Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
  • About Us
    • Privacy Policy
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
April 11, 2025
in Regional Politics
0
Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.
91
SHARES
2.3k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ibyo wamenya kuri Tin/Etain icukurwa i Walikale n’akamaro kayo.

You might also like

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

Kompanyi y’Abanyamerika nini icukura Tin/Etain ikanayicuruza yongeye kandi gutangiza ibyo bikorwa i Walikale muri Kivu y’Amajyaruguru nyuma yuko M23 ihavanye ingabo zayo mu minsi mike ishize.

Tin/Etain ni ubwoko bw’amabuye y’agaciro bw’icyuma bukoreshwa n’inganda nyinshi hirya no hino ku isi, ikaba yifashishwa mu gukora ibintu bitandukanye.

Nk’uko bisobanurwa tin/etain ku isoko mpuzamahanga yari yabuze muri iyi minsi umutwe wa M23 wagenzuraga i Walikale, ariko Alphamin Resources Corp , imwe mu ma kompanyi y’Abanyamerika nini ku isi muri RDC icukura tin/etai, yatangaje ko yongeye gusubukura ibikorwa byayo byo gufungura ibirombe byayo biri ahitwa i Bisie ho muri Walikale.

Mu kwezi gushize, Alphamin Resources Corp, yahagaritse by’agateganyo ibikorwa mu birombe byayo bya Bisie kubera gusatira kwa M23 yari igeze i Walikale centre, kuri 65km uvuye i Bisie mu majyaguru ashyira uburengerazuba.

Mu itangazo ryayo ryo ku wa gatatu, Alphamin Resources Corp yavuze ko M23 yakuye abarwanyi bayo i Walikale ibajyana mu bice biherereye muri 130km uvuye ku birombe byayo, bityo ihita yongera gutangiza ibikorwa byayo byo gucukura no gutunganya amabuye y’agaciro ndetse no kuyacuruza kw’isoko mpuzamahanga.

Mu cyumweru gishize umutwe wa M23 washize itangazo hanze uvuga ko wavuye muri Walikale nk’uko n’ubundi wari wabitangaje mbere kugira ngo uhe inzira y’ibiganiro by’amahoro hagati yawo na Leta y’i Kinshasa, ibiganiro biteganyijwe kubera i Doha muri Qatar.

Amakuru avuga ko ibiciro bya tin/etain ku isoko rya London Metal Exchange (LME) ku wa gatatu byari byamanutseho 8.3% kuri toni imwe ya tin.

Iyi Teritware ya Walikale bizwi ko ikungahaye ku mabuye y’agaciro atandukanye arimo cyane cyane tin/etain.

Iyi tin/etain bivugwa ko ari icyuma cyihariye gifite ibara ry’umweru rya Feza, kibasha guhindurwa byoroshye, kigakoreshwa mu gukora ibintu bitandukanye nka: “Bateri ya Telephone, Ibyuma by’imodoka, amabati, ibyuma bifasha gufatanya ibindi byuma, utwuma tw’ubuvuzi, Imodoka zikoreshwa na mashanyarazi, Panneaux solaires/Solar n’ibindi.

Ibiro ntara makuru by’Abongereza, Reuters, byatangaje ko Amerika yarimaze iminsi isaba ko ibikorwa byo gucukura tin/etain bitangiza.

Ndetse kandi ivuga ko biri mubyaganiriweho cyane i Kinshasa hagati ya perezida Felix Tshisekedi n’umujyanama mukuru wa perezida Donald Trump mu ruzinduko yagiriye muri icyo gihugu mu cyumweru gishize.

Kuva mu kwezi kwa mbere uyu mwaka kugeza muri iki cyumweru iriya kompanyi icyukura tin ivuga ko imaze kohereza ku isoko ryo hanze toni 4,500 za tin, kandi ko izindi toni 280 ziri mu nzira.

Mu mwaka ushize ibirombe by’aya mabuye y’agaciro biri Bisie i Walikale byacukuwemo toni 17,300 za tin/etain ubwo bingana na 6% bya tin/etain yose igurishwa ku isi.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo, banenga Leta y’iki gihugu ko amabuye y’agaciro acyukurwa mu Burasizuba bw’iki gihugu no muri RDC yose muri rusange, adateza imbere iki gihugu n’abaturage bagituye.

Tags: AlphaminAmerikaBisieEtainTinWalikale
Share36Tweet23Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

by Bruce Bahanda
July 24, 2025
0
U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi.

U Rwanda na RDC byasinyanye amasezerano yo gucyura impunzi. Guverinoma ya Repubulika ya demokarasi ya Congo n'iy'u Rwanda zagiranye amasezerano yo gucyura impunzi ziri mu bihugu byombi zibishaka,...

Read moreDetails

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye.

Perezida Kagame yakoze impinduka muri guverinoma ye. Umukuru w'igihugu cy'u Rwanda, Paul Kagame, yashyizeho minisitiri w'intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva. Uyu mwanya wa minisitiri w'intebe w'u Rwanda Dr....

Read moreDetails

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya!

by Bruce Bahanda
July 23, 2025
0
Perezida Trump yagaragaje ko yiteguye kwakira perezida Kagame na mugenzi we Tshisekedi .

U Rwanda rwamaganye RDC ruyiziza kubeshya! Minisitiri w'ubanye n'amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungurehe, yamaganye Leta ya Repubulika ya demokarasi ya Congo yatangaje ko minisitiri w'u mutekano warwo, Vincent...

Read moreDetails

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na RDC n’amahame ya AFC/M23 na Leta y’i Kinshasa.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Ibyo wa menya ku masezerano RDC na AFC/M23 basinyanye i Doha.

Icyo abahanga bavuga ku masezerano y'amahoro hagati y'u Rwanda na RDC n'amahame ya AFC/M23 na Leta y'i Kinshasa. Abakomeye ku rwego mpuzamahanga, bavuga ko amasezerano y'amahoro yasinywe hagati...

Read moreDetails

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

by Bruce Bahanda
July 22, 2025
0
Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y’uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze.

Amerika yagaragaje ko itewe impungenge y'uko mu Burasizuba bwa RDC hagiye gutirika imirwano ikaze. Leta Zunze ubumwe z'Amerika zabujije abaturage bayo kwirinda gukorera ingendo mu duce tw'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
AFC/M23 yaburiye FARDC n’abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n’i Walikale.

AFC/M23 yaburiye FARDC n'abambari bayo ku bitero ikomeje kugaba mu Minembwe n'i Walikale.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?