Batatu bashinjwa gutera inkunga ADF bafatiwe ibihano bikakaye.
Leta Zunze ubumwe z’Amerika zafatiye ibihano Umugabo w’Umunya-Somalia, umunya-Uganda n’Umunyafrika-y’Epfo, ibashinja gufasha umutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.
Byatangajwe na minisiteri y’imari ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika, ivuga ko ifatiye bariya bagabo ibihano kubera gukorana n’ibivume.
Iyi minisiteri isobanura ko imitungo aba bantu bafite muri Amerika igomba gufatirwa hashingiwe kuri iki cyemezo, ndetse ko nta muntu uba muri iki gihugu wemewe kuboherereza amafaranga.
Umunya-Uganda Hamidah Nabagala ashinjwa gufasha ADF kubona amafaranga, no gutera inkunga igitero cy’iterabwoba cyagabwe i Kampala mu mwaka wa 2021, kigatwara ubuzima bw’umuntu umwe, abandi benshi bagakomereka.
Ashinjwa kandi gukura abana be muri Uganda abajyana muri uyu mutwe w’iterabwoba wa ADF ukorera mu Burasirazuba bwa Congo.
n’Umunyafrika-y’Epfo Zeyd Gangati na we ashinjwa gutoza abarwanyi ba ADF, gushimuta abantu hagamijwe gusaba imiryango yabo amafaranga, ubujura ndetse n’ubwambuzi, byose akabikora ashakira uyu mutwe imibereho.
Abdweli Mohammed Yusuf, avugwaho kuba umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State muri Somalia kuva mu 2019, we ashinjwa kugira uruhare rukomeye mukoherereza ADF abarwanyi, intwaro n’ibikoresho bya gisirikare bikomeye.
Iriya minisitiri y’imari ya Leta Zunze ubumwe z’Amerika yavuze kandi ko Abdweli Mohammed ko yambuye abantu bo muri Somalia miliyoni 2,5 z’amadolari mu ntangiriro z’umwaka wa 2022, yose akaba yarifashijwe mu nyungu z’iyi mitwe y’iterabwoba.