RDC: Ubumwe bw’u Burayi Buvuze Icyo Buteze ku Biganiro bya Tshisekedi, Butanga Ubutumwa Bukomeye ku Hazaza h’Igihugu
MINEMBWE CAPITAL NEWS (MCN)
Ubumwe bw’u Burayi (European Union – EU) bwasabye abayobozi n’abanyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) gushyira imbere ibiganiro, ubuhuza n’inzira ya politiki irimo buri wese, mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo bya politiki bikomeje gukaza umurego muri iki gihugu.
Mu butumwa EU yashyize ku rubuga rwa X kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 25/07/2026, yavuze ko yakiriye amakuru ajyanye n’iterambere rya politiki riri kuba muri RDC, ishimangira ko gukemura amakimbirane binyuze mu biganiro no kubahiriza amategeko ari byo byatanga amahirwe yo kubaka igihugu kirangwa n’umutekano n’ituze birambye.
EU yagize iti: “Twakiriye amakuru ajyanye n’iterambere rya politiki muri RDC kandi turashishikariza impande zose za politiki gushyira imbere ibiganiro, ubuhuza ndetse n’inzira ya politiki irimo buri wese. Kubahiriza ubutegetsi bugendera ku mategeko n’uburenganzira bwa muntu ni ingenzi mu gushimangira ituze n’umutekano by’igihugu.”
Iri tangazo rije mu gihe Perezida Félix Tshisekedi aherutse gutangaza ko ateganya gutumiza ibiganiro by’igihugu (Dialogue National), nyuma y’inama yagiranye n’abayobozi b’amadini n’amatorero. Icyakora, iryo tangazo ryakuruye impaka zikomeye mu banyapolitiki no mu miryango itandukanye, aho bamwe bibaza niba ibyo biganiro bizaba birimo impande zose bireba cyangwa niba hari abazabivanwamo.
Ku ruhande rwa EU, ubutumwa bwayo bugaragaza ko yifuza ko RDC yubaka inzira ya politiki ishingiye ku bwumvikane, aho impande zose zirebwa n’ibibazo by’igihugu zahabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo no gushakira hamwe ibisubizo birambye. EU kandi ishimangira ko kubahiriza uburenganzira bwa muntu n’ihame ry’ubutegetsi bugendera ku mategeko ari byo shingiro ry’amahoro n’iterambere birambye.
Mu gihe ibi byose biri kuba, ihuriro ry’imitwe ya politiki rizwi nka C64 rikomeje gushyira igitutu kuri Leta. Ryatanze itariki ntarengwa ya 15/08/2026, risaba ko mbere y’iyo tariki Perezida Félix Tshisekedi azaba yamaze gutumiza ku mugaragaro ibiganiro by’igihugu. Ryaburiye ko nibitaba ibyo, rizatangira ibikorwa ryise iby’abaturage bigamije gusaba ko ibyo risaba byubahirizwa.
RDC ikomeje kuba mu bihe bikomeye birimo ibibazo bya politiki, umutekano muke mu burasirazuba bw’igihugu, ibibazo by’uburenganzira bwa muntu ndetse n’impaka zikomeje ku mikorere y’inzego za Leta. Muri urwo rwego, ubutumwa bwa EU bugaragaza ko amahanga akomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze muri RDC, anasaba ko ibibazo byakemurwa binyuze mu nzira z’amahoro, ibiganiro n’ubwumvikane, aho gukomeza gukaza umwuka wa politiki.
Nubwo hakiri impaka ku miterere n’abazitabira ibiganiro by’igihugu biteganyijwe, abakurikiranira hafi politiki ya RDC bavuga ko uburyo bizategurwa n’uko bizakorwa bushobora kugira uruhare rukomeye mu kumenya niba igihugu kizabasha kugera ku bwiyunge no kugabanya amakimbirane ya politiki amaze igihe agaragara muri iki gihugu.






