Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 11, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.

You might also like

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kompanyi y’Abanyamerika nini icukura Tin/Etain ikanayicuruza yongeye kandi gutangiza ibyo bikorwa i Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma yuko M23 ihavanye ingabo zayo mu minsi mike ishize.

Tin/Etain ni ubwoko bw’amabuye y’agaciro bw’icyuma bukoreshwa n’inganda nyinshi hirya no hino ku isi, ikaba yifashishwa mu gukora ibintu bitandukanye.

Nk’uko bisobanurwa tin/etain ku isoko mpuzamahanga yari yabuze muri iyi minsi umutwe wa M23 wagenzuraga i Walikale, ariko Alphamin Resources Corp , imwe mu ma kompanyi y’Abanyamerika nini ku isi muri RDC icukura tin/etai, yatangaje ko yongeye gusubukura ibikorwa byayo byo gufungura ibirombe byayo biri ahitwa i Bisie ho muri Walikale.

Mu kwezi gushize, Alphamin Resources Corp, yahagaritse by’agateganyo ibikorwa mu birombe byayo bya Bisie kubera gusatira kwa M23 yari igeze i Walikale centre, kuri 65km uvuye i Bisie mu majyaguru ashyira uburengerazuba.

Mu itangazo ryayo ryo ku wa gatatu, Alphamin Resources Corp yavuze ko M23 yakuye abarwanyi bayo i Walikale ibajyana mu bice biherereye muri 130km uvuye ku birombe byayo, bityo ihita yongera gutangiza ibikorwa byayo byo gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro ndetse no kuyacuruza kw’isoko mpuzamahanga.

Mu cyumweru gishize umutwe wa M23 washize itangazo hanze uvuga ko wavuye muri Walikale nk’uko n’ubundi wari wabitangaje mbere kugira ngo uhe inzira y’ibiganiro by’amahoro hagati yawo na Leta y’i Kinshasa, ibiganiro biteganyijwe kubera i Doha muri Qatar.

Amakuru avuga ko ibiciro bya tin/etain ku isoko rya London Metal Exchange (LME) ku wa gatatu byari byamanutseho 8.3% kuri toni imwe ya tin.

Iyi Teritware ya Walikale bizwi ko ikungahaye ku mabuye y’agaciro atandukanye arimo cyane cyane tin/etain.

Iyi tin/etain bivugwa ko ari icyuma cyihariye gifite ibara ry’umweru rya Feza, kibasha guhindurwa byoroshye, kigakoreshwa mu gukora ibintu bitandukanye nka: “Bateri ya Telephone, Ibyuma by’imodoka, amabati, ibyuma bifasha gufatanya ibindi byuma, utwuma tw’ubuvuzi, Imodoka zikoreshwa na mashanyarazi, Panneaux solaires/Solar n’ibindi.

Ibiro ntara makuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko Amerika yarimaze iminsi isaba ko ibikorwa byo gucukura tin/etain bitangiza.

Ndetse kandi ivuga ko biri mubyaganiriweho cyane i Kinshasa hagati ya perezida Felix Tshisekedi n’umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump mu ruzinduko yagiriye muri icyo gihugu mu cyumweru gishize.

Kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka kugeza muri iki cyumweru iriya kompanyi icyukura tin ivuga ko imaze kohereza ku isoko ryo hanze toni 4,500 za tin, kandi ko izindi toni 280 ziri mu nzira.

Mu mwaka ushize ibirombe by’aya mabuye y’agaciro biri Bisie i Walikale byacukuwemo toni 17,300 za tin/etain ubwo bingana na 6% bya tin/etain yose igurishwa ku isi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, banenga Leta y’iki gihugu ko amabuye y’agaciro acyukurwa mu Burasizuba bw’iki gihugu no muri RDC yose muri rusange, adateza imbere iki gihugu n’abaturage bagituye.

Tags: AlphaminAmerikaBisieEtainTinWalikale
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

by Bruce Bahanda
June 5, 2025
0
Ibivugwa ku mubonano Tshisekedi yagiranye na Fayulu.

Perezida Tshisekedi yakiriye wa munyapolitiki uheruka kwibasira Kabila. Perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, yakiriye umunyapolitiki wo muri iki gihugu Martin Fayulu uheruka gutangaza ko...

Read moreDetails

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
AFC/M23 yatangaje igikorwa iri bwereke Isi kuri uyu wa 5.

M23 yatangaje ko yakiriye undi munyapolitiki ukomeye. Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo, AFC, ryatangaje ko ryakiriye umunyapolitiki Marcelin Cishambo, kandi ko yazanye n'abandi banyapolitiki barimo n'abatavuga rumwe n'ubutegetsi...

Read moreDetails

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

by Bruce Bahanda
June 4, 2025
0
Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo.

Kinshasa yahakanye ibyo yashinjwaga byo kwibasira bamwe mu basirikare bayo. Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yahakanye ibivugwa ko iri mu kwibasira abasirikare ba kuru ba FARDC...

Read moreDetails

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba.

by Bruce Bahanda
June 3, 2025
0
Icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Tshisekedi cyatewe ishoti.

Hamenyekanye umunyapolitiki ugiye kuzahura na Tshisekedi vuba. Umunyapolitiki uri mubasanzwe badacana uwaka n'ubutegetsi bwa perezida Felix Tshisekedi wa Congo, Martin Fayulu, byamenyekanye ko uyu mukuru w'iki gihugu yamwemereye...

Read moreDetails

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo.

by Bruce Bahanda
June 2, 2025
0
Sena ya RDC yafashe umwanzuro ukakaye kuri Kabila.

Ibyimbitse ku bikorwa Kabila akomeje gukora i Goma mu Burasizuba bwa Congo. Nyuma y'uko bimenyekanye ko Joseph Kabila Kabange wahoze ari perezida wa Repubulika ya demokarasi ya Congo...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yaburiye FARDC n’abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n’i Walikale.

AFC/M23 yaburiye FARDC n'abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n'i Walikale.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Evariste Ndayishimiye Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Israel Ituri Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?