• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Tuesday, September 9, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Agezweho ku mirongo y’urugamba i Walikale hagati ya FARDC na m23.

minebwenews by minebwenews
March 20, 2025
in Regional Politics
0
Agezweho ku mirongo y’urugamba i Walikale hagati ya FARDC na m23.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Agezweho ku mirongo y’urugamba i Walikale hagati ya FARDC na m23.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Abarwanyi bo mu mutwe wa m23 bahanganye n’ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo, bafashe centre ya Walikale iherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nk’uko amasoko yacu atandukanye abivuga.

Ni murugamba rwabaye ejo ku mugoroba wo ku wa gatatu, tariki ya 19/03/2025, aho rwasakiranyije uyu mutwe wa m23 n’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta y’i Kinshasa, rugasiga aba barwanyi bafashe centre ya Walikale.

Kuva ejobundi ku wa kabiri, aba barwanyi barimo barwanira mu nkengero z’iyi centre ya Walikale, iyo baraye bafashe.

Amakuru avuga ko ku cyumweru tariki ya 16/03/2025, ni bwo abarwanyi b’uyu mutwe binjiye muri teritware ya Walikale, aho bayinjiye baciye mu Burasizuba bwayo, nyuma y’aho bari bamaze gufata agace ka Kashebele n’aka Kibati.

Utu duce twafashwe mu gihe ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ryari ryavuye i Pinga rigaba ibitero kuri uyu mutwe wa m23 mu gace wari uheruka gufata ka Nyabyondo ngoryongere rihusubize, bityo uyu mutwe uhita wirukana iri huriro ari nako ugenda urayambura ibi bice byavuzwe haruguru, kugeza ufashe na centre ya Walikale.

Iyi teritware, uyu mutwe wigaruriye ni nini cyane, ubundi kandi ubutaka bwayo bwibitseho amabuye y’agaciro atandukanye, ndetse kandi ikaba itunze n’amashyamba manini.

Uko FARDC n’abambari bayo bateye abarwanyi bo muri uyu mutwe wa m23 ngo ba bambure aho bafashe, ni ho bazira bakayikurikira, hubwo bakarushaho kwagura ibirindiro byabo.

Ni mu gihe no ku wa gatanu wakiriya cyumweru gishyize, nabwo uyu mutwe wari wafashe umujyi muto wa Nteya, ndetse nyuma yabwo naho ufata Kibuya, aha Kibuya ni mubirometero 75 uvuye muri centre ya Walikale.

Hari amakuru avuga ko m23 ihita ikomereza i Kisangani ahari icyicaro gikuru cya zone ya gatatu y’ingabo za Leta ya Congo, Fardc.
Ni amakuru asobanura ko impamvu uyu mutwe ushaka gufata Kisangani ngo ni uko haturuka indege zibarasaho zirimo izo mu bwoko bwa Sukhoi-25 na drone.

Ubwo umuyobozi mukuru wa gisirikare w’uyu mutwe, Maj.Gen. Sultan Makenga yarimukiganiro mu cyumweru gishize, icyo yagiranye na Alain Destexhe wabaye senateri mu Bubiligi, yamubwiye ko i Kisangani haturuka indege zibarasaho, bityo bakaba bashaka kuhafata mu rwego rwo kugira ngo bacecekeshe ubagabaho ibyo bitero by’indege.

Ibyo kandi uyu mutwe wabikoze ubwo wafataga umujyi wa Bukavu n’ikibuga cy’indege cya Kavumu, Kuko wahafashe kumpamvu zuko ariho havaga ibikoresho by’intambara byabarasagaho i Masisi n’i Rutshuru.

Ku rundi ruhande, umuhuza ku makimbirane y’intambara hagati ya Leta ya Congo n’uyu mutwe wa m23, Perezida wa Angola, Joao Lourenco, yatangaje ko agiye gukora ibishoboka byose habe ibiganiro by’amahoro kur’iz’i mpande zishamiranye nyuma y’aho ibyari kuba ubushize bisubitswe mu buryo butunguranye.

Tags: M23WalikaleYahafashe
Share38Tweet24Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
Iby’imishikirano ya RDC n’umutwe wa m23 i Luanda.

Perezida Lowrenco yagize icyo avuga kwisubikwa ry'ibiganiro ndetse avuga n'ikigiye gukurikiraho.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?