Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Byose yabivuze uburyo perezida w’u Rwanda yamutumaga, uwo n’uwari visi perezida w’u Burundi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 26, 2025
in Regional Politics
0
Byose yabivuze uburyo perezida w’u Rwanda yamutumaga, uwo n’uwari visi perezida w’u Burundi.
94
SHARES
2.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Byose yabivuze uburyo perezida w’u Rwanda yamutumaga, uwo n’uwari visi perezida w’u Burundi.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Umugabo uri mubavuga rikijana mu Burundi, akaba yaranabaye visi perezida w’iki gihugu ku ngoma ya Pierre Nkurunziza wayoboye u Burundi kuva mu mwaka wa 2005 kugeza 2020, yavuze ko perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yajyaga mutuma ubwo umubano w’ibihugu byombi warimo agatotsi.

Nibyo uyu munyapolitiki w’Umurundi, Gaston Sindimwo, yagarutseho mu kiganiro yagiranye na YouTube Chanel African Tv, aho yarimo avuga ku gatotsi kagarutse ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi.

Yavuze ko muri iki gihe umubano w’u Burundi n’u Rwanda, hagaragaraga ibimenyetso by’uko wo subira mu buryo, ariko ngo kugeza ubu bikaba bidakunda, kuburyo we atumva ikibura, kuko asanzwe azi ko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ahorana ubushake bwo gutuma igihugu ayoboye kibana neza n’u Burundi.

Yanavuze ko igihe we yari akiri visi perezida w’u Burundi, atari rimwe cyangwa kabiri yagiye ahura na perezida Paul Kagame mu nama, ndetse akamwegera bakaganira, akishimira uburyo uyu mukuru w’u Rwanda yagaragazaga u bushake bwiza.

Ati: “Amafoto menshi mwabonye mpagararanye na Kagame, abandi bakantuka, naragendaga nkamubwira kuko njye ntabwo mba niteguye guhunga umuntu, nakwifuje ko tuvugana, nka mubwira ikibazo nawe akambwira icye, njye yarantumaga kuramutsa umukuru w’igihugu cyacu cy’u Burundi, Pierre Nkurunziza, akansaba ati: ‘nugera i Burundi umundamukirize’ kandi rwose nasohozaga ubutumwa.”

Yakomeje avuga ko Paul Kagame yagaragazaga ubushake bwo kuvugana na Nkurunziza, ati: “Umunsi umwe arambwira ati ‘mpa telephone basi muhamagare,’ ko na mubajije nti ‘none mupfa iki? Ikibazo kiri he? Nawe ati ‘ntacyo mbona ahubwo mundamukirize.”

Avuga ko mu kiganiro yagiranye na Paul Kagame, yageraga aho akamubaza ati ‘ko mwahoze muri inshuti, none mupfa iki? Ati ‘erega nanjye ndamukumbuye, umundamukirize,’ kandi nagera i Burundi nkamumuramukiriza, nti yambwiye ngo nkuramutse.”

Gaston yavuze ko ari ibisanzwe ko muri politiki hazamo ibibazo hagati y’ibihugu, ariko ko biba bikwiye kwicara hamwe mu kabishakira umuti, kandi mu gatera umugongo ibyo bibazo biba byabayeho, ubundi mugaharanira amahoro.

Yagize ati: “Muri politiki, nta mukunzi, nta mwanzi ubamo. Ibyo ni ukugira ngo habeho amahoro ku Burundi, ku Banye-Congo ku Banyarwanda, kuko nta kitagira iherezo.

Agaragaza ko ikosa rijya rikorwa n’ibihugu bimwe na bimwe, ari ugukomeza kwizirika ku mateka y’ibyahise, bigahorana inzigo ari na yo ituma umubano wabyo n’ibindi uzamo igitotsi, kuri we akavuga ko mu gihe ibihugu byiyemeje guhindura page, biba bidakwiye gusubiza amaso inyuma ahubwo bikajya bireba inyungu bihuriyeho.

Tags: BurundiRwandaUmubano
Share38Tweet24Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
Intasi ya Tshisekedi wa RDC na Ndayishimiye w’u Burundi bayifashe.

Intasi ya Tshisekedi wa RDC na Ndayishimiye w'u Burundi bayifashe.

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?