• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Friday, November 28, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

minebwenews by minebwenews
June 11, 2025
in Regional Politics
0
Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.
78
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika na RDC byagaragaje icyo byifuza ku Rwanda kugira ngo hasinywe amasezerano y’amahoro.

You might also like

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma

Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirigushyira imbaraga ku Rwanda, aho zirusaba kuvana ingabo zarwo k’u butaka bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, mbere yuko hasinywa amasezerano y’amahoro, ibyo kandi na Congo isaba n’ubwo u Rwanda ruhakana ibyo rushinjwa.

Mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka, Massad Boulos, umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump kuri Afrika, yatangarije ibinyamamakuru ko igihugu cye cyifuza ko amasezerano y’amahoro yarangira mu gihe cy’amezi abiri gusa.

Igisabwa kugira ngo aya masezerano ashyirweho umukono, nk’uko ngo Amerika na RDC bibyifuza ngo ni uko u Rwanda rwabanza kuvana abasirikare barwo mu Burasizuba bwa Congo.

Minisitiri w’ubanye n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, nyuma yuko abonye iyi nkuru yatambukijwe kuri Reuters, yavuze ko yizeye ko abo bari gushyira amakuru ku mishyikirano ikomeje kuja ku karubanda bazi ingaruka bishobora kugira.

Yagize ati: “Abo impande ziri mu biganiro bikomeje hagati ya RDC n’u Rwanda, barimo gusohora nabi ibyifuzo by’uruhande rumwe n’inyandiko z’imirimo ikomeje mu itangazamakuru, bumva ko bashobora kubangamira intsinzi y’ibiganiro bya Washington DC.”

Uyu mushinga urenze gutangaza amahame abaminisitiri b’ubanye n’amahanga b’ibihugu byombi basinye mu muhango wabereye i Washington mu kwezi kwa kane hamwe n’umunyabanga wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika, Marco Rubio. Iyo ndiko ivuga ko impande zombi zizakemura ibibazo byose by’umutekano mu buryo bwubahiriza ubusugire bwabyo.

U Rwanda rushinjwa kugira ingabo zarwo k’u butaka bwa RDC ngo zibarirwa mu bihumbi 7 na 12, rubitera utwatsi, ahubwo rukavuga ko RDC ko ariyo icyumbikiye abarwanyi bo mu mutwe wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Gusa, uru Rwanda rukavuga ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi zo guhangana n’uy’u mutwe uru rwanya wa FDLR.

Reuters ikomeza ivuga ko ngo u Rwanda ntirwigeze rusubiza uyu mushinga w’amasezerano wateguwe na Amerika guhera mu cyumweru gishize. Cyakora, minisitiri w’ubanye n’amahanga Olivier Nduhungurehe, yabwiye iki gitangazamakuru cya Reuters ko impuguke za Congo n’u Rwanda zizahurura muri iki cyumweru i Washington kugira ngo baganire kuri ayo masezerano.

Nyamara RDC ishinja u Rwanda gukurura ibirenge kuri uyu mushinga, ndetse ikavuga ko ari ngombwa ko ingabo zarwo zivanwa mu gihugu cyabo, bityo iby’aya masezerano bikabona gushyirwa mungiro.

Umushinga w’amasezerano wateguwe na Leta Zunze ubumwe z’Amerika urasaba kandi ko hashyirwaho gahunda ihuriweho y’umutekano bise “Joint Security Coordination Mechanism,” ishobora kuba irimo n’u Rwanda n’abakozi b’indorerezi z’abasirikare b’abanyamahanga, kugira bakemure ibibazo by’umutekano, harimo no gukomeza gukemura ikibazo cy’inyeshyamba zirwanya u Rwanda.

Uyu mushinga kandi w’amasezerano avuga ko RDC isabwa kwemera ko M23 igira uruhare mu biganiro by’igihugu ku buryo ikorera muri iki gihugu.

Ubundi kandi RDC iri mu bindi biganiro bitaziguye na M23 ku masezerano ashobora guhagarika imirwano, ibi biganiro bimaze iminsi bibera i Doha muri Qatar.

Ni mu gihe kandi Qatar yagejeje umushinga w’amasezerano ku ntumwa z’impande zombi zagombaga kubanza kuwugishaho inama abayobozi ba zo mbere yo gukomeza ibiganiro.

Hagataho, Reuters yagaragaje ko yahawe amakuru n’umwe mu bayobozi b’uyu mutwe wa M23 ariko ngo ntiyashaka ko amazina ye aja hanze, ayigaragariza ko nta kintu kiragerwaho kiganisha ku kurangiza intambara, kandi ko aya masezerano yaba agamije gusa ko bo batakaza ibice bamaze kwigarurira, ibyo yashimangiye ko bitashoboka.

Tags: Amasezerano y'amahoroAmerikaRdcRwanda
Share31Tweet20Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi

Hamenyekanye igihe Perezida Kagame azahura na Tshisekedi Amakuru mashya aturuka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aremeza ko umuhuro utegerejwe cyane uzahuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, Perezida...

Read moreDetails

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye

RDC: Corneille Nangaa yasobanuye icyafasha igihugu kugera ku mahoro arambye Umuhuza bikorwa w’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC/M23), Corneille Nangaa, yatangaje ko inzira nyayo yo kugeza Repubulika ya...

Read moreDetails

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma

by Bahanda Bruce
November 28, 2025
0
Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

Perezida Kagame yasobanuye uko abona uruhare rw’amahanga ku kibazo cy’Ikibuga cy’Indege cya Goma Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo abona umurego n’inyota mpuzamahanga byo kugenzura cyangwa gukoresha i kibuga...

Read moreDetails

Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

by Bahanda Bruce
November 27, 2025
0
Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy’amahoro kiri mu Maboko ya RDC

Perezida Kagame yavuze ko Ibiganiro bya Washington ari “Intambwe Ikomeye”, anashimangira ko Igisubizo cy'amahoro kiri mu Maboko ya RDC Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko intambwe nshya...

Read moreDetails

Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
November 27, 2025
0
Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza

Abaturage Basaba Minisitiri Patrick Muyaya Gusobanura no Gusaba Imbabazi ku Magambo Abatesha Agaciro aheruka gutangaza Abaturage bo mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru n’Amajyepfo baramagana bikomeye amagambo aherutse gutangazwa...

Read moreDetails
Next Post
Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w’i ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Uwahoze ari Bourgmestre yagizwe visi guverineri w'i ntara ya Kivu y'Amajyepfo.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?