Amayobera ku Byabaye ku Ngabo z’u Burundi n’iza FARDC mu Misozi ya Minembwe(i Mulenge)
Mu bice by’imisozi miremire y’i Mulenge, cyane cyane mu duce twa Mikenke na Point Zero muri Teritwari ya Mwenga, Intara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa amakuru akomeye y’igitero cya drones cyahitanye abasirikare benshi bo ku ruhande rwa Leta ya Congo n’abafatanyabikorwa bayo, barimo abasirikare b’u Burundi, abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’abo mu mutwe wa FDLR.
Aya makuru akomeje gukwirakwira mu karere ka Minembwe ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’amashusho n’ubuhamya byagiye hanze bigaragaza imirambo myinshi y’abasirikare bivugwa ko bishwe n’ibisasu byatewe na drones mu gace ka Mikenke no kuri Point Zero.
Amakuru aturuka mu baturage ndetse n’amasoko yizewe ari hafi y’aho ibyo bitero byabereye avuga ko ku wa Gatatu, tariki ya 20/05/2026, ahagana ku mugoroba, humvikanye urusaku rukomeye rw’indege zitagira abapilote (drones) mbere y’uko ibisasu bikomeye bitangira kugwa mu birindiro by’ingabo za FARDC n’abo bafatanyije.
Bamwe mu babonye ibyabaye bavuga ko mbere habanje gukekwa ko ari drone ya FARDC yahushije ikarasa ku ngabo zayo, ariko andi makuru yaje gukomeza gukwirakwira agaragaza ko iyo drone ishobora kuba atari iya FARDC, ndetse ko inkomoko yayo itaramenyekana kugeza ubu.
Iyo drone ngo yibasiye ibirindiro biri mu Mikenke ndetse no kuri Point Zero, ahari ingabo nyinshi za FARDC, abasirikare b’u Burundi, abarwanyi ba Wazalendo ndetse n’abarwanyi ba FDLR bari bamaze iminsi bakorera hamwe ibikorwa bya gisirikare muri ako gace.
Ubutumwa Minembwe Capital News yakiriye buturutse ku bantu bari hafi y’aho ibyo bitero byabereye buvuga ko umubare w’abapfuye ushobora kuba uri hejuru cyane.
Amakuru y’ibanze agaragaza ko abantu barenga mirongo itandatu na batatu (63) bahasize ubuzima, nubwo kugeza ubu nta rwego rwa Leta cyangwa igisirikare cya FARDC ruragira icyo rutangaza ku mugaragaro kuri ayo makuru.
Video zagiye hanze zigaragaza imirambo myinshi y’abasirikare bivugwa ko ari aba FARDC, Wazalendo, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi, ibintu byateje ubwoba n’impungenge zikomeye mu baturage batuye muri ako karere.
Hari amakuru kandi avuga ko ibitero bitagarukiye muri Mikenke gusa, ahubwo ko no kuri Point Zero hagabwe ibindi bisasu bya drones, bikomeza guhitana abandi basirikare benshi bo ku ruhande rwa Leta.
Kugeza ubu, ntiharamenyekana neza uwakoresheje izo drones cyangwa intego nyamukuru yari igamijwe.
Ababikurikiranira hafi bavuga ko ikoreshwa rya drones muri iyi mirwano rigaragaza uburyo intambara zo muri Kivu y’Amajyepfo zikomeje gufata indi ntera mu ikoranabuhanga ndetse no mu bukana, cyane cyane mu bice by’imisozi miremire aho ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) na MRDP-Twirwaneho bikomeje guhangana n’ingabo za Leta.
Hari kandi impungenge ko ibi bitero bishobora gukomeza gukaza umwuka mubi hagati y’impande zihanganye muri aka karere kamaze imyaka myinshi karazahajwe n’umutekano muke, ubwicanyi n’ubuhunzi.
Ibi bitero bibaye mu gihe abaturage benshi b’Abanyamulenge batuye mu Minembwe no mu nkengero zayo bamaze igihe bavuga ko bahangayikishijwe n’ibitero by’imitwe iri ku ruhande rwa FARDC, Wazalendo n’ingabo z’u Burundi.
Mu minsi ishize, amakuru yavugaga ko ibisasu byinshi byarashwe mu mihana ituwe n’Abanyamulenge, ibintu byatumye abaturage benshi bahunga ingo zabo, abandi bakabura ibibatunga, ndetse bamwe bakahasiga ubuzima.
Abaturage bavuga ko umutekano ukomeje kuba mubi cyane, aho usanga impande zose zikoresha intwaro ziremereye mu duce dutuwe n’abasivile, bikongera ibyago byo kugira abaturage benshi bagwa muri iyo mirwano.
Kugeza ubu, biravugwa ko ibikorwa bya gisirikare bikomeje muri ibyo bice bya Mikenke, Point Zero n’ahandi hafi ya Minembwe. Hari amakuru avuga ko ingabo za FARDC n’abafatanyabikorwa bazo bakomeje kongera ingufu muri ako karere nyuma y’icyo gitero cya drones.
Nta tangazo riratangazwa n’ingabo za FARDC cyangwa Leta y’u Burundi ku mubare nyakuri w’abahasize ubuzima cyangwa inkomoko y’izo drones.
Hagati aho, abaturage bakomeje gusaba ko habaho iperereza ryigenga kugira ngo hamenyekane ukuri ku byabaye, ndetse hanashakwe uburyo bwo guhagarika imirwano ikomeje guteza ibibazo bikomeye by’umutekano n’ubutabazi mu misozi ya Minembwe.






