• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Saturday, April 25, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Byinshi wa menya ku mirwano yongeye kuremera mu Rugezi.

minebwenews by minebwenews
May 20, 2025
in Conflict & Security
0
Ibyo ihuriro ry’ingabo za Congo ziboneye i Rutshuru ni akaga gakaze.
98
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byinshi wa menya ku mirwano yongeye kuremera mu Rugezi.

You might also like

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance

Mu gice cya Rugezi giherereye mu majy’Epfo ashyira uburengerazuba bwa komine ya Minembwe, habyukiye imirwano iremereye aho ihanganishije ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo n’umutwe wa Twirwaneho ufatanyije n’uwa M23.

Ni imirwano yahereye kuva igihe c’isaha ya saa kumi nebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 20/05/2025, ikaba irimo kubera ahahoze ari kwa Sabune no mu nkengero zaho nko kwa Didas no kuri Nyakirango muri Rugezi.

Umutangabuhamya yagize ati: “Hano mu Rugezi umwanzi yateye kandi. Ari gushyiramo akabaraga ngo ahafate.”

Yongeye ati: “Ku mugoroba yari yagarutse nabwo, yari yashatse gushyiramo akabaraga afata n’aka gace ko kwa Sabune.”

Ubuhamya bwe bukomeza buvuga ko kugeza ubu harimo intambara ikomeye ku mpande zombi, ariko ko urwanirira Leta yatangiye kurwana asubira inyuma.

Ati: “FARDC n’abambari bayo nubwo intambara ikirimo ariko batangiye kurwana basubira inyuma.”

Iyi mirwano yongeye kuhabyukira, mu gihe ku munsi w’ejo naho impande zombi zararwanye bikomeye, aho zarimo zirwanira ku musozi wa Nyakirango no mu tundi duce tugabanya Gasiro na Rugezi.

Kimweho, mbere ya saa sita zo kuri uwo munsi w’ejo ku wa mbere, Twirwaneho ku bufatanye na M23 birukanye iri huriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta zirimo iza FARDC, iz’u Burundi,, n’imitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo na FDLR. Ku mugoroba wajoro iri huriro rigarukana imbaraga, ari nabwo ryafashe kiriya gice cyo kwa Sabune.

Gusa, amakuru tumaze kwakira kuri Minembwe Capital News, avuga ko aba barwanyi bo mu mutwe wa Twirwaneho n’uwa M23 bakiriye umusaada waje uturutse mu Minembwe, urimo abasirikare benshi babo, kandi ko bazanye n’ibikoresho bya gisirikare bikomeye.

Imirwano yaremereye mu gihe hari hamaze iminsi bivugwa ko Leta ya Congo ko yaba ishaka kwigarurira igice cya Minembwe n’ikibuga cy’indege cyayo ndetse n’icya Mikenke.

Ni amakuru yanavuzwe ko muri iki gice cya Rugezi ko cyahererejwemo abasirikare ba Leta bagwiriyemo abavuga ururimi rw’ikinyarwanda. N’abandi bo mu itsinda ry’abamudahusha ryaje riva i Kalemi mu ntara ya Tanganyika.

Abandi nanone boherezwa kuri Point Zero, ari nabo bateganya kuzagaba ibitero mu duce twegereye i Kibuga cy’indege cya Minembwe, giherereye ku Kiziba.

Hagataho, uru ruhande rwa Leta rukomeje kurushwa mbaraga, kuko mu mwanya muto ushize rwambuwe agace rwari rwafashe, ndetse abarugize bari guhunga berekeza za Gasiro na Matanganika.

Aya makuru turakomeza kuyakurikirana.

Tags: FardcRugeziTwirwaneho
Share39Tweet25Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse

L’AFC/M23 annonce un programme d’échange de prisonniers avec le gouvernement de Kinshasa, basé sur les accords de la Suisse Le porte-parole adjoint en charge des affaires politiques de...

Read moreDetails

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi

AFC/M23 yatangaje gahunda yo guhererekanya imfungwa na Leta ya Kinshasa hashingiwe ku masezerano yo mu Busuwisi Umuvugizi wungirije mu rwego rwa politiki w’ihuriro AFC/M23, Dr Balinda, yatangaje ko...

Read moreDetails

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

James Swan Visits Goma, an Area Controlled by the AFC/M23 Alliance James Swan, the Special Representative of the UN Secretary-General and Head of MONUSCO, arrived this Friday, April...

Read moreDetails

James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23

James Swan yagiriye uruzinduko i Goma ahagenzurwa n’ihuriro AFC/M23 James Swan, Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa Loni akaba n’Umuyobozi wa MONUSCO, yageze kuri uyu wa Gatanu tariki ya...

Read moreDetails

Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo

by Bahanda Bruce
April 24, 2026
0
Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo

Impunzi z’Abanyekongo zatangiye gutahuka iwabo Nubwo umutekano utaragaruka uko bikwiye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impunzi z’Abanyekongo zari zarahungiye mu Burundi zatangiye gutahuka ku bushake,...

Read moreDetails
Next Post
Byakaze Kabila yasabwe kwitaba Sena i Kinshasa.

Byakaze Kabila yasabwe kwitaba Sena i Kinshasa.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?