Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Abaturage ba Congo Kinshasa bemerewe ubufasha bukomeye.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
August 7, 2024
in Regional Politics
0
Abaturage ba Congo Kinshasa bemerewe ubufasha bukomeye.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Abaturage ba Congo Kinshasa bemerewe ubufasha bukomeye.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Ni Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zigiye guha ubufasha bw’amafaranga Repubulika ya demokarasi ya Congo angana na miliyoni 414 yo kugoboka abaturage b’iki gihugu.

Aya makuru yamenyekanye nyuma y’ikiganiro ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuhinzi n’ibiribwa, Jeffrey Prescott yagiranye n’ibiro ntara makuru bya Bongereza, Reuters, agaragaza ko iki gihugu cy’Amerika ko kigiye gufasha abaturage ba RDC.

Akaba yanavuze ko aba baturage mu byo bazafashwa ahanini bizanyuzwa muri ONU.

Ndetse kandi akaba yagaragaje ko bazafashwa ibiribwa, amazi meza asukuye kandi ko bazagerageza kubaha ibiribwa bifite intunga mubiri.

Prescott avuga ko yizeye neza ko Leta Zunze Ubumwe z’Amerika izabera urugero ibindi bihugu, nabyo bigakura mu masanduku yabyo imari yo kugoboka Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Ni mu gihe n’umuryango w’Abibumbye, ONU urimo gusaba abanyamuryango bayo gukusanya muri uy’u mwaka amadolari y’Amerika miliyari 2.6 yo gufasha abari mu kaga muri RDC. Inasobanura ko imaze kubona kimwe cya gatatu cyayo.

Kuva mu 2022, intambara ya M23 n’ingabo z’iki gihugu yirukanye mu byabo abaturage barenga miliyoni 1,7 mu Burasirazuba bwa RDC. Biyongereye ku bandi bari basanzwe baravuye mu byabo ku buryo ubu babaye impunzi imbere mu gihugu bashyika miliyoni 7.2.

Muri rusange abaturage ba Repubulika ya demokarasi ya Congo bakeneye imfashanyo zihutirwa barenga miliyoni 25, hafi kimwe cya kane cy’abatuye RDC.

Muri ibi bibazo biteye impungenge harimo iby’abana barenga miliyoni barwaye inkurikizi z’imirire mibi, nk’uko OMS ibitangaza. Harimo kandi n’icyorezo cy’ubushita bw’inkende. Kuva mu ntangiriro z’umwaka ushize w’2023, abantu bagera ku 2,000 barabwanduye cyane abana.

Uyu ambasaderi Prescott yanabwiye kandi ibiro ntara makuru bya Bongereza ko Amerika izaha RDC andi madolari miliyoni 10 mu rwego rw’ubuvuzi na dose 50.000 z’inkingo z’ubushita bw’inkende. Muri rusange, avuga ko kuva mu kwezi kwa Cumi gushize kugeza ubu, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika imaze gusohora amadolari miliyoni 838 y’imfashanyo zihutirwa kuri Congo Kinshasa.

           MCN.
Tags: Abaturage ba RDCAmadolariAmerikaBagiye guhabwa imfashanyo
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa kugira ngo umutekano wa Goma urushyeho kumera neza.

Hatangajwe ikigiye gukorwa kugira ngo umutekano wa Goma urushyeho kumera neza.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?