Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibiturika byinshi byumvikaniye ku misozi ya Uvira, menya ukwabyo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
January 11, 2025
in Regional Politics
0
I Fizi hafungiwe abasore ba Banyamulenge, abandi bishwe.
129
SHARES
3.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibiturika byinshi byumvikaniye ku misozi ya Uvira, menya ukwabyo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Amakuru ava Uvira avuga ko abasirikare bari bazamutse imisozi bava muri aka gace ka Uvira, bagiye barasagura amasasu, bivugwa ko yari ayo kwiha inzira, nubwo yaraye akanze abaturage baturiye utwo duce.

Igihe c’isaha z’umugoroba wajoro, ahagana nka saa moya n’igice ku masaha ya Minembwe na Bukavu, ni bwo ibyo biturika byatangiye kumvikana.

Iyi nkuru dukesha abaturiye ibyo bice, igahamya ko batangiye kurasagura ubwo bari basize agace ka Kijaga.

Ati: “Amasasu menshi karavugira haruguru ya Kijaga. N’abasoda bazamutse ku Ndondo ya Bijombo. Batunyuzeho mu kanya.”

Abandi basirikare n’ubundi bongeye kuzamuka nyuma yabo, nibo bahumurije abaturage bababwira ko ari ababo barasaga mu rwego rwo kwiha inzira, ngo kuko berekeje mu Bijombo na Minembwe, ariko bakaba bataribizeye inzira banyuragamo.

Aka gace ka Kijaga barasiragamo, ni agace gaherereye mu duce dutangira imisozi izamuka uva muri Uvira uja ku Ndondo ya Bijombo. Ukavamo ukomeza ibice bidatuwe birimo ibibira n’ibisambu n’imisozi izamuka cyane, aho benshi bagera bakagwa umwuma, ndetse bamwe bagapfira muri iyo misozi.

Andi makuru ateremezwa neza avuga ko aba basirikare baraye bazamutse, bari bagize igihe badahabwa amafaranga yabo, bikaba biri mu byatumye barasagura, ngo kuko bari bafite umushiha.

Abasirikare bakomeje gutumwa mu misozi miremire y’Imulenge, ahanini mu Minembwe na Bijombo, nyuma y’aho mu mpera z’u mwaka ushize Abanyamulenge bagabweho ibitero bikomeye babigabwagaho n’ingabo zo muri brigade ya 21 ifite icyicaro gikuru mu Minembwe.

Kuva ku munsi umwe w’uku kwezi turimo uyu mwaka w’ 2025, hagiye hazamuka abasirikare benshi, kandi bakagenda mu byicyiro bitandukanye, hari abanyuze umuhanda wa Baraka-Fizi na Minembwe abandi bakanyura inzira ya maguru ya Mitamba, Mugethi no mu Cyohagati ukomereza mu Minembwe.

Hagataho, umutekano wo muri ibyo bice ugenda urushaho kuba mubi umunsi ku wundi. Gusa ubu hari agahenge nubwo ibyo muri ibyo bice bihinduka mu kanya gato.

Tags: FardcUvira
Share52Tweet32Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n’impamvu, ariko agira n’ibyo asezeranya.

Gen. Muhoozi yasezeye gukoresha x avuga n'impamvu, ariko agira n'ibyo asezeranya.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?