• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home World News

Uwahoraga avuga ko azica perezida wa Amerika Joe Biden, yishwe arashwe na FBI.

minebwenews by minebwenews
September 19, 2024
in World News
0
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Umugabo wahoraga avuga ko azica perezida Joe Biden muri Utah yarashwe na FBI arapfa mbere yuko Biden agera murako gace .

You might also like

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Yanditswe na Bruce Bahanda, tariki 13/08/2023, saa 9:10Am, kumasaha ya Bukavu na Minembwe.

Craig Deleeuw Robertson, wari mu kigero cy’imyaka 70, yapfuye ubwo abakozi badasanzwe ba FBI bagaba igitero iwe kugira ngo bamufate i Provo, mu majyepfo y’Umujyi wa Salt Lake City.

Bwana Perezida Biden yahise asobanurirwa icyo gitero akiri muri New Mexico, mbere yuko yerekeza muri Utah.

Amafoto yashyizwe ahagaragara na Robertson ku mbuga nkoranyambaga yerekanaga ko afite imbunda zirimo ibikoresho bya Sniper ndetse n’izindi mbunda zitandukanye zikoresha ikoranabuhanga ry’ifashishwa muriki gihe. Yarafite kandi n’ibikoresho bya kamera bizwi ku izina rya “koti ya ghillie.”

Abayobozi bakora mw’iperereza batangiye kumukoraho iperereza kuva mukwezi kwa Mbere uyu mwaka.

Mbere yuko iki gitero kigabwa kwa Robertson, abashinjacyaha bari batanze ikirego ku mucamanza mukuru ko Robertson akora itera ubwoba kuri perezida w’igihugu, ndetse ko anashira igitsure kubashinzwe kurinda perezida Joe Biden.

Imbuga nkoranyambaga zakoreshwa ga na Robertson zagiye zigaragaza ibyo yifuza akoresheje inyandiko aho yakangishaga Joe Biden ko azamwica. Yongeye kugaragara akangisha Visi perezida wa Amerika Kamala Harris, ibi yabikoraga akoresheje inyandiko kumbuga nkoranya mbaga.

Nyuma y’urupfu rwa Robertson, Bwana Biden yahise asura uburengerazuba bwa Amerika akaba yari ateganijwe guhaguruka mu ijoro ryo ku wa gatatu avuye Albuquerque, muri New Mexico, yerekeza mu mujyi wa Salt Lake City.

Ku wa mbere, ku rubuga nkoranyambaga, Robertson yaranditse ati: “Ndumva Biden aje muri Utah. Reka noze umukungugu ku mbunda ya M24 ya sniper. umukunzi mukuru araje maze mwirenze!”

Mu nyandiko za Robertson, yagiye yandika kumbuga nkoranyambaga harimo izo yanditse mukwezi kwa Cyenda(9) umwaka ushize , yaranditse ati: “Igihe kirageze kugira ngo perezida yicwe cyangwa abure. Nzabanza Joe Biden nyumaye nzica Kamala Harris !!!”

Mu kirego uwishwe arashwe Robertson, ashinjwa harimo amashusho yari yashyize ahagaragara ku mbunda ye, harimo n’imbunda imwe yifashisha yise “Demokarasi.”

Yateye ubwoba kandi umushinjacyaha mukuru wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Merrick Garland n’umushinjacyaha mukuru wa New York, Letitia James.

Mubusanzwe Robertson, yari umucuruzi wo gukora ibiti. Ku mbuga nkoranyambaga we ubwe yavuze ko yari amaze imyaka 45 akora nk’umugenzuzi w’ibyuma no gusudira mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru no gutangiza ubucuruzi bwo gukora ibiti, buzobereye mu “gushushanya ibicuruzwa.”

Urwego rw’ingabo zishinzwe kurinda perezida w’ Amerika, rwatangaje ati: “Tuzi ko iperereza rya FBI ririmo gukorwa kumuntu umwe gusa! Muri leta ya Utah wagaragaje iterabwoba ku bashinzwe umutekano.”

Robertson, mubindi yakoraga yagaragaza ga amashusho y’imbunda atunze iwe murugo.
Umuvugizi wa FBI yagize ati: “FBI ifatana uburemere ibintu byose byo kurasa birimo abakozi bacu cyangwa itsinda ry’abakozi.”

Robertson kandi yari yarateye ubwoba umushinjacyaha w’akarere ka Manhattan, Alvin Bragg.

Mu mbuga nkoranyambaga imwe murizo yasobanuye ko Robertson yavuze ko arihafi kwerekeje i New York kugira ngo “aje gusohoza inzozi ze zokugirira nabi abo yifuza barimo abategetsi.”

Igitero cya FBI cyabaye saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo (6.30Am) ku wa gatatu. Kigabwa kurugo rwa Robertson maze aza kwicwa arashwe!

Robertson yari y’itwaje imbunda igihe abakozi ba FBI bageraga iwe murugo. Nyuma Idirishya ry’inzu ye ryari ryamaze kw’ikingura arinaho baboneye ubufasha barasa muciciro Robertson.

Tags: BidenFBIUwahoraga avuga ko azicaYishe
Share24Tweet15Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

by Bahanda Bruce
September 8, 2025
0
IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza

IDF yateguje gukora ibitero karahabutaka kuri Gaza Ingabo za Israel (IDF) zatangaje ko zifite umugambi wo kugaba ibitero bikomeye no gusenya umujyi wa Gaza ugenzurwa n'abarwanyi bo mu...

Read moreDetails

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y’ingabo avuga n’impamvu

Perezida Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo avuga n'impamvu Perezida wa Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yahinduye izina rya minisiteri y'ingabo ayita minisiteri y'intambara, avuga ko isi...

Read moreDetails

Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

by Bahanda Bruce
September 6, 2025
0
Icyemezo gikakaye n’icyo ubutabera bw’i Dubai bwafashe ku mwana w’umukobwa w’imyaka 23

Icyemezo gikakaye n'icyo ubutabera bw'i Dubai bwafashe ku mwana w'umukobwa w'imyaka 23 Umukobwo w'imyaka 23 y'amavuko witwa Mia O'Brien ukomoka mu ntara ya Liverpool mu Bwongereza urukiko rw'i...

Read moreDetails

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango

U Bushinwa bwamuritse intwaro nshya zitari zizwi ko buzigira, bitera isi icyikango Mu karasisi gakomeye aho u Bushinwa bwamuritse intwaro zimwe zitari zizwi hamwe n'abasirikare ibihumbi batambuka badasobanya,...

Read moreDetails

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

by minebwenews
August 31, 2025
0
U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban

U Burusiya bwavuze impamvu bugiye gutera inkunga Aba-Taliban Guverinoma y'u Burusiya yasezeanyije iy'Aba-Taliban kuyitera inkunga kurushaho uko bwahoraga buyibatera. Bisanzwe bizwi ko Leta y'Aba-Taliban ko ari yo iyoboye...

Read moreDetails
Next Post

Mali and France have indefinitely suspended the issuance of Visas to their nationals.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?