• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.

minebwenews by minebwenews
August 25, 2025
in Regional Politics
0
U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.
78
SHARES
2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

U Burundi bwongeye kuvuga iby’umubano warwo n’u Rwanda burutega n’iminsi.

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Reverien Ndikuriyo, umunyamabanga mukuru w’i shyaka riri ku butegetsi mu Burundi rya CNDD-FDD, yatangaje ko u Burundi butazabana neza n’u Rwanda mu gihe ruzaba rutarabashyikiriza abantu babwo bagerageje gukuraho ubutegetsi bwa Peter Nkurunziza wayoboye iki gihugu cy’u Burundi.

Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru, icyo yagiriye mu ntara ya Bunyerere, akaba yarakiganiriyemo ingingo zitandukanye zirimo ubukene buvuza ubuhuha mu gihugu cye, ibura ry’ibikomoka kuri peteroli, itahuka ry’impunzi, gufungura imipaka no kuzahura umubano w’u Burundi n’u Rwanda.

Abanyamakuru bamubajije igihe u Burundi bwenda kuzafungura imipaka yabwo ibuhuza n’u Rwanda, maze abasubiza ko igihugu cye kititeguye kubana neza n’u Rwanda mu gihe kitarashyikiriza abagerageje guhirika ubutegetsi bwa Nkurunziza mu 2015.

Yagize ati: “Leta y’u Rwanda ikwiye kudushikiriza abagerageje gukora coup d’etat. Niramuka itabikoze ntabwo tuzabana nayo neza kubera ko Abarundi bariyubaha bakihesha n’agaciro.”

U Burundi bwafunze imipaka mu kwezi kwa mbere umwaka wa 2024. Hari nyuma y’aho bwari butangiye gushinja u Rwanda gufasha umutwe uburwanya wa Red-Tabara nyuma yigihe gito uyu mutwe ugabye ibitero muri zone Gatumba muri Bujumbura.

Muri icyo gihe u Rwanda rwasubije u Burundi ko ibyo bwatangaje atari ukuri, ngo kuko u Rwanda rudafite aho ruhuriye n’umutwe uwo ari wo wose w’i Burundi witwaje intwaro.

Ubundi kandi u Rwanda ruvuga ko rutazohereza u Burundi abagerageje gukora coup d’etat, kuko ruramutse rubikoze rwaba rwishe itegeko mpuzamahanga rirengera impunzi.

Umubano w’ibihugu byombi wajemo agatotsi mu 2015, ubwo mu Burundi hagerahezwa kuba coup d’etat.

Yari Coup d’etat yariyobowe n’umusirikare General Godefroid Niyombare, yayikoze ubwo perezida Nkurunziza yari yagiye muri Tanzania mu nama y’abakuru b’ibihugu by’umuryango wa Afrika y’i Burasirazuba(EAC).

Ariko abasirikare bari ku ruhande rwa Nkurunziza basubijeho ubutegetsi rugikubita, nibwo Gen Godefroid Niyombare n’abo bari bafatanyije, barimo abasirikare, Abapolisi n’abanyapolitiki bahunze.

U Burundi buvuga ko bahungiye i Kigali mu Rwanda, bukanasaba ko boherezwa mu rwego rwo kugira ngo bakurikiranwe n’ubutabera, aribyo u Rwanda ruhera ko ruvuga ko byaba ari ukwica amategeko mpuzamahanga arengera impunzi.

Kutavuga rumwe ku mpande zombi byatumye bigira ingaruka zo gufunga imipaka.

Ifungwa ry’imipaka rigira ingaruka ku rujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa bwakorwaga hagati y’ibihugu byombi.

Ku rundi ruhande u Rwanda na rwo rushinja u Burundi gucudika n’umutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Hari n’amakuru avuga ko FDLR yagiye gutabara u Burundi ubwo bwabagamo kugerageza gukora coup d’etat.

Binavugwa ko mu gihe haba gusenya uyu mutwe byaburundu, wahungira i Burundi, ndetse bakongeraho ko mu gihe intambara yaba muri Uvira muri Kivu y’Amajyepfo, uyu mutwe wahita uhungira i Bujumbura.

FDLR ni umutwe uteje ikibazo ahanini ku mutekano ndetse ugira uruhare ku mutekano muke ukunze kurangwa mu Burasirazuba bwa RDC.

U Rwanda runakunze kugaragaza ko igihe cyose uwo mutwe uzaba ugihari, ruzakomeza narwo ingamba z’ubwirinzi.

Tags: BurundiRwandaUmubano
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Abantu 14 barimo n’abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

Abantu 14 barimo n'abanyamahanga bakatiwe urwo gupfa muri RDC.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?