Byose yabivuze uburyo perezida w’u Rwanda yamutumaga, uwo n’uwari visi perezida w’u Burundi.
Umugabo uri mubavuga rikijana mu Burundi, akaba yaranabaye visi perezida w’iki gihugu ku ngoma ya Pierre Nkurunziza wayoboye u Burundi kuva mu mwaka wa 2005 kugeza 2020, yavuze ko perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yajyaga mutuma ubwo umubano w’ibihugu byombi warimo agatotsi.
Nibyo uyu munyapolitiki w’Umurundi, Gaston Sindimwo, yagarutseho mu kiganiro yagiranye na YouTube Chanel African Tv, aho yarimo avuga ku gatotsi kagarutse ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi.
Yavuze ko muri iki gihe umubano w’u Burundi n’u Rwanda, hagaragaraga ibimenyetso by’uko wo subira mu buryo, ariko ngo kugeza ubu bikaba bidakunda, kuburyo we atumva ikibura, kuko asanzwe azi ko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ahorana ubushake bwo gutuma igihugu ayoboye kibana neza n’u Burundi.
Yanavuze ko igihe we yari akiri visi perezida w’u Burundi, atari rimwe cyangwa kabiri yagiye ahura na perezida Paul Kagame mu nama, ndetse akamwegera bakaganira, akishimira uburyo uyu mukuru w’u Rwanda yagaragazaga u bushake bwiza.
Ati: “Amafoto menshi mwabonye mpagararanye na Kagame, abandi bakantuka, naragendaga nkamubwira kuko njye ntabwo mba niteguye guhunga umuntu, nakwifuje ko tuvugana, nka mubwira ikibazo nawe akambwira icye, njye yarantumaga kuramutsa umukuru w’igihugu cyacu cy’u Burundi, Pierre Nkurunziza, akansaba ati: ‘nugera i Burundi umundamukirize’ kandi rwose nasohozaga ubutumwa.”
Yakomeje avuga ko Paul Kagame yagaragazaga ubushake bwo kuvugana na Nkurunziza, ati: “Umunsi umwe arambwira ati ‘mpa telephone basi muhamagare,’ ko na mubajije nti ‘none mupfa iki? Ikibazo kiri he? Nawe ati ‘ntacyo mbona ahubwo mundamukirize.”
Avuga ko mu kiganiro yagiranye na Paul Kagame, yageraga aho akamubaza ati ‘ko mwahoze muri inshuti, none mupfa iki? Ati ‘erega nanjye ndamukumbuye, umundamukirize,’ kandi nagera i Burundi nkamumuramukiriza, nti yambwiye ngo nkuramutse.”
Gaston yavuze ko ari ibisanzwe ko muri politiki hazamo ibibazo hagati y’ibihugu, ariko ko biba bikwiye kwicara hamwe mu kabishakira umuti, kandi mu gatera umugongo ibyo bibazo biba byabayeho, ubundi mugaharanira amahoro.
Yagize ati: “Muri politiki, nta mukunzi, nta mwanzi ubamo. Ibyo ni ukugira ngo habeho amahoro ku Burundi, ku Banye-Congo ku Banyarwanda, kuko nta kitagira iherezo.
Agaragaza ko ikosa rijya rikorwa n’ibihugu bimwe na bimwe, ari ugukomeza kwizirika ku mateka y’ibyahise, bigahorana inzigo ari na yo ituma umubano wabyo n’ibindi uzamo igitotsi, kuri we akavuga ko mu gihe ibihugu byiyemeje guhindura page, biba bidakwiye gusubiza amaso inyuma ahubwo bikajya bireba inyungu bihuriyeho.