• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Thursday, October 16, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Boulos yavuze akamaro ka masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC.

minebwenews by minebwenews
July 3, 2025
in Regional Politics
0
Boulos yavuze akamaro ka masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC.
69
SHARES
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Boulos yavuze akamaro ka masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC.

You might also like

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

Massad Boulos wagize uruhare runini ku masezerano y’amateka u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo biheruka kugirana ayo byasinyiye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe za Amerika yatangaje ko aya masezerano ari ingirakamaro.

Tariki ya 27/06/2025, ni bwo muri Amerika, ba minisitiri b’ubanye n’amahanga ba RDC n’u Rwanda bashyize umukono ku masezerano y’amahoro hagati y’ibi bihugu byombi, imbere ya minisitiri w’ubanye n’amahanga wa Leta Zunze ubumwe za Amerika, Marco Rubio.

Aya masezerano agamije gushyiraho akadomo kanyuma intambara imaze hafi imyaka 30 ihagarara ikongera ikubura mu Burasirazuba bw’iki gihugu cya RDC gikungahaye ku mabuye y’agaciro.

Boulos abajijwe niba aya masezerano asobanuye ko M23 igomba gushyira intwaro hasi, yasubije ati: “Yego, cyane rwose, ahanini bireba M23 ariko binareba n’indi mitwe yose yitwaje intwaro ikorera muri ibyo bice. Urumva ko afite akamaro kanini cyane.”

Yavuze kandi ko nubwo M23 ari umutwe wa Banye-Congo, ariko nta gushidikanya ko ufite ibihugu byo hanze ya Congo biwufasha.

Abajijwe niba kuba u Rwanda rwarinjiye muri aya masezerano bisonura ko rwemera ko rufasha M23, avuga ko ataribyo.

Ati: “Kuba u Rwanda ruri muri aya masezerano y’amahoro, uruhare rwarwo rurengera inyungu z’ubusugire bw’igihugu cyabo kubera umutwe wa FDLR urwana ku ruhande rwa Leta ya Congo.”

U Rwanda ubwarwo ruvuga ko kuba rwaranjiye muri aya masezerano ari ukubera inkenke ku mutekano warwo ziterwa n’umutwe wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa RDC urwanya ubutegetsi bwarwo. Ubundi kandi n’aya masezerano ateganya ko uriya mutwe wa FDLR ugomba kurandurwa.

Nyamara RDC yo ishinja u Rwanda yivuye inyuma kuba ari rwo rutera inkunga uyu mutwe wa M23 ibyo uyu mutwe utera utwatsi ndetse narwo rukabihakana, ahubwo rugashinja iki gihugu cya RDC gukorana byahafi n’uyu mutwe w’iterabwoba wa FDLR urimo abasize bakoze jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Corneille Nangaa we, ukuriye ihuriro rya AFC/M23 yatangaje ko aya masezerano areba igice kimwe mu mpamvu z’amakimbirane muri RDC, avuga ko ari yo mpamvu bo bashyigikira inzira ya Doha y’ibiganiro hagati ya Leta ya Congo na AFC/M23 kugira ngo bacyemure impamvu muzi z’ikibazo cya RDC.

Ku rundi ruhande aya masezerano y’amahoro yashimwe na benshi ku Isi, ndetse afatwa nk’amateka yanditswe mashya kuri RDC n’u Rwanda. Ariko kandi hari n’abandi bayanenze barimo Joseph Kabila wategetse iki gihugu cya RDC imyaka 18.

Aho yagize ati: “Aya ni amasezerano y’ubucuruzi, nini ikinamico.” Uyu Kabila kuri ubu ari gukora ibikorwa bitandukanye mu bice bigenzurwa n’iri huriro rya AFC/M23.

Boulos uri mubayashimye yagize ati: “Aya ni amasezerano y’amahoro, si amasezerano y’ubucuruzi. Hazabaho andi masezerano amwe na mwe y’ubucuruzi.”

Yanabijijwe icyo Abanye-Congo bazungukira muri aya masezerano y’amahoro, ni mu gihe bivugwa ko amabuye y’agaciro acukurwa muri iki gihugu cyabo azajya atunganyirizwa i Rwanda.

Na we agira ati: “Muri aya masezerano rusange y’amahoro, harimo ingingo y’ubukungu yo ku rwego rw’akarere. Icyo impande zombi zemeranyijeho, ndetse twafashije ko bigerwaho, ni ugushyiraho gahunda y’ubuhahirane mu bukungu mu karere, kandi ni ingenzi cyane.”

Bitaganijwe ko Perezida Kagame na mugenzi we Felix Tshisekedi na bo bazahurira i Washington DC bakarangiza isinywa ry’aya masezerano ari aya mabuye y’agaciro n’aya y’amahoro.

Tags: AkamaroAmasezeranoBoulos
Share28Tweet17Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

by Bahanda Bruce
October 15, 2025
0
Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho

Ibyumviakanyweho i Doha hagati ya RDC na M23, Amerika yabivuzeho Leta Zunze ubumwe z'Amerika zashimye umwanzuro wafatiwe mu biganiro by'i Doha muri Qatar wo guhagarika imirwano hagati y'Ingabo...

Read moreDetails

“Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba”-senateri Evode

by Bahanda Bruce
October 13, 2025
0
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

"Igikwiye nuko borasa perezida Tshisekedi amatwi akaziba"-senateri Evode Umunyarwanda Evode Uwizeyimana umunyamategeko akaba ari n'umusenateri muri Leta y'u Rwanda, yatangaje ko imyitwarire ya perezida wa Repubulika ya demokarasi...

Read moreDetails

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza

by Bahanda Bruce
October 12, 2025
1
Perezida w’igihugu na cyo kirimo intambara ikomeye, ya tumiye Tshisekedi wa RDC, anahishyura ibyo ibihugu byombi bigiye gufatanya

Perezida Tshisekedi yivuguruje kubyo aheruka gutangaza Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi yatangaje ko ibyo yavuze abizi, kandi ko abatamuzi ari bo bavuga ko yapfukamiye...

Read moreDetails

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

by Bahanda Bruce
October 11, 2025
0
RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda

RDC yikomye bikomeye umuryango wa EU iwuhora u Rwanda Repubulika ya demokarasi ya Congo ibinyujije kuri minisitiri wayo w'ubanye n'amahanga, Therese Kayikwamba Wagner, yikomye umuryango w'ubumwe bw'u Burayi...

Read moreDetails

Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

by Bahanda Bruce
October 10, 2025
0
Umuvugizi w’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda yagize icyo avuga ku byatangajwe na Tshisekedi Umuvugizi w'ibiro by'umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Stephanie Nyombayire, yavuze ko ibyatangajwe na perezida Felix Tshisekedi...

Read moreDetails
Next Post
Bimwe mu bituma perezida Kagame yitwa Umunyabwenge uhambaye.

U Rwanda rwanenze raporo iheruka gushyirwa hanze n'impungenge za Loni.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?