• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Monday, August 18, 2025
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • History
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya RDC cyagize icyo kivuga kuri Kabila uheruka kuvugwa i Goma.

Bruce Bahanda by Bruce Bahanda
May 1, 2025
in Regional Politics
0
I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya RDC cyagize icyo kivuga kuri Kabila uheruka kuvugwa i Goma.

You might also like

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyasabye ko Joseph Kabila wahoze ari perezida w’iki gihugu yamburwa ubudahangarwa kugira ngo ajanwe mu nkiko, ni nyuma y’aho avuzwe i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu ahagenzurwa n’umutwe wa M23.

Ni amagambo yatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, aho yavuze ko ubushinja cyaha bwa gisikare bwasabye Sena y’iki gihugu gukuraho Joseph Kabila ubudahangarwa mu rwego rwo kugira ngo bumukurikirane ku byaha birimo ubwicanyi n’ubugambanyi.

Joseph Kabila asanzwe ari umusenateri ubuzima bwe bwose, nk’uko biteganywa ku wabaye perezida muri RDC.

Mu kwezi gushize ubucamanza bwatangiye ifatwa ry’imitungo ye, ubwo byavugwaga ko yagarutse muri RDC akajya i Goma ahagenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho. Gusa ntagihamya cyemeje neza ko ari yo, cyangwa aho ari ubu. Ariko amakuru yo ku ruhande ahamya neza ko ariho ari.

Mutamba nk’uko yakomeje abivuga, yagaragaje ko ubucamanza bufite ibimenyetso simusiga ku bugambanyi, ubwicanyi, kuba mu mutwe wigometse, ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyokomuntu. Ibi byaha Mutamba avuga ko bibera muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Ariko kugeza ubu yaba Joseph Kabila cyangwa ishyaka rye, ntacyo baravuga kuri ibi Mutamba amushinja.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, perezida Felix Tshisekedi yavuze ko Kabila ari we muntu nyawe uri inyuma y’ibibi byose, amushinja gufasha umutwe wa M23.

Kabila mu kumusubiza, yabwiye itangazamakuru ati: “Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane nuko bimeze uyu munsi.”

Kurundi ruhande, abashigikiye Joseph Kabila muri RDC, bashinja Leta ko imaze igihe ikora ibikorwa birimo gufatira imitungo ye mu gihugu no kwibasira bamwe mu bo mu ishyaka rye.

Kabila ufite imyaka 53, yategetse Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18 kuva mu 2001 ubwo yari afite imyaka 29, nyuma yuko se Laurent Desire Kabila apfuye; wishwe arashwe.

Bizwi ko Joseph Kabila yavuye muri RDC mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023, yahavuye mbere y’amatora . Umuvugizi we Barba Nzambi yatangaje kenshi ko Kabila yavuye mu gihugu ku mpamvu z’amasomo muri Kaminuza y’i Johnnesburg muri Afrika y’Epfo.

Nyamara nubwo yarimo akurikirana ibya masomo ye, ariko ibye byakomeje gutera inkenke ubutegetsi bw’i Kinshasa kugeza ubwo bumushinja kuba inyuma y’umutwe wa M23 urwanya ubu ubutegetsi.

Tags: IgisirikareRdcUbudahangarwa
Share34Tweet22Send
Bruce Bahanda

Bruce Bahanda

Amakuru yizewe Kandi azira igihe ntahandi wayasanga atari kuri Minembwe Capital News. Tubagezaho Amakuru yomubiyaga bigari ndetse nohirya nohino kw'Isi. Murakaze neza mwese Kuri Minembwe Capital News.

Recommended For You

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

by Bruce Bahanda
August 17, 2025
0
U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n’u mutwe wa FDLR.

U Rwanda rwagaragaje impungenge ruterwa n'u mutwe wa FDLR. U Rwanda rubinyujije kuri minisitiri warwo w'ubanye n'amahanga, Olivier Nduhungurehe, rwatangaje ko ibikorwa by'umutwe w'iterabwoba wa FDLR ruruteye inkenke...

Read moreDetails

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho.

by Bruce Bahanda
August 16, 2025
0
Abanyamulenge bagiye kwibuka ku nshuro ya 21 ababo baguye mu Gatumba.

Abanyamulenge ba bwiwe ko ntayandi mahitamo basigaranye usibye kwirwanaho. Mu muhango wo kwibuka Abanyamulenge biciwe mu Gatumba mu mwaka wa 2004 mu gihugu cy'u Burundi bavuze ko basanga...

Read moreDetails

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu.

Burundi: Hagati ya perezida Ndayishimiye na Gen. Niyongabo haravugwa uruntu runtu. Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi n'umugaba mukuru w'Ingabo z'icyo gihugu, General Prime Niyongabo, bararebana ay'ingwe bapfa amabuye...

Read moreDetails

Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

by Bruce Bahanda
August 15, 2025
0
Intambara ihuza FARDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda na zo ngo zishobora kuyinjiramo, soma inkuru irambuye.

Intambara ihuza ingabo za RDC na AFC/M23/MRDP, iza Uganda nazo ngo zishobora kuyinjiramo, soma Inkuru irambuye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi, yatangaje ko mu gihe...

Read moreDetails

Gen.Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe, anahishyura gahunda bafitanye.

by Bruce Bahanda
August 14, 2025
0
Auto Draft

Gen. Muhoozi yongeye kuvuga uburyo UPDF na RDF ari abavandimwe anahishyura gahunda bafitanye. Umugaba mukuru w'Ingabo za Uganda, General Kainarugaba Muhoozi yatangaje ko igisirikare cya Uganda n'icy'u Rwanda...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye icyatumye abapolisi babiri barasana i Burundi bikarangira banahasize ubuzima.

Hamenyekanye icyatumye abapolisi babiri barasana i Burundi bikarangira banahasize ubuzima.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • History
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge AFC/m23 Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Ihuriro ry'Ingabo za RDC Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kenya Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Paul Kagame Rdc Rurambo Rwanda SADC Sake Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Are you sure want to unlock this post?
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?