• Shop & Explore
  • About Us
  • Privacy Policy
Sunday, June 14, 2026
Minembwe Capital News
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
  • Home
  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • World News
  • sport & entertainment
No Result
View All Result
Minembwe Capital News
No Result
View All Result
Home Conflict & Security

Ikiganiro Cyihariye na Nangaa Kigaragaza Impinduka, Imbogamizi n’Icyerekezo cya AFC/M23 Nyuma y’Umwaka Umwe Ifashe Umujyi wa Goma

Bahanda Bruce by Bahanda Bruce
January 27, 2026
in Conflict & Security
0
Ikiganiro Cyihariye na Nangaa Kigaragaza Impinduka, Imbogamizi n’Icyerekezo cya AFC/M23 Nyuma y’Umwaka Umwe Ifashe Umujyi wa Goma
74
SHARES
1.9k
VIEWS
Share on FacebookShare on TwitterShare on Whatsapp

Ikiganiro Cyihariye na Nangaa Kigaragaza Impinduka, Imbogamizi n’Icyerekezo cya AFC/M23 Nyuma y’Umwaka Umwe Ifashe Umujyi wa Goma

You might also like

Ce n’est Plus une Situation Ordinaire en RDC : Les Députés de l’Est se Révoltent Contre le Pouvoir du Président Tshisekedi

Ntibikiri Ibisanzwe muri RDC: Abadepite bo mu Burasirazuba Bivumburiye Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi

Les positions des FARDC, des FDLR et des Wazalendo ciblées par de violentes frappes de drones ; de lourdes pertes seraient signalées parmi les combattants

Umunsi nk’uyu tariki ya 27/01/2025, hashize umwaka umwe umujyi wa Goma ugenzurwa n’umutwe wa AFC/M23, nyuma y’ibikorwa by’intambara byakuruye amaso y’isi yose. Icyo gihe cyabaye intangiriro y’igihe gishya kuri uyu mutwe, uvuga ko wafashe icyemezo cyo kwirwanaho no kwiyobora, nyuma yo kubona ko amahanga atigeze aha agaciro ibibazo by’igihe kirekire byerekeranye no kubahiriza uburenganzira bw’Abanye-Congo.

Uyu munsi, Goma yo mu ntangiriro za 2024 n’iyo mu ntangiriro za 2026 bivugwa ko ari isi ebyiri zitandukanye. Abawutuye n’abawugenderera bawusobanura nk’umujyi utekanye cyane, usukuye kurusha mbere hose, urimo kubakwamo ibikorwa remezo bitandukanye, kandi utanga ubwisanzure bwo kugenda ku manywa na nijoro nta bwoba.

Ku wa Mbere tariki ya 26/01/2026, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yagiranye ikiganiro cyimbitse n’itangazamakuru i Goma. Muri icyo kiganiro, yagarutse ku byagezweho mu mwaka umwe ushize, ashimangira ko urugamba rwo gusaba no kurengera uburenganzira bw’Abanye-Congo ruzakomeza kugeza rubayeho mu buryo busesuye.

Nangaa yavuze ko AFC/M23 itageze i Goma mu bihe bisanzwe, asobanura ko basanze umujyi uri mu bibazo bikomeye: amazi n’amashanyarazi byari byaraciwe, amabanki yarafunze, ubukungu bwarahagaze, mu gihe abaturage baribabayeho mu bwoba no mu bukene bukabije.

Ati: “Twahasanze abaturage bababaye cyane. Goma yari yanduye bikabije. Ariko twafashe inshingano zo gukemura ibibazo byihutirwa. Amazi twayagaruye mu minsi itatu gusa, naho amashanyarazi agaruka mu cyumweru kimwe.”

Ku bijyanye n’isuku, hashyizweho gahunda z’imirimo rusange ihuza abaturage, bigatuma Goma ivugwa nk’umwe mu mijyi isukuye kurusha indi yose muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yongeyeho ko ikibazo cy’impunzi n’abimukira b’imbere mu gihugu, barenga miliyoni imwe, cyari gikomeye cyane. Icyakora, yavuze ko nyuma y’uko umutekano ushyizweho, benshi batashye mu byabo no mu duce bakomokamo.

Ku kibazo cy’umutekano, Nangaa yashimangiye ko ari wo shingiro rya byose. Yavuze ko Leta ya Kinshasa yari yarahaye intwaro abasivili binyuze mu matsinda ya Wazalendo, bikiyongeraho abagizi ba nabi n’abantu batari barigeze bahabwa amahugurwa ya gisirikare.

Ati: “Twakoze igikorwa cyo kwambura intwaro abasivili. Nubwo kitararangira burundu, umusaruro warabonetse.”

Yavuze ko kuri ubu i Goma hatakivugwa urusaku rw’amasasu nijoro, ko amatsinda y’abajura azwi nka ‘Quarante Voleurs’ yamaze gusenywa burundu, kandi ko abaturage bakora imirimo yabo batekanye.

Hashyizweho kandi polisi ishinzwe kurinda abaturage n’ibyabo, gushyira mu bikorwa amategeko no kubungabunga ituze rusange, bigatuma ingendo n’ubuhahirane bigenda neza nta nkomyi.

Uretse umutekano, imiyoborere na yo yashyizwe ku murongo. Hashyizweho ba guverineri, abayobozi b’imijyi, abayobozi ba ma grupema n’ab’uduce, ku buryo inzego z’ubuyobozi zisigaye zikora neza.

Mu rwego rw’ubutabera, hashyizweho komisiyo y’agateganyo ikurikirana imanza, mu gihe hakomeje gushyirwaho inkiko zibanze i Goma n’i Bukavu, ubushinjacyaha n’izindi nzego z’ingenzi.

Ku rwego rw’ubukungu, umutekano wagize uruhare rukomeye mu gutuma abaturage basubira mu mirima no mu bikorwa by’ubuhinzi. Mu bice bya Masisi, by’umwihariko i Ngungu, umusaruro w’ibirayi wiyongereye cyane. Ku mipaka ya Grande Barrière na Bunagana, inka nyinshi zambuka buri munsi, mu gihe abari barahungiye ahandi bakomeje gusubira iwabo.

AFC/M23 yatangije kandi umushinga munini wo guhinga ibigori kuri hegitari zirenga 400, umusaruro ukaba utegerejwe mu gihe cya vuba.

Nubwo hari intambwe igaragara imaze guterwa, Nangaa yavuze ko hakiri imbogamizi zishingiye ku gufungwa kw’amabanki no kubura amafaranga ku baturage, ibintu yise “intambara y’ifaranga.”

Mu burezi, yavuze ko umwaka w’amashuri warangiye neza, ndetse ku nshuro ya mbere mu myaka itanu, intara ebyiri zasohoye ibisubizo byemewe by’ibizamini bya leta. Amashuri makuru na za kaminuza byakomeje gukora nta nkomyi, mu gihe ibitaro bikomeje gutanga serivisi, hakaba hari n’ibindi biri kubakwa muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ku bijyanye n’ishoramari, imihanda irimo kuvugururwa ku buryo bugaragara. Umuhanda Goma–Walikale unyuze muri Masisi n’umuhanda Rutshuru–Goma uri gusubirwamo, ibintu abaturage benshi bavuga ko batari barigeze babona mu buzima bwabo.

Ku kibazo cy’ibiganiro bya politiki, Nangaa yashimangiye ko AFC/M23 ihora yemera ko igisubizo kirambye cy’ibibazo biri mu gihugu ari ikiganiro. Yagarutse ku biganiro byabereye i Nairobi, i Luanda n’i Doha, avuga ko nubwo hari intambwe yatewe, Perezida Félix Tshisekedi atarashyira mu bikorwa ibyumvikanyweho, birimo kurekura imfungwa za politiki no kubahiriza agahenge.

Yashinje ubutegetsi bwa Kinshasa gukoresha intambara nk’inzira yo kwikungahaza no gukomeza guhungabanya amahoro.

Ku biganiro bishya bishobora kubera i Kinshasa cyangwa i Luanda, Nangaa yavuze ko biteguye kubyitabira, ariko asaba ko habanza gusobanurwa neza uko ibyavuye mu biganiro bya Doha bizashyirwa mu bikorwa.

Yasoje ashimangira ko kubaka icyizere ari ingenzi mbere y’uko habaho ibiganiro bya bose. Yagaragaje impungenge ku ifungwa ry’abantu batandukanye babanyapolitiki n’abasirikare bakuru, avuga ko ibyo bidatanga icyizere cy’ibiganiro by’ukuri.

Ati: “AFC/M23 ni imbaraga zidashobora gutsindwa. Amahoro arambye azagerwaho binyuze mu biganiro by’ukuri, bigamije gukemura imizi y’ikibazo no kubahiriza uburenganzira bw’Abanye-Congo bose.”

Iyi nkuru igaragaza ishusho y’imyaka ishize n’icyerekezo AFC/M23 ivuga ko ifite ku hazaza ha Goma n’igihugu muri rusange, mu gihe amahanga akomeje gukurikirana hafi ibiri kubera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Tags: AFC/m23GomaUmwaka Umwe
Share30Tweet19Send
Bahanda Bruce

Bahanda Bruce

Recommended For You

Ce n’est Plus une Situation Ordinaire en RDC : Les Députés de l’Est se Révoltent Contre le Pouvoir du Président Tshisekedi

by Bahanda Bruce
June 14, 2026
0
Ce n’est Plus une Situation Ordinaire en RDC : Les Députés de l’Est se Révoltent Contre le Pouvoir du Président Tshisekedi

Ce n’est Plus une Situation Ordinaire en RDC : Les Députés de l’Est se Révoltent Contre le Pouvoir du Président Tshisekedi Alors que la crise sécuritaire continue de...

Read moreDetails

Ntibikiri Ibisanzwe muri RDC: Abadepite bo mu Burasirazuba Bivumburiye Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi

by Bahanda Bruce
June 14, 2026
0
Auto Draft

Ntibikiri Ibisanzwe muri RDC: Abadepite bo mu Burasirazuba Bivumburiye Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi Mu gihe ikibazo cy’umutekano muke gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi...

Read moreDetails

Les positions des FARDC, des FDLR et des Wazalendo ciblées par de violentes frappes de drones ; de lourdes pertes seraient signalées parmi les combattants

by Bahanda Bruce
June 13, 2026
0
Ibirindiro bya FARDC, FDLR na Wazalendo byagabweho ibitero bikomeye bya drones; haravugwa igihombo gikomeye mu barwanyi

Les positions des FARDC, des FDLR et des Wazalendo ciblées par de violentes frappes de drones ; de lourdes pertes seraient signalées parmi les combattants Alors que les...

Read moreDetails

Ibirindiro bya FARDC, FDLR na Wazalendo byagabweho ibitero bikomeye bya drones; haravugwa igihombo gikomeye mu barwanyi

by Bahanda Bruce
June 13, 2026
0
Ibirindiro bya FARDC, FDLR na Wazalendo byagabweho ibitero bikomeye bya drones; haravugwa igihombo gikomeye mu barwanyi

Ibirindiro bya FARDC, FDLR na Wazalendo byagabweho ibitero bikomeye bya drones; haravugwa igihombo gikomeye mu barwanyi Mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira...

Read moreDetails

Dore uko mu Minembwe hiriwe, aho FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ibitero bikomeye mu mirwano ikomeje.

by Bahanda Bruce
June 13, 2026
0
Dore uko mu Minembwe hiriwe, aho FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ibitero bikomeye mu mirwano ikomeje.

Dore uko mu Minembwe hiriwe, aho FARDC n’abambari bayo bakomeje kugaba ibitero bikomeye mu mirwano ikomeje. Mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo haravugwa ibitero bikomeye by’indege...

Read moreDetails
Next Post
Urubanza rwa MetaAI Ruri Kuvugurura Imyumvire y’Isi ku Mutekano w’Amakuru

Urubanza rwa MetaAI Ruri Kuvugurura Imyumvire y’Isi ku Mutekano w’Amakuru

Browse by Category

  • Conflict & Security
  • Regional Politics
  • Religion
  • Shop & Explore
  • sport & entertainment
  • Uncategorized
  • World News

Minembwe Capital News

MINEMBWE DUTANGAZA AMAKURU ATOHOJE KANDI YIZEWE Y'I MULENGE NO MU KARERE, NDETSE NO KU ISI HOSE.

CATEGORIES

BROWSE BY TAG

Abanyamulenge Abaturage AFC/m23 America Amerika Bibogobogo Bukavu Burundi Drone Fardc FDLR Fizi Goma ibiganiro Ibitero Igitero Imirwano Imyigaragambyo Ingabo z'u Burundi Intambara Iran Israel Kagame Kinshasa Kivu yamajy'Epfo M23 Masisi Maï Maï Mikenke Minembwe Monusco Ndayishimiye Rdc Rwanda SADC Trump Tshisekedi Twirwaneho U Burusiya Uganda Ukraine Umutekano U Rwanda Uvira Wazalendo

© 2025 minembwe

Manage Cookie Consent
To provide the best experiences, we use technologies like cookies to store and/or access device information. Consenting to these technologies will allow us to process data such as browsing behavior or unique IDs on this site. Not consenting or withdrawing consent, may adversely affect certain features and functions.
Functional Always active
The technical storage or access is strictly necessary for the legitimate purpose of enabling the use of a specific service explicitly requested by the subscriber or user, or for the sole purpose of carrying out the transmission of a communication over an electronic communications network.
Preferences
The technical storage or access is necessary for the legitimate purpose of storing preferences that are not requested by the subscriber or user.
Statistics
The technical storage or access that is used exclusively for statistical purposes. The technical storage or access that is used exclusively for anonymous statistical purposes. Without a subpoena, voluntary compliance on the part of your Internet Service Provider, or additional records from a third party, information stored or retrieved for this purpose alone cannot usually be used to identify you.
Marketing
The technical storage or access is required to create user profiles to send advertising, or to track the user on a website or across several websites for similar marketing purposes.
  • Manage options
  • Manage services
  • Manage {vendor_count} vendors
  • Read more about these purposes
View preferences
  • {title}
  • {title}
  • {title}
No Result
View All Result
  • Home
  • Regional Politics
  • Conflict & Security
  • World News
  • About Us
    • Privacy Policy

© 2025 minembwe

This website uses cookies. By continuing to use this website you are giving consent to cookies being used. Visit our Privacy and Cookie Policy.
Not enough quota to unlock this post
Unlock left : 0
Are you sure want to cancel subscription?