• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, September 7, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Iby’ikibuga cy’indege cya Goma byasabwe ko gifungurwa byihuse.

minebwenews by minebwenews
February 4, 2025
in Regional Politics
0
M23 yafunze ikibuga cy’indege cya Goma.
165
SHARES
4.1k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Iby’ikibuga cy’indege cya Goma byasabwe ko gifungurwa byihuse.

You might also like

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Umuryango w’Abibumbye wasabye umutwe wa M23 gufungura ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Goma, kuri ubu kigenzurwa n’uyu mutwe urwanya ubutegetsi bwa perezida Félix Tshisekedi.

Ni ubusabe umuryango w’Abibumbye wasabye ubinyujije mu muhuza bikorwa wayo ushyinzwe ibikorwa by’ubutabazi muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, Bruno Lemarquis.

Mu itangazo uyu muhuza bikorwa mu muryango w’Abibumbye yashyize hanze kuri uyu wa kabiri tariki ya 04/02/2025, risaba M23 gufungura ikibuga cy’indege cya Goma byihuse, mu rwego rwo kugira ngo ubutabazi bugere ku baturage bahunze intambara.

Ahanini ubu butabazi n’i ubw’imiryango mpuzamahanga ishaka kugeza ubufasha kubahunze imirwano ishamiranyije umutwe wa M23 n’ingabo za Leta (FARDC).

Iri tangazo kandi rivuga ko imirwano yagize ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu, kandi ko kubera gufunga ikibuga cy’indege cya Goma bituma ibi bikorwa byo gufasha bibura inzira muburyo bwihuse.

Uyu muyobozi wo mu muryango w’Abibumbye, akomeza avuga ko ubuzima muri Goma busharira kubera ko imiryango mpuzamahanga idashobora kwita ku baturage.

Ariko nubwo uyu muyobozi avuga ibyo, nyamara kuva M23 yafata umujyi wa Goma, abaturage babonye aho barambika umusaya nta nkomyi, ndetse kandi ibintu bikaba byarongeye gusubira mu buryo, kuko ibikorwa by’ubucuruzi biri gukorwa neza ndetse n’ibindi bikorwa byo mubundi buzima busanzwe.

Abaturage nabo ubwabo bakaba bavuga ko baruhutse nyuma y’uko uyu mujyi utakibarizwamo FDLR, Wazalendo n’ingabo za FARDC zabanyagaga ibyabo.

Ikindi n’uko ikibuga cy’indege cya Goma cyakoreshwaga na FARDC, MONUSCO n’imiryango mpuzamahanga, n’ibigo by’ubucuruzi byiganjemo iby’amahanga bikorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo.

Tariki ya 26/01/2025, ni bwo M23 yatangaje ko ifunze ikirere cy’iki kibuga cy’indege cya Goma kubera ko ingabo za FARDC n’imitwe bafatanyije zagikoreshaga zihanyuza imbunda zicisha abasivile.

Mu gihe tariki ya 28/01/2025, uyu mutwe wemeje ku mugaragaragaro ko wafashe iki kibuga cy’indege cya Goma.

Kurundi ruhande, kuva uyu mutwe wabohoza umujyi wa Goma amatangazo ntasiba awusaba gufungura iki kibuga cy’indege cya Goma.

Tags: GomaIkibuga cy'indegeM23
Share66Tweet41Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya

U Rwanda na RDC byahuriye i Washington DC bafata imyanzuro mishya Intumwa z'u Rwanda n'iza Repubulika ya demokarasi ya Congo zahuriye i Washington DC muri Leta Zunze ubumwe...

Read moreDetails

Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

by Bahanda Bruce
September 4, 2025
0
Mu Burundi isubira nyuma ry’ubukungu bwaho riravuza ubuhuha

Mu Burundi isubira nyuma ry'ubukungu bwaho riravuza ubuhuha Ubukungu bw'igihugu cy'u Burundi ku ngoma ya perezida Evariste Ndayishimiye bugenda burushaho kujya ahabi, kubera ibura ry'ibikomoka kuri peteroli, ugakubitiraho...

Read moreDetails

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

by minebwenews
September 2, 2025
0
Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n’iz’u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo

Nangaa adaciye kuruhande yaburiye ingabo za RDC n'iz'u Burundi kudakomeza gushotora AFC/M23/MRDP, za byanga avuga icyo zizahura na cyo Umuhuza bikorwa w'ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC/M23/MRDP-Twirwaneho rirwanya...

Read moreDetails

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

by minebwenews
September 1, 2025
0
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza.

U Rwanda rwashyizwe ku mwanya ushimishije mu bihugu bya Afrika bifite imiyoborere myiza. U Rwanda ruyobowe na perezida Paul Kagame, rwashyizwe ku mwanya wa kabiri mu bihugu bya...

Read moreDetails

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

by minebwenews
August 30, 2025
0
Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n’uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z’u Burundi zica Abanyamulenge.

Perezida wa MRDP-Twirwaneho, Kaniki, yavuze uburyo ari mu bashyinze AFC ndetse n'uburyo bagiye kuvugutira umuti Ingabo z'u Burundi zica Abanyamulenge. Freddy Kaniki Umuyobozi wungirije w'ihuriro rya Allience Fleuve...

Read moreDetails
Next Post
I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

I Fizi haravugwa imirwano ikaze.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rugezi Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?