Corneille Nangaa: Birashoboka ko nzaba Perezida wa RDC, niba igihugu kibikeneye
Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko adateze gutinya inshingano zo kuba Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe abaturage babimusaba cyangwa igihugu kibikeneye. Ibi yabivuze mu kiganiro yagiranye na SBS News mu cyegeranyo cyerekana uko ubuzima bwifashe i Goma nyuma yo kugenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23.
Abajijwe n’umunyamakuru Prue Lewarne niba yifuza kuzayobora RDC, Nangaa yabanje kwitondera igisubizo, ariko akomeje kubyotswa igitutu n’umunyamakuru yamweruriye ati:
“Ndi Umunye-Congo ufite uburenganzira bwo kuba Perezida. Birashoboka kandi nabyakira nk’inshingano.”
Ubwo umunyamakuru yakomezaga amubaza ati “None se wumva ushobora kuba Perezida w’ahazaza wa RDC?” Nangaa yazunguje umutwe yemeza, maze mu ijwi rituje yongeraho ati:
“Ndakeka ko ibyo ari byo—ko uri kuvugana na Perezida w’ahazaza wa Congo.”
Ku birego bya Leta ya Kinshasa ko AFC/M23 ishyigikiwe n’u Rwanda, Nangaa yabihakanye yivuye inyuma:
“Nta bufasha na bumwe duhabwa n’u Rwanda. Turi Abanye-Congo kandi turarwanira impamvu zacu.”
Yavuze ko ibyo birego ari uburyo bwa Leta ya RDC bwo guharabika AFC/M23 nyuma yo gutsindwa ku rugamba:
“Ni ibinyoma bya Kinshasa, nta bimenyetso bafite. Iyo batsinzwe ku rugamba batangira kuduharabika.”
Ku byaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu byakunze gutangwaho amakuru n’imiryango mpuzamahanga, Nangaa na byo yabiteye utwatsi:
“Ndabihakana burundu. Ni ibinyoma.”
Nangaa yavuze ko mu bice M23 igenzura, cyane cyane i Goma, ubuzima bwasubiye ku murongo:
“Abana basubiye ku mashuri, ubuzima bw’abaturage bwaragarutse, n’umutekano urahari.”
Mu kiganiro cyakozwe tariki ya 27/11/2025 i Goma, Nangaa yongeye kugaragaza icyerekezo gishya cya AFC/M23 avuga ko ishaka kugeza RDC ku mahoro arambye.Yavuze ko igihugu gikwiye kugendera ku mitegekere ya ‘fédéralisme’—aho intara zigira ubuyobozi bwigenga bushingiye ku Itegeko Nshinga.
Yasobanuye ko intego yabo ari: Ugutanga ububasha ku ntara,
Kwirinda ko igihugu cyegeranywa n’ubutegetsi bwa Kinshasa gusa,
Kuzuza icyuho cy’ivangura n’akarengane byakunze kugarukwaho mu bikorwa bya Leta.
Nangaa yavuze ko no ku izina ry’igihugu hakenewe impinduka ati:
“Icyitwa RDC uyu munsi kigomba guhinduka Republique Fédérale du Congo (RFC). Ni cyo cyerekezo cyacu, kandi ntitubatinya kubivuga.”
Nangaa asanzwe azwi nk’unenga imiyoborere y’iki gihugu, akavuga ko AFC/M23 igamije kubaka inzego zikomeye zirinda ko abayobozi bo ku rwego rwo hejuru bagundira ubutegetsi, by’umwihariko “ab’i Kinshasa baryamira abandi.”
Kenshi yagiye agaragaza ko intego yabo ari ugusubiza RDC ijambo mu karere no ku ruhando mpuzamahanga.
Yongera kugaragaza icyizere ko nogutsinda intambara, AFC/M23 izasimbuza Perezida Félix Tshisekedi undi muyobozi ufite ubushobozi bwo kuyobora Congo mu cyerekezo gishya.






