Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Cardinal Frodolin Ambongo, yavuze iki giye gukurikiraho nyuma y’uko yagiranye ikiganiro na Perezida Felix Tshisekedi.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 16, 2024
in Regional Politics
0
Cardinal Frodolin Ambongo, yavuze iki giye gukurikiraho nyuma y’uko yagiranye ikiganiro na Perezida Felix Tshisekedi.
60
SHARES
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Perezida Félix Tshisekedi yahuye na Cardinal Frodolin Ambongo mu rwego rwo kugira ngo bahoshye umwuka mubi uri hagati ya Katolika na Kinshasa.

You might also like

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Ni kuri uyu wa Kane, Tshisekedi yakiriye musenyeri wa diyosezi ya Kinshasa, Frodolin Ambongo mu rwego rwo kugira ngo bamareho umwuka mubi uri hagati y’ubutegetsi bwa Kinshasa n’idini Katolika muri Congo.

Umwuka mubi hagati y’u butegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi n’idini Katolika muri Congo, wajemo agatotsi guhera ku itariki ya 31/03/2024, nyuma y’uko Cardinal Frodolin Ambongo yari amaze gutangaza ko ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi bukorana byahafi n’imutwe y’iterabwoba wa FDLR na Wazalendo.

Kandi ashinja iyi mitwe kuba ariyo ihungabanya umutekano w’abaturage mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Cardinal Frodoli Ambongo yanenze kandi amatora y’umukuru w’igihugu Tshisekedi yatsinze mu kwezi kwa Cumi n’abiri, umwaka ushize, agaragaza ko yarimo ‘akajagari gakomeye.’

Kandi agaragaza ko kuba M23 yareguye intwaro ko bwari muburyo bwo kwirindira umutekano ngo kuko ingabo z’igihugu zitashoboye kubarinda.

Ibi biri mu byatumye perezida Félix Tshisekedi kuri uyu wa Kane, yakira Cardinal Frodolin Ambongo, aho ya mwakiririye muri perezidansi ya Congo, nk’uko iy’inkuru tuyikesha ibiro by’u mukuru w’igihugu cya RDC.

Binatangaza ko ibiganiro byahuje Tshisekedi na Cardinal Frodolin Ambongo ko byamaze hafi amasaha abiri

Byagize biti: “I Kinshasa, kuri uyu wa Kane, perezida Félix Tshisekedi yavuganye na Cardinal Frodolin Ambongo. Ikiganiro cyabo cyamaze amasaha hafi abiri.”

Byakomeje bigira biti: “Ibiganiro byabo byabereye imbere y’Ambasaderi muto w’u mubikira, Andriy Yvchuk.”

Muri iki kiganiro Cardinal Frodolin Ambongo yavuze ko yahoraga yifuza guhura na perezida Félix Tshisekedi, kugira ngo amugaragarize ibintu bitandukanye bikomeje kugaragara mu gihugu imbere.

Mu gihe Tshisekedi we yavuze ko habaye ukutumva ibintu kimwe ariko ko ubu hagiye kuba ubufatanye mu rwego rwo kugira ngo amahoro agaruke mu gihugu.

Mu kiganiro perezida Félix Tshisekedi aheruka kugirana n’igitangaza makuru cyitwa Le Figaro cyo mu Bufaransa, yaciye amarenga y’uko Ambongo ashobora gufungwa nyuma yo kumushinja kuba “umucengezamatwara w’u Rwanda.”

Ati: “Yabaye umucengezamatwara w’u Rwanda, avuga ko RDC iri guha imbunda FDLR umutwe wa Bahutu. Ariko nabyerekane. Ntabwo ubwisanzure bwo kuvuga bukwiye kwifashishwa mu gutangaza ibinyoma, niyo waba uri Cardinal.”

Kardinal Ambongo ahuye na Tshisekedi mu gihe kandi ubushinjacyaha muri RDC bwaherukaga kumutangizaho iperereza.

Nyuma y’uko yari amaze guhura na Tshisekedi yatangaje ko ku bwiwe nta kibazo kigihari.

Ati: “Ku bwanjye nta kibazo kigihari.”

             MCN.
Tags: BaganiriyeCardinal Frodolin AmbongoTshisekedi
Share24Tweet15Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

by Bruce Bahanda
June 7, 2025
0
Kwa Tshisekedi barakajwe n’itsinda ry’abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23.

Kwa Tshisekedi barakajwe n'itsinda ry'abayobozi bo mukarere baheruka kuganira na AFC/M23. Repubulika ya demokarasi ya Congo yagaragaje ko yababajwe n'urwego rwa karere ka Afrika y'ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura...

Read moreDetails

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails
Next Post
Ihuriro ry’ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryahuye n’uruva gusenye, mu mirwano yarihuje na M23 kuri uyu wa Kane.

Ihuriro ry'ingabo za Repubulika ya demokarasi ya Congo ryahuye n'uruva gusenye, mu mirwano yarihuje na M23 kuri uyu wa Kane.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?