Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC atokubahirizwa.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
July 14, 2025
in Regional Politics
0
Trump wasezeranyije kurangiza intambara ya Ukraine n’u Burusiya mu masaha 24 gusa, yagize icyo abivugaho.
71
SHARES
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Amerika yavuze ibyo iri guteganya bikarishye, mu gihe amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na RDC atokubahirizwa.

You might also like

RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Haramutse hatubahirijwe ibyateweho umukono ku masezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n’u Rwanda, icyo gihe ngo hafatwa ibihano bikakaye ku ruhande rwo ramuka ari rwo rugaragayeho amakosa yo kutubahiriza ibyasinywe.

Ni byatangajwe na Ambasaderi wa Leta Zunze ubumwe z’Amerika i Kinshasa, Lucy Tamlyn, aho yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki ya 14/07/2025.

Yavuze ko mu gihe impande zombi zitashyira mu bikorwa ibyo zemeye muri ariya masezerano hateganyijwe “ingamba zibihano bikaze.”

Agaragaza ko igihugu cye cyifuza ko amakimbirane amaze imyaka 30 mu Burasirazuba bwa Congo arangira burundu, kandi ko iki gihugu cye cyiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo hagerwe ku gisubizo nyacyo.

Yagize ati: “Ni yo mpamvu Leta Zunze ubumwe z’Amerika zishimangira ko aya masezerano y’amahoro ashyirwaho ingengabihe ndetse akanashyirirwaho gahunda y’uburyo azashyirwa mu bikorwa. Yashimangiye ko hazashyirwaho urwego rwa gisirikare ruhuriweho, ruzahuza ibikorwa byo kurandura FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi z’u Rwanda.”

Yanavuze kandi ko aya masezerano asobanutse. Ndetse yongeraho ko bagerageje kubisobanura ku mugaragaro ko hazaba ingaruka mu gihe hatabayeho kuyubahiriza, ati: “Hari ingamba z’ibihano, urugero nk’ibihano mu bukungu bizafatwa ndetse n’ibyo mu rwego rwa dipolomasi.”

Kuri ibi by’ubukungu, yavuze ko hari umushinga wa miliyoni 760 USD w’urugomero rw’amashanyarazi mu bihugu bitatu, ari byo u Rwanda, RDC n’u Burundi.” Avuga ko hakenewe amahoro kugira ngo ibyo bigererweho.

Nubwo ariya masezerano y’amahoro yamaze gushyiraho umukono, ariko nyamara hari impungenge ko atazubahirizwa, kuko Leta ya Congo ikomeje kurunda abasirikare bayo benshi i Uvira, no mu bice byo mu misozi miremire y’i Mulenge bituwe cyane n’Abanyamulenge kuri ubu ibyo bice hafi yabyose bigenzurwa na AFC/M23/ Twirwaneho. Bikavugwa ko iyi Leta ishaka kubyisubiza.

Hejuru y’ibyo yongeye kuzana abacanshuro benshi bo kuzayifasha kurwanya iriya mitwe yombi ibarizwa mu ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, uwa Twirwaneho n’uwa M23.

Sibyo gusa, kuko kandi iyi Leta ya Congo ikomeje gutumiza imbunda zarutura zifashishwa mu ntambara ikomeye, bityo, ibi bikayigaragariza ko iri gutegura intambara karundura.

Tags: AmasezeranoAmerikaIbihanoRdcRwanda
Share28Tweet18Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.

by Bruce Bahanda
July 14, 2025
0
RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry’umupaka wa Bunagana.

RDC ntivuga rumwe na Uganda kwifungurwa ry'umupaka wa Bunagana. Nyuma y'aho umupaka wa Bunagana ufunguwe bigizwemo uruhare na Leta ya Uganda biravugwa ko byateye ukutavuga rumwe hagati ya...

Read moreDetails

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23.

Ibyingenzi wa menya ku biganiro birimo kubera i Doha hagati ya RDC na AFC/M23. Leta Zunze ubumwe z'Amerika na Qatar bishaka ko ibiganiro byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

by Bruce Bahanda
July 13, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi . Umukuru w'igihugu cya Leta Zunze ubumwe z'Amerika, Donald Trump yatangaje ko yiteguye kwakira perezida w'u...

Read moreDetails

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

by Bruce Bahanda
July 12, 2025
0
Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC.

Uhuru yaganiriye na perezida Kagame kubyerekeye u Burasirazuba bwa RDC. Uhuru Kenyatta wahoze ayobora Kenya akaba ari n'umwe mubahuza mu bibazo by'intambara ibera mu Burasizuba bwa Repubulika ya...

Read moreDetails

Bimwe mu biremereye Leta y’i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro by’i Doha.

by Bruce Bahanda
July 11, 2025
0
Avugwa mu biganiro by’i Doha byahuriyemo intumwa za M23 n’iza leta y’i Kinshasa.

Bimwe mu biremereye Leta y'i Kinshasa yasabwe na AFC/M23 mu biganiro biri kubera i Doha. Ibiganiro by'imishyikorano biri kubera i Doha muri Qatar byahuriyemo Leta ya Congo n'umutwe...

Read moreDetails
Next Post
Ingabo z’u Burundi zagaruye Inka zari zanyazwe.

Akandi gace kavuzwemo imirwano ikomeye muri Kivu y'Epfo.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?