Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abarwayi ba Sida mu gahinda kenshi nyuma y’aho Amerika igize ibyo ihagarika kubyo yabafashaga.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 25, 2025
in Regional Politics
0
Abarwayi ba Sida mu gahinda kenshi nyuma y’aho Amerika igize ibyo ihagarika kubyo yabafashaga.
84
SHARES
2.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abarwayi ba Sida mu gahinda kenshi nyuma y’aho Amerika igize ibyo ihagarika kubyo yabafashaga.

You might also like

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Umuryango w’Abanyamerika uzwi nka USAID wafashe icyemezo cyo guhagarika inkunga watanga mu bihugu bimwe byo muri Afrika, ibibonwa ko bizagira ingaruka ku mibereho yabatari bake, ahanini ku barwayi ba Sida baribasanzwe bafashwa n’uwo mushinga.

Nko mu Rwanda, USAID yafashaga imishinga myinshi yo mu rwego rw’ubuzima, uburezi n’izindi nzego ndetse hari naho yafashaga mu mishinga ya Leta.

Umuryango wa “Save the children” ni umwe mu mishinga izagerwaho n’ingaruka, kuko wategwaga inkunga na USAID.

BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko yahawe ubuhamya n’umwe mubagendana ubwandu bwa Sida, akaba yari mubafataga imiti igabanya ubukana bwa Sida ndetse n’amafunguro yo kubafasha guhendahenda ubuzima.

Uwo mugabo yabwiye iki gitangazamakuru ko ihagarikwa ry’inkunga ya USAID, cyane cyane ku muryango we w’amikoro make rishobora kuzabagiraho ingaruka zikomeye.

Yagize ati: “Baduhaga ibijyanye n’imirire nk’ifu ndetse n’ibinini. Dufite impungenge cyane ko ubuzima bwacu bwahungabana kubera iyi nkunga ihagaze. Ni ukudutabara kuko benshi muri twe batangiye kwiheba.”

Umuryango mpuzamahanga wita kubana, “save the children,” na wo uri kurutonde rw’iyabonaga inkunga ya USAID mu gushyira mu bikorwa imwe mu mishinga yawo.

Uyu mushinga uvuga ko bimwe mu bikorwa byawo bizahungabana, cyane cyane ibyakorerwaga mu nkambi z’impunzi.

Umwe mu bahagarariye uwo mushinga mu Rwanda no mu Burundi yabwiye kiriya gitangazamakuru aho biteze impinduka zikomeye.

Ati: “Twari dufite imishinga yo guteza imbere imirire ndetse no kwigisha abana gusoma no kwandika. Iyi ni imishinga twakoreraga mu nkambi z’impunzi. Iyi yose izahungabana niba nta kindi gisubizo kibonetse vuba.

Mu nkambi zitandukanye, uyu mushinga uvuga ko wafashaga abana n’abagore basaga ibihumbi 150, bagiye kugirwaho ingaruka n’ihagarara ry’iyi nkunga.

Gusa hari icyizere ko bakigerageza, kandi ko bishobora kuzakunda, nk’uko uwo muyobozi abivuga.

Ati: “Save the children ni umuryango ukomeye kandi wakoranye na benshi . Turatekereza ko hari abazadufasha muri iki gikorwa cy’ingenzi. Ni ngombwa ko haboneka uburyo bwo gusimbura inkunga y’Abanyamerika igiye guhagarara.”

Ibi byatumye ubutegetsi bwo muri ibi bihugu byo muri Afrika, harimo n’u Rwanda bikangurira abaturage guhaguruka bagakora kugira ngo barwanye icyahungabanya ubuzima bwabo.

Tags: ImfashanyoSidaUSAID
Share34Tweet21Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye.

Kera kabaye u Burundi bwafunze padiri kubera Misa yasomye. Butoti Paul, umusaseridoti wa kiliziya gatolika i Bujumbura, yahagaritswe n'inzego zishinzwe umutekano kubera misa yasomeye muri ekeleziya gatolika. Ku...

Read moreDetails

Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

by Bruce Bahanda
June 16, 2025
0
Nyuma yo guhura n’abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye.

Nyuma yo guhura n'abayobozi ba AFC/M23, umuyobozi wa MONUSCO yavuze icyo yizeye. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye muri Congo, akaba n'umuyobozi wa MONUSCO, Bintou Keita yizeye ko...

Read moreDetails

Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

by Bruce Bahanda
June 15, 2025
0
Ibyo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Congo si byanone.

Ibyo gusinya amasezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na Congo si byanone. Mu gihe Leta Zunze ubumwe z'Amerika zifuza ko u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo muri...

Read moreDetails

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

by Bruce Bahanda
June 14, 2025
0
Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi.

Byakomeye i Washington DC hoherejwe intumwa kuja gushinja Tshisekedi kuyobora nabi. Kikaya Bin Karubi, usanzwe ari mu bantu bahora hafi ya Joseph Kabila Kabange, akaba n'umujyamama we, ni...

Read moreDetails

Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

by Bruce Bahanda
June 13, 2025
0
Kenya department Of Refugee Service Crack Down on Sim Card Fraud.

Kenya Department of Refugee Service Cracks Down on SIM Card Fraud The Department of Refugee Service (DRS) has issued a stern warning to refugees in Kenya, urging them...

Read moreDetails
Next Post
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y’amateka akomeye.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano y'amateka akomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?