Ibihwihwiswa ku rugendo rwa Kongolo mu misozi y’i Mulenge muri Kivu y’Amajyepfo
Amakuru akomeje gucicikana mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane mu misozi miremire y’i Mulenge mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aravuga ko Jacques Kongolo, umwe mu bajyanama ba Perezida Félix Tshisekedi mu by’umutekano, ashobora kuba ategerejwe mu gace ka Bibogobogo, gaherereye muri teritwari ya Fizi.
Ibi bivugwa mu gihe Kongolo akomeje kugaragara mu mujyi wa Uvira, aho amakuru amwe n’amwe avuga ko ari mu bikorwa byo gushishikariza abaturage gushyigikira Leta y’i Kinshasa no kwamagana ihuriro rya AFC/M23, Leta ya RDC ifata nk’umutwe urwanya ubutegetsi bwayo. Uyu mugabo ngo yaba ari no mu bikorwa byo gukangurira abaturage, by’umwihariko abo mu bice bituwe n’Abanyamulenge, gushyigikira inzego za Leta no kwitandukanya n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo MRDP-Twirwaneho.
Agace ka Bibogobogo kavugwaho kuba ari kamwe mu duce dutuwe cyane n’Abanyamulenge, kakaba kagenzurwa n’ihuriro ry’ingabo zirimo FARDC (ingabo za Leta ya RDC), iz’u Burundi, imitwe ya Wazalendo ndetse na FDLR. Iyi miterere y’umutekano ituma ako gace kaba ingenzi mu mikino ya politiki n’igisirikare ikomeje kugaragara muri aka karere.
Aya makuru kandi aje yiyongera ku yandi amaze iminsi avugwa, agaragaza ko hari undi muntu bivugwa ko akomoka mu Banyamulenge, uherutse kuva i Kinshasa akerekeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byiswe ibyo gukangurira Abanyamulenge baba mu mahanga no mu gihugu imbere gushyigikira Leta ya RDC. Uwo muntu ngo atanga ubutumwa bushimangira ko ihuriro rya AFC/M23 ndetse na MRDP-Twirwaneho nta cyerekezo bifite, anabashishikariza kudashyigikira ibikorwa byo gutanga imisanzu igamije gufasha abaturage bo muri ako gace k’i Mulenge bari mu kaga.
Hari n’amakuru avuga ko bamwe mu bemeye kumva ubu butumwa bahabwa amafaranga nk’uburyo bwo kubashishikariza gushyigikira iyo gahunda, nubwo umubare w’abayahawe n’ingano yayo bitaramenyekana neza.
Nubwo aya makuru akomeje gukwirakwira, haracyakenewe kuyagenzura neza no kuyahinyuza cyangwa kuyemeza hashingiwe ku bimenyetso bifatika, kuko akarere kose k’Uburasirazuba bwa RDC gakomeje kuba indiri y’amakuru menshi aturuka ku mpande zitandukanye, rimwe na rimwe atuzuye cyangwa atizewe.
Ku ruhande rw’umutekano muri rusange, ibikorwa bya gisirikare n’inyungu za politiki bikomeje guhurirana muri Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo za Leta zikomeje ibitero mu mihana ituwe n’Abanyamulenge, bigatuma bakomeza guhura n’ingaruka z’ibyo bitero, nubwo Abanyamulenge bagifite utuzi mu nzego za Leta batabibona.
Iyi nkuru turacyayikurikirana kugira ngo hamenyekane ukuri kwayo n’aho ibintu byerekeza muri ibi bice bikomeje kuba isibaniro ry’umutekano muke.






