Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amakuru arambuye ku masezerano u Rwanda na RDC byiteze gusinya.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
September 25, 2024
in Regional Politics
1
Amakuru arambuye ku masezerano u Rwanda na RDC byiteze gusinya.
87
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amakuru arambuye ku masezerano u Rwanda na RDC byiteze gusinya.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Umukuru w’igihugu cya Angola, João Lourenço yatangaje ko aheruka guha umushinga u Rwanda na Repubulika ya demokarasi ya Congo w’uko ibi bihugu byombi byemeza ko bisinya amasezerano y’amahoro.

Imyaka igiye kuba itatu, u Rwanda na RDC biri mu bibazo by’amakimbirane y’intambara, aho RDC ishinja Kigali guha ubufasha umutwe wa M23 urwanya ubu butegetsi bwa Kinshasa. Ibi Kigali yagiye ibitera utwatsi, hubwo igashinja iki gihugu kuba gikorana byahafi n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenoside mu Rwanda mu 1994.

Perezida João Lourenço usanzwe ari umuhuza muri ibi bibazo by’u Rwanda na RDC, iby’umushinga w’amahoro hagati y’ibi bihugu byombi yabigarutseho ubwo yari i New York muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ni mu gihe yagezaga ijambo ku nteko rusange ibaye ku nshuro ya 79 y’umuryango w’Abibumbye.

Yasobanuye ko mu rwego rwo gukemura aya makimbirane, impande zihanganye mu Burasirazuba bwa RDC (Ingabo za FARDC na M23) zemeye gutanga agahenge bigizwemo uruhare n’ibiganiro by’i Luanda.

Yagize ati: “Mu rwego rwo gukomeza ibimaze kugerwaho, Angola yatanze icyifuzo cy’amasezerano y’amahoro, igiha Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda.”

Yunzemo kandi ko ibikubiye muri aya masezerano byasuzumwe n’abaminisitiri b’ubanye n’amahanga bo muri ibyo bihugu uko ari bitatu, u Rwanda, Angola na RDC, hagamijwe kumvikana ku buryo hazaterana inama izasinyirwamo ayo masezerano y’amahoro. Yasoje avuga ko aya masezerano agomba kuzasiga u Rwanda na Congo Kinshasa bifite umubano mwiza.

               MCN.
Tags: AmasezeranoAngolaPerezida João LourençoRwandaY'amahoro
Share35Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Ibyo wa menya ku rubyiruko rw’Abanye-kongo rukomeje kwinjira igisirikare.

Ibyo wa menya ku rubyiruko rw'Abanye-kongo rukomeje kwinjira igisirikare.

Comments 1

  1. Rugenerwa Bigangu Jackson says:
    9 months ago

    Bazaya sinyase ryari kwarukubeshana gusaa Bitama kombona kumva kwe bigoye

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?