Burundi: Isoko Rikomeye Ryafashwe n’Inkongi y’Umuriro Ukaze, Rihinduka Umuyonga mu Masaha Make
Mu gihugu cy’u Burundi, mu Ntara ya Cibitoki, abaturage baguwe gitumo n’inkongi y’umuriro ikaze yafashe isoko rikomeye ryo muri ako gace, irarikongora ku buryo ibicuruzwa byinshi n’ibikorwaremezo byari biririmo byahindutse umuyonga.
Amakuru yizewe Minembwe Capital News yahawe n’umwe mu baturage batuye muri Cibitoki avuga ko uwo muriro wadutse ku mugoroba wo ku wa 29 Gicurasi 2026, ahagana saa moya z’umugoroba, maze ukwira vuba cyane mu bice bitandukanye by’isoko.
Nk’uko abari hafi y’aho byabereye babitangaza, iyo nkongi yari ikaze ku buryo yagaragaraga no kure, ndetse ikirere cyo hejuru y’agace ka Cibitoki kikaba cyarahindutse umutuku kubera ubukana bw’umuriro n’umwotsi mwinshi wari umaze gukwira hose.
Abaturage benshi bahise bahururira aho byabereye bagerageza gutabara no kurokora bimwe mu bicuruzwa byari bitarakongoka, ariko ubukana bw’umuriro n’umuvuduko wari ufite byatumye ibikorwa byo kuwuzimya bigorana cyane. Kugeza ubu, amakuru ava muri ako gace agaragaza ko igice kinini cy’isoko cyamaze gukongoka.
Icyateye iyo nkongi y’umuriro ntikiramenyekana kugeza ubu. Inzego zibishinzwe ziracyakusanya amakuru kugira ngo hamenyekane inkomoko yayo n’ingano y’ibyangiritse. Nta makuru aratangazwa ku bantu baba bahitanywe cyangwa bakomerekejwe n’iyi nkongi.
Iyi nkongi ibaye mu gihe u Burundi bumaze igihe bwibasiwe n’inkongi z’umuriro zibasira ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi n’ibya Leta. Mu myaka ishize, amasoko atandukanye hirya no hino mu gihugu yagiye afatwa n’inkongi z’umuriro zigateza igihombo gikomeye ku bacuruzi no ku baturage.
By’umwihariko, mu mezi make ashize, igihugu cyongeye kuvugwa cyane nyuma y’aho idepo y’intwaro za gisirikare nayo ifatiwe n’inkongi y’umuriro ikomeye, yangiza ibikoresho byinshi bya gisirikare ndetse iteza impungenge ku mutekano w’ibyo bikorwaremezo.
Ababikurikiranira hafi bavuga ko isubiramo ry’izi nkongi rikomeje kuzamura ibibazo bijyanye n’umutekano w’ibikorwaremezo, uburyo bwo gukumira impanuka z’umuriro ndetse n’ubushobozi bwo gutabara mu gihe habaye ibiza nk’ibi.
Kugeza ubu, abaturage bo muri Cibitoki bakomeje gukurikirana uko ibintu bihagaze, mu gihe ubuyobozi bw’u Burundi butegerejweho gutangaza imibare nyayo y’ibyangiritse ndetse n’icyateye iyi nkongi y’umuriro ikomeje kuvugisha benshi.






