• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, April 21, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Abanyamulenge bangiwe kwinjira mu nama yateguwe na perezida Felix Tshisekedi

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
September 24, 2025
in Conflict & Security
0
Perezida Tshisekedi yongeye kwikoma u Rwanda, noneho anarushinja ku mutwara abaturage
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abanyamulenge bangiwe kwinjira mu nama yateguwe na perezida Felix Tshisekedi

You might also like

Inkuru iteye ubwoba mu nzira ya Kipupu–Uvira

Un récit alarmant sur l’axe Kipupu–Uvira

L’OIM dément les déclarations de la Première ministre Judith Suminwa sur un prétendu accord entre la RDC et les États-Unis

Abanye-kongo bavuga ururimi rw’ikinyarwanda barimo n’abayoboye Imiryango ibahuriza muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bangiwe kwinjira mu nama yateguwe na Leta y’i Kinshasa i New York. Babashinja gusa na Major General Sultan Makenga uyoboye ingabo za ARC/M23.

Iyi nama yari yatumiwemo abanyekongo n’inshuti zabo, kugira ngo baganire kuri genocide Kinshasa imaze iminsi ivuga ko yakorewe abaturage bayo mu bice bitandukanye byo mu burasirazuba bw’igihugu.

Bamwe mu bangiwe kwinjira muri iyo nama, barimo umuyobozi wa Mahoro Peace Association n’uwa Isoko, Imiryango yombi igizwe n’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Kivu yepfo na Kivu Yaruguru. Bavuga ko batunguwe no kubona bangiwe kwinjira mu nama y’Abanye-kongo, babaziza ko basa na General Sultan Makenga.

Muri aba bayobozi bangiwe, nka Safari Munyarugendo yagize ati: “Twageze ahagombaga kubera inama saa tatu, tuhagera ku gihe cyari gitegerejwe. Nyuma yo kugera ku muryango aho bagombaga kureba ko twiyandikishije, natangajwe no kubona ahanditse amazina yacu. Izina ryanjye ryari ryanditse mu ibara ry’umuhondo, bambwira ko ngomba kujya ku ruhande ikibazo cyanjye bakaza kucyigaho.”

Yakomeje ati: “Abashinzwe umutekano wa perezida Thisekedi ni bo baje kutugaragariza ikibazo neza uko giteye. Bavuga ko amazina yacu atari aya abanyekongo ahubwo akomoka mu bindi bihugu, ndetse ko n’amasura yacu adasa n’aya banyekongo, hubwo ko dusa na Major General Sultan Makenga urwanya ubutegetsi bwabo.”

Munyarugendo yanavuze ko ibyo bakorewe n’ibyo babwiwe bibateye agahinda, ndetse ko bigombwa gutekerezwaho cyane.

Ati: “twakorewe ibintu bibi cyane. Kandi ni ni gisebo gikomeye kuri Leta ya Congo n’abaturage bayo. Kuvangura abaturage ni kimwe no kubica ukabarimbura.”

Umuyobozi wa Mahoro Peace Association, Douglas Kabunda na we yavuze ko barenganyijwe.

Yagize ati: “Akarengane duhora dukorerwa muri RDC noneho bakazanye ni no muri America. Igitangaje Leta ni yo ikazanye no mu mahanga.

Yakomeje avuga ko leta y’i Kinshasa kubeshya amahanga ko nta jenocode abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi ikorera, ari ibinyoma, ngo kuko ivangura ryonyine igaragaje ribihamya.

Tubibutsa ko iyi nama yari yatumiwemo Meya w’umujyi wa New York, nyuma y’iyo nama Mahoro Peace Association yamwandikiye imugaragariza ko yari igamije gupfobya jenocide ikorerwa Abatutsi muri RDC.

Tags: AbanyamulengeInamaNew YorkTshisekedi
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Inkuru iteye ubwoba mu nzira ya Kipupu–Uvira

by Bahanda Bruce
April 21, 2026
0
Inkuru iteye ubwoba mu nzira ya Kipupu–Uvira

Inkuru iteye ubwoba mu nzira ya Kipupu–Uvira Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ahakomeje kuvugwa ibibazo by’umutekano muke bimaze imyaka myinshi, hiyongereyeho inkuru iteye inkeke ku...

Read moreDetails

Un récit alarmant sur l’axe Kipupu–Uvira

by Bahanda Bruce
April 21, 2026
0
Un récit alarmant sur l’axe Kipupu–Uvira

Un récit alarmant sur l’axe Kipupu–Uvira Dans l’est de la République démocratique du Congo, une région en proie depuis de nombreuses années à une insécurité persistante, un nouvel...

Read moreDetails

L’OIM dément les déclarations de la Première ministre Judith Suminwa sur un prétendu accord entre la RDC et les États-Unis

by Bahanda Bruce
April 20, 2026
0
L’OIM dément les déclarations de la Première ministre Judith Suminwa sur un prétendu accord entre la RDC et les États-Unis

L’OIM dément les déclarations de la Première ministre Judith Suminwa sur un prétendu accord entre la RDC et les États-Unis Alors que la controverse s’intensifie autour d’un accord...

Read moreDetails

OIM Yamaganye Ibyatangajwe na Minisitiri Judith Suminwa ku Masezerano ya RDC na Amerika

by Bahanda Bruce
April 20, 2026
0
OIM Yamaganye Ibyatangajwe na Minisitiri Judith Suminwa ku Masezerano ya RDC na Amerika

OIM Yamaganye Ibyatangajwe na Minisitiri Judith Suminwa ku Masezerano ya RDC na Amerika Mu gihe impaka zikomeje gufata indi ntera ku masezerano bivugwa ko ari hagati ya Repubulika...

Read moreDetails

Moïse Katumbi Yatangaje Icyerekezo Gishya ku Baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

by Bahanda Bruce
April 20, 2026
0
Moïse Katumbi Yatangaje Icyerekezo Gishya ku Baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Moïse Katumbi Yatangaje Icyerekezo Gishya ku Baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), umwe mu banyapolitiki bakomeye ndetse wigeze...

Read moreDetails
Next Post
Ibihugu birimo Canada byasabye abaturage babyo kwirinda gukorera ingendo mu Burundi

Ibihugu birimo Canada byasabye abaturage babyo kwirinda gukorera ingendo mu Burundi

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?