• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, September 12, 2026
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
  • Login
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye na M23 i Doha.

minebwenews by minebwenews
August 20, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yahishyuriye u Bubiligi ibyo atashimye ku biganiro bihuza Leta ye  na M23  i Doha.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Tshisekedi yabwiye u Bubiligi ko atashimye umushinga w’amasezerano y’amahoro y’i Doha.

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yabwiye minisitiri w’intebe w’u Bubiligi, Maxime Prevot, ko atashimye umushinga w’amasezerano y’amahoro yabaye hagati ya AFC/M23 na Leta ye, ayashyiriweho umukono i Doha muri Qatar.

READ ALSO

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

Byashyizwe hanze na minisitiri w’intebe w’u Bubiligi, Maxime Prevot nyuma y’aho yari yakiriwe na perezida Tshisekedi i Kinshasa tariki ya 19/08/2025.

Ubwo yaganiraga n’abanyamakuru yagize ati: “Tshisekedi yambwiye ko inyandiko yateguwe idahagije. Iki ni kintu cy’ingenzi cyo kuzirikana. Nizeye ko ibintu bizashyirwa ku murongo kugira ngo umusaruro ugerwaho vuba bishoboka.”

Qatar yohereje Leta y’i Kinshasa na AFC/M23 inyandiko y’uyu mushinga kugira ngo biyisuzume tariki ya 14/07/2025.

Harimo ingingo yo kurekura imfungwa no gushyiraho umutwe w’Ingabo zidasanzwe uhuriweho n’impande zombi uzakorera by’agateganyo mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru na Kivu y’Amajyepfo.

Mu rwego rwo gusubiza ubutegetsi bw’i gihugu muri izi ntara, Qatar yagaragaje ko leta y’i Kinshasa ikwiye gushyiraho abayobozi b’inzibicaho, kandi ko na AFC/M23 yemerewe gutanga abakandida yifuza ko bajya muri iyo myanya.

AFC/M23 na yo yagaragaje ko itanyuzwe n’ingingo yo gusubizaho ubutegetsi bwa RDC muri ubu buryo. Mbere yagaragaje ko yifuza gukomeza kuyobora izi ntara, isobanura ko ifite ubushobozi bwo kuzisubiza ku murongo mu nzego zirimo umutekano.

Umushinga wateguwe na Qatar ushingira ku mahame Leta y’i Kinshasa na AFC/M23 byashyizeho umukono tariki ya 19/07/2025. Yaragizwe n’ingingo zirimo ibikubiyemo uguhagarika imirwano burundu.

Byari biteganyijwe ko buri ruhande rwohereza intumwa muri Qatar kugira ngo zisuzume uburyo ingingo zikubiye muri ayo mahame azubahirizwa, mu gihe hateganyijwe ibiganiro by’amahoro.

Tags: AmahameTshisekediU Bubiligi

Related Posts

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege
Regional Politics

Amayobera ku Ifatwa ry’Abapasitori Batatu b’Abanyamulenge mu Burundi: Pasitori Jelos Yafatiwe ku Kibuga cy’Indege

September 11, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC : L’ambassadrice Urujeni accuse Kinshasa de poursuivre sa coopération avec les FDLR et les Wazalendo et appelle à traiter le problème à la racine

September 10, 2026
Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi
Regional Politics

Rwanda–RDC: Ambasaderi Urujeni yashinje Kinshasa gukomeza gukorana na FDLR na Wazalendo, asaba gukemura ikibazo mu mizi

September 9, 2026
Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History
Regional Politics

Uganda: Arrests of Former CMI Chiefs Bring Military Intelligence Back Into the Spotlight of the Country’s History

September 9, 2026
Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu
Regional Politics

Uganda: Ifatwa ry’abahoze bayobora CMI ryasubije ubutasi bwa gisirikare mu isura y’amateka akomeye y’igihugu

September 9, 2026
Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC
Regional Politics

Gen. Muhoozi yavuze abo atinya, anagaruka ku cyo avuga ko atigeze ageraho muri RDC

September 9, 2026
Next Post
Douglas Luiz yiteguye gusubira muri Premier League.

Douglas Luiz yiteguye gusubira muri Premier League.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Conflict & Security Regional Politics Religion Shop & Explore sport & entertainment Uncategorized World News

RECENT POSTS

  • C64 Igiye Kugaragariza Kinshasa Imbaraga mu Myigaragambyo yo Kurengera Itegeko Nshinga
  • MWENGA: Radio Community de Mwenga Yatewe, Ibikoresho Birasahurwa n’Ibiganiro Birahagarara
  • Abantu 26 Bahitanywe n’Inkongi i Bukavu: AFC/M23 Itangaje Iminsi 3 y’Icyunamo
  • About Us
  • Home
  • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In
Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2022-2026 minembwe - by MCN.

Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?