin mu cyumweru gishize, ubwo bari bahumuje ikiganiro bagiranaga n’itangazamakuru, perezida w’u Burusiya yizeje Trump ko na we bazahurira i Moscow mu gihe cya vuba.

Abayobozi n’abanyaburayi bari baherekeje Zelenskyy, bose bagaragaje ko bifuza ko iyi ntambara ihagarara, kuko ingaruka imaze gusiga zitagira ingingo, bityo ko igihe kizagera ngo ihagarare.

Tags: ibiganiroPutinUmucyoZelenskyy
Share27Tweet17Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri

Ijambo Abarabu ryaciwe muri Misiri Ijambo Abarabu rigiye gukurwa mu izina ry'igihugu cya Misiri, aho ryari rimenyerewe cyane nka Repubulika y'Abarabu ya Misiri, nk'uko bikomeje gucikana kumbuga nkoranyambaga...

Read moreDetails

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy’indembe

by Bahanda Bruce
October 14, 2025
0
Bonyoni yagejejwe mu bitaro aherekejwe bikomeye

Lt.Gen.Bonyoni yajanwe mu cumba cy'indembe Lieutenant General Alain Guillaume Bonyoni wahoze ari minisitiri w'intebe w'u Burundi, yamaze kujya muri "coma." Gen Guillaume Bonyoni yagiye muri coma nyuma y'iminsi...

Read moreDetails

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu

Perezida wa Madagascar yahungiye mu kindi gihugu Perezida Andry Rojoeline wa Madagascar yahungiye mu gihugu cy'u Bufaransa, nyuma yo kweguzwa n'umutwe wa basirikare witwa CAPSAT. Mu ijoro ryo...

Read moreDetails

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas  bigiye kuba impamo

Ibyari inzozi kuri Israel na Hamas bigiye kuba impamo Leta ya Israel n'umutwe wa Hamas umaze igihe iwugabaho ibitero karahabutaka, bigiye guhurira i Sharm muri Misiri, maze bitere...

Read moreDetails

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
0
Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu kidasanzwe cya kirimbuzi Koreya ya Ruguru yamuritse igisasu cyayo kidasanzwe mu birori yarifite byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 50 y'ishaka ry'abakozi. Iki gisasu Koreya...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yagaragaje impamvu itazasubira mu biganiro by’i Doha.

AFC/M23/MRDP yagaragaje ibyo ingabo za RDC ziri gukora muri iki gihe muri Kivu y'Epfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?