• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.

minebwenews by minebwenews
August 25, 2025
in Regional Politics
0
U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Reverien Ndikuriyo, umunyamabanga mukuru w’i shyaka riri ku butegetsi mu Burundi rya CNDD-FDD, yatangaje ko u Burundi butazabana neza n’u Rwanda mu gihe ruzaba rutarabashyikiriza abantu babwo bagerageje gukuraho ubutegetsi bwa Peter Nkurunziza wayoboye iki gihugu cy’u Burundi.

Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru, icyo yagiriye mu ntara ya Bunyerere, akaba yarakiganiriyemo ingingo zitandukanye zirimo ubukene buvuza ubuhuha mu gihugu cye, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, itahuka ry’impunzi, gufungura imipaka no kuzahura umubano w’u Burundi n’u Rwanda.

Abanyamakuru bamubajije igihe u Burundi bwenda kuzafungura imipaka yabwo ibuhuza n’u Rwanda, maze abasubiza ko igihugu cye kititeguye kubana neza n’u Rwanda mu gihe kitarashyikiriza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza mu 2015.

Yagize ati: “Leta y’u Rwanda ikwiye kudushikiriza abagerageje gukora coup d’etat. Niramuka itabikoze ntabwo tuzabana nayo neza kubera ko Abarundi bariyubaha bakihesha n’agaciro.”

U Burundi bwafunze imipaka mu kwezi kwa mbere umwaka wa 2024. Hari nyuma y’aho bwari butangiye gushinja u Rwanda gufasha umutwe uburwanya wa Red-Tabara nyuma yigihe gito uyu mutwe ugabye ibitero muri zone Gatumba muri Bujumbura.

Muri icyo gihe u Rwanda rwasubije u Burundi ko ibyo bwatangaje atari ukuri, ngo kuko u Rwanda rudafite aho ruhuriye n’umutwe uwo ari wo wose w’i Burundi witwaje intwaro.

Ubundi kandi u Rwanda ruvuga ko rutazohereza u Burundi abagerageje gukora coup d’etat, kuko ruramutse rubikoze rwaba rwishe itegeko mpuzamahanga rirengera impunzi.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi mu 2015, ubwo mu Burundi hagerahezwa kuba coup d’etat.

Yari Coup d’etat yariyobowe n’umusirikare General Godefroid Niyombare, yayikoze ubwo perezida Nkurunziza yari yagiye muri Tanzania mu nama y’abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afrika y’i Burasirazuba(EAC).

Ariko abasirikare bari ku ruhande rwa Nkurunziza basubijeho ubutegetsi rugikubita, nibwo Gen Godefroid Niyombare n’abo bari bafatanyije, barimo abasirikare, Abapolisi n’abanyapolitiki bahunze.

U Burundi buvuga ko bahungiye i Kigali mu Rwanda, bukanasaba ko boherezwa mu rwego rwo kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera, aribyo u Rwanda ruhera ko ruvuga ko byaba ari ukwica amategeko mpuzamahanga arengera impunzi.

Kutavuga rumwe ku mpande zombi byatumye bigira ingaruka zo gufunga imipaka.

Ifungwa ry’imipaka rigira ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa bwakorwaga hagati y’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande u Rwanda na rwo rushinja u Burundi gucudika n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Hari n’amakuru avuga ko FDLR yagiye gutabara u Burundi ubwo bwabagamo kugerageza gukora coup d’etat.

Binavugwa ko mu gihe haba gusenya uyu mutwe byaburundu, wahungira i Burundi, ndetse bakongeraho ko mu gihe intambara yaba muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, uyu mutwe wahita uhungira i Bujumbura.

FDLR ni umutwe uteje ikibazo ahanini ku mutekano ndetse ugira uruhare ku mutekano muke ukunze kurangwa mu Burasirazuba bwa RDC.

U Rwanda runakunze kugaragaza ko igihe cyose uwo mutwe uzaba ugihari, ruzakomeza narwo ingamba z’ubwirinzi.

Tags: BurundiRwandaUmubano
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Abantu 14 barimo n’abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

Abantu 14 barimo n'abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?