• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, March 5, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

minebwenews by minebwenews
May 21, 2025
in Regional Politics
0
Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda.

You might also like

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

Amabuye y’agaciro ya Repubulika ya demokarasi ya Congo nka tungsten, tantalum na tin, ayo iki gihugu cyagiye gishinja u Rwanda kuyacukura mu buryo butemewe n’amategeko, ubu noneho agiye kuzajya arwoherezwamo mu buryo bwemewe n’amategeko.

Ni amakuru yatangajwe n’ibiro ntara makuru by’Abongereza (Reuters), bivuga ko kubera amasezerano y’amahoro ahagarikiwe na Washington DC aho ihuza Kinshasa na Kigali humvikanywe ko amabuye y’agaciro ya Congo agiye kuzajya yoherezwa mu Rwanda kugira ngo ariyo atunganyirizwa abone koherezwa muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Kinshasa yavugaga ko ubutunzi bw’amabuye y’agaciro bwayo ko ari yo nyiribayazana y’amakimbirane hagati y’ingabo zayo n’umutwe wa M23 uwo ivuga ko ushyigikiwe n’u Rwanda mu Burasizuba bwa Congo, uyu mutwe ukaba warakajije umurego mu kwezi kwa mbere uyu mwaka. Bityo RDC ikavuga ko u Rwanda rubyungukiramo cyane, ngo kuko rwinjiza amamiliyoni mirongo y’amadorali y’amabuye y’agaciro anyuzwa ku mupaka buri kwezi kugira ngo agurishwe mu Rwanda.

Amerika yifuza ko amasezerano y’amahoro hagati y’impande zombi azshyirwaho umukono muri uku kwezi gutaha, aherekejwe n’amasezerano y’amabuye y’agaciro agamije kuzana amamiliyari y’amadorali y’abashoramari bo mu burengerazuba bw’Isi, nk’uko Massade Boulos, umujyanama wa perezida Donald Trump muri Afrika yabitangarije Reuters iyo dukesha iyi nkuru.

Anaheruka kubitangaza akoresheje urubuga rwa x, avuga ko Amerika yatanze umushinga wa mbere w’amasezerano ku mpande zombi, nubwo ibiyakubiyemo bitatangajwe.

Bivugwa ko imishyikirano ishobora gutuma amabuye y’agaciro acukurwa kuri ubu mu buryo bwa gakondo mu Burasizuba bwa Congo, hanyuma akajanwa gutunganyirizwa mu Rwanda.

Umuvugizi wa guverinoma ya Kinshasa, mu bibazo yabajijwe yasubije ko byabazwa minisitiri w’ubanye n’amahanga wa RDC, ariko na we ntiyabisubiza. Umwe mu bayobozi bo muri Congo, utashatse ko amazina ye atangazwa, yavuze ko nta bufatanye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bushobora kubaho mu gihe Ingabo z’u Rwanda ndetse n’abo bakorana, bakigenzura uduce twinshi kuruta mbere hose mu Burasizuba bwa Congo.

Yanavuze ko u Rwanda ruzakenera kandi kubahiriza ubusugire bw’i gihugu cyabo kuri buri kintu, harimo n’amabuye y’agaciro.

Naho ku ruhande rw’u Rwanda nk’uko Reuters ikomeza ibivuga, imishyikirano ishobora kuzana amafaranga menshi ashobora kurufasha gusukura ibyari urwego rutemewe mu bukungu bwarwo. Hagataho, Amerika ku ruhande rwayo, bikazayifasha yo n’abafatanyabikorwa bayo kugera ku mubaye y’agaciro ya Congo yacukurwaga ku bwinshi n’u Bushinwa.

Amerika kandi ivuga ko itangazo ryashyizweho umukono mu kwezi gushize, RDC n’u Rwanda byiyemeje gushyiraho uburyo bwo gukurikirana icukurwa ry’ayamabuye y’agaciro mu mucyo, kuva ku birombe kugeza aho atunganyirizwa hahuriye ibihugu byombi, kandi ko bizakorwa ku bufatanye na Leta Zunze ubumwe z’Amerika.

Boulos yatangarije Reuters ko mu cyumweru gishize, abayobozi ba Leta Zunze ubumwe z’Amerika bakoranye inama n’abashoramari bo muri Amerika bagera kuri 30, ahanini bo ku bijyanye no gukorera ubucuruzi mu Rwanda mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, harimo n’ibikorwa byo kuyatunganya.

Tags: Amabuye y'AgaciroAmerikaRwanda
Share35Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

by Bahanda Bruce
March 5, 2026
0
Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza

Uganda Yanze Kwakira Ibirindiro by’Ingabo za Amerika n’u Bwongereza Mu gihe ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’umugabane wa Afurika, Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje...

Read moreDetails

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

by Bahanda Bruce
March 4, 2026
0
Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi

Icyo Amakuru Avuga ku Ndege Itagira Umupilote Yasutse Impapuro Ziha Gasopo u Burundi Mu gihe umwuka w’intambara ukomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Read moreDetails

U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Rwanda Rwasubije Abayobozi ba RDC Bishimiye Ibihano Byafatiwe Bamwe mu Basirikare Barwo na Amerika

U Rwanda rwasubije abayobozi ba RDC bishimiye ibihano byafatiwe bamwe mu basirikare barwo na Amerika Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko ibihano bifatirwa uruhande rumwe...

Read moreDetails

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona

U Burundi mu Mwijima w’Imiyoborere: Aho Abaturage Bishyura Ibyo Batabona Amakuru Minembwe Capital News dukesha inyandiko ya Pacifique Ninanahazwe, uhagarariye ishyirahamwe FECODE ritabariza Abarundi bari mu kaga, agaragaza...

Read moreDetails

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

by Bahanda Bruce
March 3, 2026
0
RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda

RDC Yashimye Ibihano bya Amerika ku Ngabo z’u Rwanda Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika...

Read moreDetails
Next Post
Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y’Epfo umutego ukomeye.

Perezida Trump yavuze ko ntaho ahuriye na RDC anatega Ramaphosa wa Afrika y'Epfo umutego ukomeye.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?