Amakuru, Impaka n’Ubushyamirane Bikomeje mu Burasirazuba bwa RDC
Mu misozi miremire y’i Mulenge, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, haravugwa igitero cya drone cyasize impaka n’ubwoba mu baturage bo mu bice bya Minembwe, by’umwihariko mu gace ka Mikenke no hakurya y’uruzi rwa Rwiko.
Amakuru aturuka ku baturage batuye muri ibyo bice avuga ko ku manywa yo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 02/05/2026, drone yagaragaye itera ibisasu mu bice bituwe n’abaturage, bikaba byakomereje no mu bindi bice bitandukanye byo hakurya y’uruzi rwa Rwiko muri Minembwe.
Ubuhamya bw’umwe mu baturage bwagize buti:
“Yego, ku manywa drone yateye ibisasu mu Mikenke no hakurya y’uruzi rwa Rwiko.”
Bamwe mu baturage bavuga ko ibi bitero byakurikiye ibindi bikorwa nk’ibi byagiye bivugwa mu minsi ishize, byahitanye abantu, byangiza inzu, imyaka ndetse n’amatungo, bikaba byateye impungenge zikomeye ku mutekano w’abaturage basanzwe batuye muri ibyo bice.
Ku bijyanye n’izi drone, abaturage bavuga ko zikoreshwa n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ku bufatanye n’iz’u Burundi, ndetse n’imitwe bafatanya nka Wazalendo na FDLR.
Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) hamwe na MRDP-Twirwaneho bakunze kugaragaza impungenge ku mutekano w’abaturage bo muri ako gace, bavuga ko ibikorwa nk’ibi bishyira abaturage mu kaga kandi bikongera umwuka mubi mu burasirazuba bwa Congo.
Ku rundi ruhande, ubuyobozi bwa gisirikare ntiburagira icyo butangaza ku by’iki gitero cyangwa ku bivugwa kuri nyirabayazana wacyo.
Kuri ibi bitero byabaye uyu munsi, nta makuru aratangazwa yemeza niba hari abaguye muri ibyo bitero cyangwa ibyangiritse mu buryo burambuye. Ariko abaturage bavuga ko ubwoba bukomeje kwiyongera, cyane cyane bitewe n’uko ibi bitero bya drone bivugwa ko byakomeje kugaragara mu minsi ishize.
Ibibera muri Minembwe n’inkengero za Rwiko bigaragaza ko umutekano mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukomeje kuba ikibazo gikomeye, aho amakuru atandukanye atangwa n’impande zitandukanye agaragaza ko ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo bakomeje imyiteguro yo kugaba ibitero ku Banyamulenge.





