• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, May 7, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

AFC/M23 Iratabaza ku Rugamba FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi Barimo Rugamije Gufata Minembwe

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
February 3, 2026
in Conflict & Security
0
AFC/M23 Iratabaza ku Rugamba FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi Barimo Rugamije Gufata Minembwe
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

AFC/M23 Iratabaza ku Rugamba FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi Barimo Rugamije Gufata Minembwe

You might also like

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko rihangayikishijwe n’ibikorwa bya gisirikare bikomeje gukorwa n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abambari bayo ingabo z’u Burundi Wazalendo na FDLR rivuga ko bigamije “gufata Minembwe.” Uyu mutwe ushinja Leta ya Kinshasa guhonyora amasezerano yo guhagarika imirwano yari yemeranyijweho n’impande zombi, mu gihe ibiganiro by’amahoro bikomeje kubera i Doha muri Qatar.

Ibi byatangajwe nyuma y’uko AFC/M23 ivuga ko yavuye mu Mujyi wa Uvira mu rwego rwo kubahiriza ayo masezerano, ariko igatangazwa n’ingendo za Leta ya Kinshasa zo kohereza ingabo n’ibikoresho bya gisirikare mu nkengero za Minembwe no mu tundi duce two mu Ntara ya Kivu y’Epfo. AFC/M23 isaba amahanga gushyira igitutu kuri Leta ya RDC kugira ngo ikure ingabo zayo mu bice ivuga ko bihungabanya agahenge.

Ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, abayobozi bo mu nzego za politiki n’igisirikare bakomeje kwirinda kugira icyo batangaza ku mugaragaro ku birego byatanzwe na AFC/M23. Nubwo bimeze bityo, Umuvugizi wa FARDC, Liyetona-Koroneli Mak Hazukay, yatangaje ko nta cyo ateganya kuvuga kuri ibyo birego.

Gusa, Sous-lieutenant Mbuyi Reagan, uvugira FARDC mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yemeje ko imirwano ikomeje, ashimangira ko intego nyamukuru y’ingabo ari ugufata Minembwe. Ati:
“Duhagaze neza mu mirwano iri kubera hagati yacu n’inyeshamba za M23/AFC hamwe n’iza Twirwaneho. Intego ni Minembwe. Nitumara gufata aka karere, ibindi bikorwa bizakurikiraho. Umwanzi ari kuhahombereza bikomeye.”

Umutwe wa Twirwaneho, urwana na FARDC n’abafatanyabikorwa bayo, usanzwe ufatanya na AFC/M23 muri izi ntambara zimaze igihe zihanganishije impande zombi.

Mu byo izi mpande zipfa, harimo n’ibirego by’uko abasivili bagirwaho ingaruka n’imirwano. AFC/M23 ishinja FARDC kurasa ibisasu bya mortiers mu bice bituwe n’abaturage, ibintu FARDC ihakana, ivuga ko ingabo za Leta zirinda kurwanira mu duce dutuwe n’abasivili, ahubwo zikibanda ku kubarinda. Sous-lieutenant Reagan yabwiye itangazamakuru ko ari inyeshamba zishyira ibisasu mu bice bituwe n’abaturage mu buryo budafite intego ya gisirikare, mu gihe FARDC ivuga ko ibikorwa byayo bikorwa hubahirizwa uburenganzira bw’abaturage.

Icyakora, haravugwa ko FARDC n’ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR, bateye ibisasu mu mihana ituwe n’abaturage, ibyo bikaba byarabaye ku wa Gatanu no ku Cyumweru cyo mu mpera z’icyumweru gishize. Ibyo bisasu byasenye amazu y’abaturage ndetse bikomeretsa abaturage benshi.

Iyi mirwano ikomeje mu Ntara ya Kivu y’Epfo mu gihe intumwa za Leta ya Kinshasa n’iza AFC/M23 zasubiye i Doha muri Qatar mu biganiro bigamije gushimangira ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemeranyijweho mbere, birimo guhanahana imfungwa no gukomeza agahenge.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar yatangaje ko izo ntumwa zasinye ku nyandiko y’Inama Mpuzamahanga ku Karere k’Ibiyaga Bigari (CIRGL/ICGLR), nyuma y’inama y’urwego rushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano, yari yateguwe na Qatar mu rwego rwo gushakira umuti urambye intambara imaze igihe mu burasirazuba bwa RDC.

Muri ibyo byemeranyijwe, hasabwe ko MONUSCO yohereza ubutumwa bwihariye mu Mujyi wa Uvira kugira ngo bukurikirane ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro mu minsi iri imbere.

Ni na ho hibukwa ko nyuma y’imirwano ikaze yabereye mu Kibaya cya Rusizi mu ntangiriro z’ukwezi kwa mbere 2025, AFC/M23 yafashe Umujyi wa Uvira ku itariki ya 9 z’uko kwezi, ariko iza kuwuvamo nyuma y’igitutu cy’amahanga, cyane cyane Leta Zunze Ubumwe za Amerika, zagize uruhare mu guhuza Perezida Félix Tshisekedi wa RDC na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu biganiro bigamije amahoro mu karere.

AFC/M23 ivuga ko kuva yava muri Uvira, hakurikiyeho ibikorwa by’urugomo byibasira Abanyamulenge, ibyo Leta ya Kinshasa ihakana. Uwo mutwe ukomeje gusaba amahanga gufata mu maboko ikibazo cy’umutekano w’Umujyi wa Uvira n’uturere tuwukikije, mu rwego rwo gukumira ko intambara yakongera gufata indi ntera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Tags: FardcFDLRGufataMinembweurugamba
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Kwimura ijambo rya Perezida Tshisekedi rishyirwa ku wundi munsi byateje impaka—ni iki cyihishe inyuma?

Impaka zikomeye muri RDC: Ibyo Perezida Tshisekedi ashinjwa ku bijyanye na manda ya gatatu n’igisobanuro gishya ku mvugo ye ku gisirikare Mu Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC),...

Read moreDetails

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises

Inquiétudes croissantes à Bibogobogo après une attaque attribuée aux Mai-Mai dans une zone sous présence des FARDC et des forces burundaises Alors que les autorités de la République...

Read moreDetails

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi

Impungenge ni Nyinshi mu Bibogobogo Nyuma y’Igitero cya Mai Mai mu Gace Karimo FARDC n’Ingabo z’u Burundi Mu gihe ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bukomeje...

Read moreDetails

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne sera pas rétablie sur l’ensemble du territoire national, en particulier dans l’Est du pays.

by Bahanda Bruce
May 7, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

Le président de la République démocratique du Congo, , a déclaré que les élections générales prévues en 2028 ne pourront pas se tenir tant que la sécurité ne...

Read moreDetails

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

by Bahanda Bruce
May 6, 2026
0
RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028

RDC: Perezida Tshisekedi Yatangaje Impamvu Zishobora Gutesha Agaciro Amatora ya 2028 Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yatangaje ko amatora rusange ateganyijwe mu mwaka wa...

Read moreDetails
Next Post
Impuruza ku Byago Bikomeye Biri Kwibasira Abanyamulenge muri RDC

Impuruza ku Byago Bikomeye Biri Kwibasira Abanyamulenge muri RDC

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?