Drone yateye igisasu mu gace gatuwe n’Abanyamulenge: Dore amakuru ava mu Gahwera
Minembwe Capital News
Amakuru Minembwe Capital News imaze kubona avuga ko drone y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yateye igisasu mu gace ka Gahwera, hafi ya Centre ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Aya makuru avuga ko icyo gisasu cyaguye mu gace gatuwe n’Abanyamulenge, bitera ubwoba n’impungenge mu baturage, cyane cyane ku bijyanye n’umutekano w’abasivili batuye muri ako gace.
Mu buhamya Minembwe Capital News yahawe n’umwe mu baturage bari hafi y’aho ibyo byabereye, yavuze ko drone yateye igisasu kiremereye mu gace gatuwe n’Abanyamulenge.
Uwo muturage yagize ati:
««Yateye igisasu kiremereye mu muhana utuwe n’Abanyamulenge wa Gahwera. Icyo gisasu kirakomeye kuko cyaturitse cyane, cyumvikana mu bice byinshi bikikije Gahwera.»»
Uyu muturage kandi yavuze ko mbere hari amakuru yakwirakwiye avuga ko ari indege yaba yahanuwe muri ako gace. Gusa, nyuma ni bwo abaturage baje kumenya ko ari drone yagabye icyo gitero, bivugwa ko ari iy’ingabo za FARDC, imitwe zifatanya na zo ndetse n’ingabo z’u Burundi.
Nk’uko uwo muturage yabwiye Minembwe Capital News, iyo drone ngo yari imaze iminsi igaragara mu kirere cyo mu gace ka Gahwera, aho abaturage bari bamaze kuyibona inshuro zitandukanye.
Kugeza ubu, ariko, ntiharamenyekana neza ibyangijwe n’icyo gitero cyangwa niba hari abaturage bagizweho ingaruka.
Ikindi kandi, nta makuru aratangazwa n’ubuyobozi ku byerekeye icyo gitero.
Amakuru Minembwe Capital News itanze ashingiye ku buhamya bw’umuturage wari hafi y’aho ibyo byabereye, mu gihe ubuyobozi bw’aho ndetse n’inzego zishinzwe umutekano bataratangaza ku mugaragaro ibisobanuro birambuye kuri icyo gitero.
Gahwera ni agace kari hafi ya Centre ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Iki gitero kibaye mu gihe ibice bitandukanye byo muri Kivu y’Amajyepfo bikomeje kurangwa n’imirwano n’ibikorwa bya gisirikare birimo ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote, ibintu bikomeje guteza impungenge ku baturage basanzwe batuye muri ibyo bice.
Kuri ubu, Minembwe n’inkengero zayo hamaze iminsi hatuje, nyuma y’uko MRDP-Twirwaneho na M23 birukanye ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri ibyo bice.
Minembwe Capital News







