• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Perezida Tshisekedi yagiriwe inama yo kudakinisha jenoside

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 28, 2025
in Regional Politics
0
Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Thisekedi yagiriwe inama yokudakinisha jenoside

You might also like

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yasabwe kuzirikana igisobanuro cya Jenocide, agaragarizwa ko ubu bwicanyi buba bugamije kurimbura ubwoko runaka, bityo kubukinisha bidakwiye.

Byagarutsweho na minisitiri w’ubanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungurehe, wavuze ko jenocide atari igikinisho, asaba Tshisekedi kudakomeza guhindura abicwa abicanyi.

Aha hari mu kiganiro minisitiri Nduhungurehe yagiranye n’umunyamakuru witwa Venuste Nshimiyimana.

Yamubwiye ko Tshisekedi yatinyutse gushinja abandi gukora jenocide mu gihugu cye, ariko yirengangiza ko akorana n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Ndetse kandi ngo yirengangije ubwicanyi Wazalendo bafashwa na Leta ye bakorera abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi batuye mu Burasirazuba bw’iki gihugu cye.

Mu nama iheruka y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye ya 80 yateranye ku itariki ya 24/09/2025, Tshisekedi yabwiye abari bayitabiriye ko bakwiye kwemeza ko hari jenocide iri gukorerwa mu Burasirazuba bwa RDC.

Ariko ntiyarasuye ubwoko cyangwa itsinda ryabari gukorerwa iyo jenocide, ahamya gusa ko ibibera mu Burasirazuba bw’igihugu ayobora atari intambara isanzwe ahubwo ko ari jenocide ikorwa bucece.

Nduhungurehe yamaganye iyi mvugo ya Tshisekedi imbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye, ashingiye kubimenyetso bifatika agaragaza uburyo Abanye-kongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicwa, kandi bakicwa n’imitwe yitwaje intwaro ifashwa na perezida Felix Tshisekedi.

Muri iki kiganiro umunyamakuru yabajije minisitiri Nduhungurehe niba atari ukwitana bamwana hagati ye na Tshisekedi, na we amusubiza ko jenocide itari igikinisho.

Yagize ati: “Genocide ntabwo ari igikinisho, ahubwo ni icyaha cyateganyijwe n’amasezerano mpuzamahanga, kigaragazwa no kwibasira ubwoko ugamije kubumaraho burundu.”

Yakomeje avuga ko atumva uburyo perezida Felix Tshisekedi ajya imbere y’inteko rusange y’umuryango w’Abibumbye ngo apfe kuvuga jenocide biri aho gusa byo mu kirere kandi azi neza igisobanuro cyayo.

Yanavuze kuri FDLR izwiho ko ifatanya n’ubutegetsi bwa RDC, kandi yarakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Avuga ko ubutegetsi bwa Kinshasa bwageze aho buha ikaze uyu mutwe, ndetse kandi ko buwuha inkunga ahanini ijyanye n’ibikoresho bya gisirikare.

Hajeru y’ibyo yagaragaje ko perezida Felix Tshisekedi ari we wahaye Wazalendo intwaro, mu gihe bizwi ko aba barwanyi ari bo babiba urwangano mu Banye-Congo, kandi ko banica abaturage bakanibasira cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Yanibukije ibyabaye mu kwezi kwa cumi umwaka wa 2023, ubwo imitwe yitwaje intwaro irimo Nyatura, Mai Mai na FDLR yatwitse inzu zigera kuri 300 zo mu gace ka Nturo muri teritware ya Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Izo nzu zose zatwitswe zari iz’Abatutsi.

Mu gosoza, minisitiri Nduhungurehe yasobanuye ko ibyo ari ibyaha bigize jenocide.

Tags: AbatutsiJenocideRdcTshisekedi
Share34Tweet21Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges

The Fifth Meeting in Washington Between Rwanda and the DRC Highlights Progress and Remaining Challenges As part of ongoing efforts to find a lasting solution to the long-standing...

Read moreDetails

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye

Inama ya Gatanu i Washington hagati y’u Rwanda na RDC yagaragaje aho ibintu bigeze n’imbogamizi zisigaye Mu rwego rwo gukomeza gushakira umuti urambye ibibazo by’umutekano bimaze igihe mu...

Read moreDetails

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi adaciye ku ruhande yatangaje amagambo akakaye ku rubuga rwitwa “Imbwa”

Impinduka zikomeye mu Ngabo z’u Burundi nyuma y’iturika rikomeye ry’ububiko bw’intwaro i Bujumbura Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yakoze ivugurura rikomeye mu buyobozi bw’ingabo, ririmo guhindura abayobozi bashinzwe...

Read moreDetails

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC

Les États-Unis envisagent de transférer des réfugiés afghans en RDC Dans le cadre de discussions menées dans la plus grande discrétion, les États-Unis d’Amérique sont en pourparlers avec...

Read moreDetails

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

by Bahanda Bruce
April 23, 2026
0
Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC

Amerika igiye kwimurira impunzi z’Abanyafghanistan muri RDC Mu biganiro bikomeje kurangwa n’ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku...

Read moreDetails
Next Post
Umukwabo wakorewe i Goma wafatiwemo n’abarimo abapasitori

Undi yaraye yiciwe mu rugo iwe i Uvira muri Kivu y'Amajyepfo

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?