Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
June 11, 2025
in Regional Politics
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.
76
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

You might also like

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k’u butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, mbere yuko hasinywa amasezerano y’amahoro, ibyo kandi na Congo isaba n’ubwo u Rwanda ruhakana ibyo rushinjwa.

Mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, Massad Boulos, umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yatangarije ibinyamamakuru ko igihugu cye cyifuza ko amasezerano y’amahoro yarangira mu gihe cy’amezi abiri gusa.

Igisabwa kugira ngo aya masezerano ashyirweho umukono, nk’uko ngo Amerika na RDC bibyifuza ngo ni uko u Rwanda rwabanza kuvana abasirikare barwo mu Burasizuba bwa Congo.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, nyuma yuko abonye iyi nkuru yatambukijwe kuri Reuters, yavuze ko yizeye ko abo bari gushyira amakuru ku mishyikirano ikomeje kuja ku karubanda bazi ingaruka bishobora kugira.

Yagize ati: “Abo impande ziri mu biganiro bikomeje hagati ya RDC n’u Rwanda, barimo gusohora nabi ibyifuzo by’uruhande rumwe n’inyandiko z’imirimo ikomeje mu itangazamakuru, bumva ko bashobora kubangamira intsinzi y’ibiganiro bya Washington DC.”

Uyu mushinga urenze gutangaza amahame abaminisitiri b’ubanye n’amahanga b’ibihugu byombi basinye mu muhango wabereye i Washington mu kwezi kwa kane hamwe n’umunyabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio. Iyo ndiko ivuga ko impande zombi zizakemura ibibazo byose by’umutekano mu buryo bwubahiriza ubusugire bwabyo.

U Rwanda rushinjwa kugira ingabo zarwo k’u butaka bwa RDC ngo zibarirwa mu bihumbi 7 na 12, rubitera utwatsi, ahubwo rukavuga ko RDC ko ariyo icyumbikiye abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Gusa, uru Rwanda rukavuga ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zo guhangana n’uy’u mutwe uru rwanya wa FDLR.

Reuters ikomeza ivuga ko ngo u Rwanda ntirwigeze rusubiza uyu mushinga w’amasezerano wateguwe na Amerika guhera mu cyumweru gishize. Cyakora, minisitiri w’ubanye n’amahanga Olivier Nduhungurehe, yabwiye iki gitangazamakuru cya Reuters ko impuguke za Congo n’u Rwanda zizahurura muri iki cyumweru i Washington kugira ngo baganire kuri ayo masezerano.

Nyamara RDC ishinja u Rwanda gukurura ibirenge kuri uyu mushinga, ndetse ikavuga ko ari ngombwa ko ingabo zarwo zivanwa mu gihugu cyabo, bityo iby’aya masezerano bikabona gushyirwa mungiro.

Umushinga w’amasezerano wateguwe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika urasaba kandi ko hashyirwaho gahunda ihuriweho y’umutekano bise “Joint Security Coordination Mechanism,” ishobora kuba irimo n’u Rwanda n’abakozi b’indorerezi z’abasirikare b’abanyamahanga, kugira bakemure ibibazo by’umutekano, harimo no gukomeza gukemura ikibazo cy’inyeshyamba zirwanya u Rwanda.

Uyu mushinga kandi w’amasezerano avuga ko RDC isabwa kwemera ko M23 igira uruhare mu biganiro by’igihugu ku buryo ikorera muri iki gihugu.

Ubundi kandi RDC iri mu bindi biganiro bitaziguye na M23 ku masezerano ashobora guhagarika imirwano, ibi biganiro bimaze iminsi bibera i Doha muri Qatar.

Ni mu gihe kandi Qatar yagejeje umushinga w’amasezerano ku ntumwa z’impande zombi zagombaga kubanza kuwugishaho inama abayobozi ba zo mbere yo gukomeza ibiganiro.

Hagataho, Reuters yagaragaje ko yahawe amakuru n’umwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa M23 ariko ngo ntiyashaka ko amazina ye aja hanze, ayigaragariza ko nta kintu kiragerwaho kiganisha ku kurangiza intambara, kandi ko aya masezerano yaba agamije gusa ko bo batakaza ibice bamaze kwigarurira, ibyo yashimangiye ko bitashoboka.

Tags: Amasezerano y'amahoroAmerikaRdcRwanda
Share30Tweet19Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

by Bruce Bahanda
June 12, 2025
0
Agezweho y’Ingabo za Afrika y’Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC.

Agezweho y'Ingabo za Afrika y'Epfo ziri gucyurwa zivanwa muri RDC. Ingabo za Afrika y'Epfo zari zaroherejwe mu Burasizuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC,...

Read moreDetails

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23.

Umuyobozi wa MONUSCO ategerejwe i Goma kuganira na AFC/M23. Intumwa idasanzwe y'Umunyamabanga mukuru w'umuryango w'Abibumbye ( UN) muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bintou Keita, ategerejwe mu mujyi...

Read moreDetails

Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

by Bruce Bahanda
June 11, 2025
0
Kivu y’Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa.

Kivu y'Amajyepfo irarumutswa abayobozi bashya gusa. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ribarizwamo umutwe wa M23 n'uwa Twirwaneho ryashyizeho abayobozi b'intara ya Kivu y'Amajyepfo, guverineri na visi guverineri....

Read moreDetails

RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC.

by Bruce Bahanda
June 10, 2025
0
Kigali yafashe umwanzuro ukakaye nyuma y’uko RDC iyitambitse imbere.

RDC yagize icyo ivuga ku Rwanda rwikuye mu muryango wa CEEAC. Abategetsi ba Repubulika ya demokarasi ya Congo, bagaragaje impungenge zikomeye nyuma y'aho u Rwanda rwikuye mu muryango...

Read moreDetails

Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

by Bruce Bahanda
June 10, 2025
0
Kajugujugu y’Ingabo z’u Burundi yafashwe n’inyeshyamba.

Kajugujugu y'Ingabo z'u Burundi yafashwe n'inyeshyamba. Umutwe w'iterabwoba wa Al-Shabaab urwanya ubutegetsi bwo muri Somalia watangaje ko ari wo wateye igisasu gishwanyaguza kajugujugu y'igisirikare cy'u Burundi yo mu...

Read moreDetails
Next Post
Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w'i ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?