• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, October 14, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yagiriwe inama yo kudakinisha jenoside

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 28, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage
83
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Thisekedi yagiriwe inama yokudakinisha jenoside

You might also like

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yasabwe kuzirikana igisobanuro cya Jenocide, agaragarizwa ko ubu bwicanyi buba bugamije kurimbura ubwoko runaka, bityo kubukinisha bidakwiye.

Byagarutsweho na minisitiri w’ubanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungurehe, wavuze ko jenocide atari igikinisho, asaba Tshisekedi kudakomeza guhindura abicwa abicanyi.

Aha hari mu kiganiro minisitiri Nduhungurehe yagiranye n’umunyamakuru witwa Venuste Nshimiyimana.

Yamubwiye ko Tshisekedi yatinyutse gushinja abandi gukora jenocide mu gihugu cye, ariko yirengangiza ko akorana n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ndetse kandi ngo yirengangije ubwicanyi Wazalendo bafashwa na Leta ye bakorera abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi batuye mu Burasirazuba bw’iki gihugu cye.

Mu nama iheruka y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye ya 80 yateranye ku itariki ya 24/09/2025, Tshisekedi yabwiye abari bayitabiriye ko bakwiye kwemeza ko hari jenocide iri gukorerwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Ariko ntiyarasuye ubwoko cyangwa itsinda ryabari gukorerwa iyo jenocide, ahamya gusa ko ibibera mu Burasirazuba bw’igihugu ayobora atari intambara isanzwe ahubwo ko ari jenocide ikorwa bucece.

Nduhungurehe yamaganye iyi mvugo ya Tshisekedi imbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye, ashingiye kubimenyetso bifatika agaragaza uburyo Abanye-kongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicwa, kandi bakicwa n’imitwe yitwaje intwaro ifashwa na perezida Felix Tshisekedi.

Muri iki kiganiro umunyamakuru yabajije minisitiri Nduhungurehe niba atari ukwitana bamwana hagati ye na Tshisekedi, na we amusubiza ko jenocide itari igikinisho.

Yagize ati: “Genocide ntabwo ari igikinisho, ahubwo ni icyaha cyateganyijwe n’amasezerano mpuzamahanga, kigaragazwa no kwibasira ubwoko ugamije kubumaraho burundu.”

Yakomeje avuga ko atumva uburyo perezida Felix Tshisekedi ajya imbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye ngo apfe kuvuga jenocide biri aho gusa byo mu kirere kandi azi neza igisobanuro cyayo.

Yanavuze kuri FDLR izwiho ko ifatanya n’ubutegetsi bwa RDC, kandi yarakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Avuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwageze aho buha ikaze uyu mutwe, ndetse kandi ko buwuha inkunga ahanini ijyanye n’ibikoresho bya gisirikare.

Hajeru y’ibyo yagaragaje ko perezida Felix Tshisekedi ari we wahaye Wazalendo intwaro, mu gihe bizwi ko aba barwanyi ari bo babiba urwangano mu Banye-Congo, kandi ko banica abaturage bakanibasira cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yanibukije ibyabaye mu kwezi kwa cumi umwaka wa 2023, ubwo imitwe yitwaje intwaro irimo Nyatura, Mai Mai na FDLR yatwitse inzu zigera kuri 300 zo mu gace ka Nturo muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Izo nzu zose zatwitswe zari iz’Abatutsi.

Mu gosoza, minisitiri Nduhungurehe yasobanuye ko ibyo ari ibyaha bigize jenocide.

Tags: AbatutsiJenocideRdcTshisekedi
Share33Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y’ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel

Ubutumwa perezida Kagame yatanze nyuma y'ibyo Tshisekedi yatangarije i Brussel Perezida Paul Kagame w'u Rwanda yatangaje ko umuntu agize ikibazo akabombolekana nk'ingungura irimo ubusa, na we yaba afite...

Read moreDetails
Next Post
Umukwabo wakorewe i Goma wafatiwemo n’abarimo abapasitori

Undi yaraye yiciwe mu rugo iwe i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?