Umwe mu barinzi ba perezida Félix Tshisekedi yishwe urupfu rubi.
Ni Jose Bemba wari mu ngabo zirinda umukuru w’igihugu (Garde du corps de Félix Tshisekedi), muri Repubulika ya demokarasi ya Congo, wasanzwe umurambo we, urambitse imbere y’urugo, i Kinshasa ku murwa mukuru, nk’uko iy’inkuru tuyikesha urubuga rwa Sasa Studio.
Uru rubuga rwa tangaje ko Jose Bemba wari uzwi ku mazina ya Djize Muabilayi Bemba, ko yishwe urupfu rubi, ko kandi umurambo we, watoraguwe ku wa Kane, tariki ya 11/12/2024.

Ruvuga kandi ko urupfu uyu murinzi yapfuyemo rutazwi neza, ndetse ko hari n’amakuru amwe avuga ko Jose Bemba yoba yari yahuye.
Gusa, ku munsi w’ejo hashize hatanzwe amakuru ko umurinzi wa Perezida Félix Tshisekedi uheruka gushira amakuru y’ibanga ye, hanze ko yishwe. Ayo makuru yibanga yavuga ko Tshisekedi yagiye mu gihugu cy’u Bubiligi kwivuza indwara y’imyanya myibarukiro, kwihagarika nabi no kuba ngo arwara prostate.
Ni mu gihe Tshisekedi yari yagiriye uruzinduko mu Bubiligi ariko agenda adasezeye, dore ko ibi nyamakuru bimwe harimo nibyo mu Bubiligi byari byatangaje ko Tshisekedi yagiye mu gihugu cy’u Rwanda.
Kuva ku wa Gatandatu w’i Cyumweru gishize, nibwo perezida Félix Tshisekedi byatangiye guhwihwiswa ko aho aherereye hatazwi.
Kuba ayo makuru yarashizwe hanze na Jose Bemba wari umurinzi wa Tshisekedi, ngo biri mubyatunye yicwa.
Ibyo bibaye mu gihe perezida Félix Tshisekedi yongeye gusesekara i Kinshasa ku murwa mukuru w’i Gihugu cya Repubulika ya demokarasi ya Congo, aho yaraye ageze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12/04/2024.

MCN.