• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Wednesday, June 10, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Regional Politics

Igisirikare cya RDC cyagize icyo kivuga kuri Kabila uheruka kuvugwa i Goma.

minebwenews by minebwenews
May 1, 2025
in Regional Politics
0
I Kinshasa ibintu byatangiye guhindura isura, nyuma y’aho Kabila ageze i Goma.
86
SHARES
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Igisirikare cya RDC cyagize icyo kivuga kuri Kabila uheruka kuvugwa i Goma.

You might also like

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Igisirikare cya Repubulika ya demokarasi ya Congo cyasabye ko Joseph Kabila wahoze ari perezida w’iki gihugu yamburwa ubudahangarwa kugira ngo ajanwe mu nkiko, ni nyuma y’aho avuzwe i Goma mu Burasizuba bw’iki gihugu ahagenzurwa n’umutwe wa M23.

Ni amagambo yatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, aho yavuze ko ubushinja cyaha bwa gisikare bwasabye Sena y’iki gihugu gukuraho Joseph Kabila ubudahangarwa mu rwego rwo kugira ngo bumukurikirane ku byaha birimo ubwicanyi n’ubugambanyi.

Joseph Kabila asanzwe ari umusenateri ubuzima bwe bwose, nk’uko biteganywa ku wabaye perezida muri RDC.

Mu kwezi gushize ubucamanza bwatangiye ifatwa ry’imitungo ye, ubwo byavugwaga ko yagarutse muri RDC akajya i Goma ahagenzurwa n’ihuriro rya Alliance Fleuve Congo(AFC) ribarizwamo umutwe wa M23 n’uwa Twirwaneho. Gusa ntagihamya cyemeje neza ko ari yo, cyangwa aho ari ubu. Ariko amakuru yo ku ruhande ahamya neza ko ariho ari.

Mutamba nk’uko yakomeje abivuga, yagaragaje ko ubucamanza bufite ibimenyetso simusiga ku bugambanyi, ubwicanyi, kuba mu mutwe wigometse, ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyokomuntu. Ibi byaha Mutamba avuga ko bibera muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Ariko kugeza ubu yaba Joseph Kabila cyangwa ishyaka rye, ntacyo baravuga kuri ibi Mutamba amushinja.

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, perezida Felix Tshisekedi yavuze ko Kabila ari we muntu nyawe uri inyuma y’ibibi byose, amushinja gufasha umutwe wa M23.

Kabila mu kumusubiza, yabwiye itangazamakuru ati: “Iyo mba mfatanyije na M23, ibintu byari kuba bitandukanye cyane nuko bimeze uyu munsi.”

Kurundi ruhande, abashigikiye Joseph Kabila muri RDC, bashinja Leta ko imaze igihe ikora ibikorwa birimo gufatira imitungo ye mu gihugu no kwibasira bamwe mu bo mu ishyaka rye.

Kabila ufite imyaka 53, yategetse Repubulika ya demokarasi ya Congo imyaka 18 kuva mu 2001 ubwo yari afite imyaka 29, nyuma yuko se Laurent Desire Kabila apfuye; wishwe arashwe.

Bizwi ko Joseph Kabila yavuye muri RDC mu kwezi kwa cumi nabiri umwaka wa 2023, yahavuye mbere y’amatora . Umuvugizi we Barba Nzambi yatangaje kenshi ko Kabila yavuye mu gihugu ku mpamvu z’amasomo muri Kaminuza y’i Johnnesburg muri Afrika y’Epfo.

Nyamara nubwo yarimo akurikirana ibya masomo ye, ariko ibye byakomeje gutera inkenke ubutegetsi bw’i Kinshasa kugeza ubwo bumushinja kuba inyuma y’umutwe wa M23 urwanya ubu ubutegetsi.

Tags: IgisirikareRdcUbudahangarwa
Share34Tweet22Send
minebwenews

minebwenews

Recommended For You

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

by Bahanda Bruce
June 9, 2026
0
INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari

INTAMBARA Y’U RWANDA N’U BURUNDI YABA IFITE IZIHE NGARUKA? Isesengura Ryimbitse ku Bushobozi Bwa Gisirikare, Dipolomasi n’Icyo Amahoro Asobanuye ku Karere k’Ibiyaga Bigari MINEMBWE CAPITAL NEWS Mu gihe...

Read moreDetails

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubuyobozi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa

RNC mu Manga: Amacakubiri, Intambara y’Ubutegetsi n’Imitungo Bikomeje Gucamo Ibice Umutwe Washinzwe na Nyamwasa Mu gihe umutwe wa Rwanda National Congress (RNC), washinzwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bari...

Read moreDetails

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

by Bahanda Bruce
June 8, 2026
0
Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo

Perezida Trump Yikuye mu Kiganiro cya NBC Atarakirangiza Nyuma yo Guhatwa Ibibazo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye guteza impaka mu ruhando rwa politiki...

Read moreDetails

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

Le Rwanda Réaffirme Ses Attentes dans le Cadre de l’Accord de Washington avec la RDC Le Gouvernement du Rwanda a publié un communiqué important en réponse aux déclarations...

Read moreDetails

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

by Bahanda Bruce
June 6, 2026
0
U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC

U Rwanda Rwongeye Gusobanura Icyo Rushaka mu Masezerano ya Washington Hagati Yarwo na RDC Guverinoma y’u Rwanda yasohoye itangazo rikomeye risubiza ku magambo yatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta Zunze...

Read moreDetails
Next Post
Hamenyekanye icyatumye abapolisi babiri barasana i Burundi bikarangira banahasize ubuzima.

Hamenyekanye icyatumye abapolisi babiri barasana i Burundi bikarangira banahasize ubuzima.

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?