• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

minebwenews by minebwenews
August 20, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w’amasezerano y’amahoro y’i Doha.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w’intebe w’u Bubiligi, Maxime Prevot, ko atashimye umushinga w’amasezerano y’amahoro yabaye hagati ya AFC/M23 na Leta ye, ayashyiriweho umukono i Doha muri Qatar.

Byashyizwe hanze na minisitiri w’intebe w’u Bubiligi, Maxime Prevot nyuma y’aho yari yakiriwe na perezida Tshisekedi i Kinshasa tariki ya 19/08/2025.

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru yagize ati: “Tshisekedi yambwiye ko inyandiko yateguwe idahagije. Iki ni kintu cy’ingenzi cyo kuzirikana. Nizeye ko ibintu bizashyirwa ku murongo kugira ngo umusaruro ugerwaho vuba bishoboka.”

Qatar yohereje Leta y’i Kinshasa na AFC/M23 inyandiko y’uyu mushinga kugira ngo biyisuzume tariki ya 14/07/2025.

Harimo ingingo yo kurekura imfungwa no gushyiraho umutwe w’Ingabo zidasanzwe uhuriweho n’impande zombi uzakorera by’agateganyo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Mu rwego rwo gusubiza ubutegetsi bw’i gihugu muri izi ntara, Qatar yagaragaje ko leta y’i Kinshasa ikwiye gushyiraho abayobozi b’inzibicaho, kandi ko na AFC/M23 yemerewe gutanga abakandida yifuza ko bajya muri iyo myanya.

AFC/M23 na yo yagaragaje ko itanyuzwe n’ingingo yo gusubizaho ubutegetsi bwa RDC muri ubu buryo. Mbere yagaragaje ko yifuza gukomeza kuyobora izi ntara, isobanura ko ifite ubushobozi bwo kuzisubiza ku murongo mu nzego zirimo umutekano.

Umushinga wateguwe na Qatar ushingira ku mahame Leta y’i Kinshasa na AFC/M23 byashyizeho umukono tariki ya 19/07/2025. Yaragizwe n’ingingo zirimo ibikubiyemo uguhagarika imirwano burundu.

Byari biteganyijwe ko buri ruhande rwohereza intumwa muri Qatar kugira ngo zisuzume uburyo ingingo zikubiye muri ayo mahame azubahirizwa, mu gihe hateganyijwe ibiganiro by’amahoro.

Tags: AmahameTshisekediU Bubiligi
Share30Tweet19Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Douglas Luiz yiteguye gusubira muri Premier League.

Douglas Luiz yiteguye gusubira muri Premier League.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?